Afungiwe gusambanya inka y’umuturanyi

Umugabo witwa Twagirayezu Nepo wo mu Karere ka Rulindo yashyikirijwe polisi ashinjwa gusambanya inka y’umuturanyi yahawe muri “Gira inka.”

Uwo mugabo w’imyaka 27 wo mu Murenge wa Shyorongi, yashyikirijwe polisi kuri uyu wa kane tariki 21 Mata 2016.

Musengayire Violette umugore wa Nsaguriye Samuel ny’iri iyi nka yasambanyijwe, n’agahinda kenshi yavuze ko uwo Twagirayezu yabasambanyirije inka kandi nawe afite iye yahawe muri Gira inka.

Yagize ati “Natashye mvuye ku kazi aho nshururiza mu ma saa yine z’ijoro ryakeye, nsanga uwo mugabo w’umuturanyi Twagirayezu Nepo ari mu kiraro cy’inka yambaye ubusa, ambonye arikanga ahita afata ikabutura arayambara, ndebye nsanga ku gitsina cy’inka hariho amasohoro.”

Yavuze ko yahise yihutira kubibwira ubuyobozi kugirango iyo nka nigira ibibazo bazabimenye, iyo nka yabo ikaba inahaka. Yongeraho ko kandi uwo mugabo yemera ko yasambanyije iyo nka.

Ngo bakaba batewe impungenge n’uko iyo nka yahakaga ishobora kuzabyara ikintu kidasobanutse cyangwa ikaramburura.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Karama, Uwizeyima Focas yavuze ko uwo mugabo yemera icyaha yakoze akanagisabira imbabazi. Ati “Turakeka ko yaba yabitewe n’uko yirukanye umugore we hakaba hashize amezi agera muri atanu umugore ntawe uri murugo.”

CIP Innocent Gasasira, umuvugizi wa Polisi w’agateganyo mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko gusambanya itungo bihanishwa ingingo y’186 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’uRwanda.

Iyo uwabikoze ahamwe n’icyaha, bingana n’igifungo kuva ku mezi atandatu kugeza ku myaka ibiri.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 38 )

ibara riragwira peeeeee!!!!!!!

Eric Habineza yanditse ku itariki ya: 10-05-2016  →  Musubize

iyo nka bayimurekere azane inkwano kbs!

mbona biza yanditse ku itariki ya: 9-05-2016  →  Musubize

igihano bibe intanga rugero???

theo yanditse ku itariki ya: 2-05-2016  →  Musubize

UWOMUGABO WACUMISE INKA NIKIGORYI nabagore barihanze aha!!

TM yanditse ku itariki ya: 30-04-2016  →  Musubize

mbeg ikibaz k inka kwer

abdul yanditse ku itariki ya: 26-04-2016  →  Musubize

Yewe byarakomeye ubutabera bumukanire urumukwiye

Ernest Masengesho yanditse ku itariki ya: 25-04-2016  →  Musubize

Aba social workers bafite akazi katoroshye ko gutahura gitera kuri bene abo bantu no kubafasha kurwanya ikibibatera.

Namara wherny yanditse ku itariki ya: 25-04-2016  →  Musubize

Mbega amahano

Nsengimana Egide yanditse ku itariki ya: 24-04-2016  →  Musubize

Jye ndumva uwomugabo ashobora kuba afite ikibazo mumutwe bamuhane kuko iyo ahingukira kumwana wumuntu nawe aba yaramuhemukiye

Thomas yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

mbega ibibazo

leon yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

Ese no mu rwanda byahageze.ni ugusenga

leon yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

Ese no mu rwanda byahageze.ni ugusenga

leon yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka