Mu muhango wayobowe n’Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique, Maj Gen Alex Kagame abaturage bo mu Karere ka Mocimboa Da Praia bashyikirijwe ikigo cy’amashuri abanza cya Escola Primaria de Ntotwe nyuma yo kongera kugisana no kubaka ibyari byarangijwe n’ibyihebe.
Perezida Paul Kagame witabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku kibazo cy’intambara ihanganishije Israel na Hamas muri Gaza n’uburyo bwo kuyishakira ibisubizo, yagiranye ibiganiro n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II bin Al-Hussein, ari na we wayitumije.
Urukiko rwa rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi, ruhanishije Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko igifungo cy’imyaka 25 ku byaha yahamijwe bya Jenoside, ibyibasiye inyokomuntu ndetse no gufata ku ngufu.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda, Prof. Ngabitsinze Jean Chrysostome, yagiranye ibiganiro na Madamu Aurelia Patrizia Calabrò, Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku nganda UNIDO, ku rwego rw’akarere baganira ku bufatanye mu guteza imbere inganda.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Musoni Paula, yakiriye mugenzi we wa Bangladesh ushinzwe Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Zunaid Ahmed Palak, baganira ku byo u Rwanda rumaze kugeraho ndetse n’ibyo ibihugu byombi byakwigiranaho.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriwe n’Umwami wa Brunei akaba na Minisitiri w’Intebe w’Iki gihugu, Hassanal Bolkiah ibni Omar Ali Saifuddien III.
Komiseri mu Muryango FPR Inkotanyi, Hon. Tito Rutaremara, yagiriye uruzinduko muri Mozambique, aganiriza abarimo abashakashatsi n’abandi bari bateraniye muri Kaminuza ya Joaquim Chissano.
Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi Wungirije wa Banki y’Isi ushinzwe Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo, Victoria Kwakwa.
Umuryango uharanura inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Bubiligi (Ibuka Belgique), wagaragaje ko kuba Urukiko rwahamije ibyaha Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko byerekana ko ruciye umuco wo kudahana.
Nyuma y’umwiherero Urukiko rwa rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi rumazemo iminsi igera kuri ibiri, Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko yahamijwe ibyaha yaregwaga.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome yagaragaje ko kuba ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byagabanyijwe bizagira impinduka ku biciro by’ibindi bicuruzwa birimo ibiribwa.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yitabiriye inama ya 19 y’Abagaba b’Ingabo ku mugabane w’Afurika ndetse n’Abakuru b’Inzego zishinzwe Umutekano igamije kurebera hamwe ibibazo bibangamiye umutekano muri Afurika.
U Rwanda na Koreya y’Epfo byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere inzego zirimo ubucuruzi n’ishoramari hagati y’Ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko Umugabane wa Afurika ufite byinshi utanga nk’ibisubizo byumwihariko mu bucuruzi mpuzamahanga binyuze mu isoko rusange ndetse ko mu bihe biri imbere izakomeza kuba izingiro ry’iterambere ku Isi.
Ambasaderi Dan Munyuza yashyikirije Umwami wa Oman, Nyiricyubahiro Haitham bin Tariq Al Said inyandiko zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse iburanisha ku bujurire mu rubanza rw’Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza, kuri uyu wa Mbere tariki 3 Kamena 2024, nyuma yo kugaragaza ko atabonye abamwunganira.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko i Seoul, muri Korea y’Epfo, yakiriwe na mugenzi we Yoon Suk Yeol, bagirana ibiganiro bigamije ubufatanye bw’ibihugu byombi.
Me André Karongozi, umwe mu bunganira abaregera indishyi mu rubanza rwa Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko, yagaragaje ishusho y’uru rubanza rusa nk’urugana ku musozo, avuga ko harimo ibirutandukanya n’izindi zagiye zirubanziriza.
Abakirisitu Gatolika basabwe kugira Ukarisitiya Ntagatifu impamba mu rugendo rwabo rugana mu ijuru nk’uko umuntu utwaye ikinyabiziga atakora urugendo adafite amavuta ngo agere iyo ajya.
Perezida Kagame yageze i Seoul muri Koreya y’Epfo aho yitabiriye inama ya mbere ihuza iki gihugu n’ibihugu bya Afurika, yiswe Korea-Africa Summit.
Abunganira Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko bemeje ko yagiye ku igaraje rya AMGAR, nkuko abatanze ubuhamya benshi babigarutseho ariko ko yari ahari aje guhisha umuryango we, bidasobanuye ko yishe Abatutsi nk’uko abishinjwa.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Umunyarwenya Dave Chapelle, ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wataramiye mu Rwanda ku nshuro ye ya mbere.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wunamiye abasirikari barimo n’ab’u Rwanda babiri baguye mu butumwa bwo kugarura amahoro mu mwaka ushize wa 2023.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga n’Intumwa ayoboye, bitabiriye imyitozo mpuzamahanga ya gisirikare itegurwa n’Ingabo za Turukiya ya EFES-2024, igahuza Ingabo ziturutse mu bihugu byinshi bitandukanye.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda n’itsinda ayoboye, bari i Bruxelles mu Bubiligi, aho bitabiriye Inama y’Ihuriro ritegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yiga ku mahoro n’umutekano, Schuman Defence and Security Forum.
Ku wa kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, mu Karere ka Nyagatare, Ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri Diviziyo ya 2 n’iya 5 zakiriye intumwa ziturutse mu ngabo za Uganda (UPDF) ziyobowe na Brig Gen Paul MUHANGUZI, umuyobozi wa Diviziyo ya 2 aho bari mu nama y’iminsi itatu yiga ku bibazo by’mutekano byambukiranya umupaka.
Kuwa kabiri tariki 28 Gicurasi, mu rukiko rwa rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi, ubwo ubushinjacyaha bwasobanuraga ibikorwa bya Nkunduwimye Emmanuel byagarutsweho mu buhamya bwavugiwe muri uru rukiko, bwasabye inyangamugayo kuzashishoza mu gufata umwanzuro kuri uru rubanza.
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa mu Itsinda rya (Battle Group VI), zikorera mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), zatanze ku buntu serivisi z’ubuvuzi ku baturage bo mu mujyi wa Bria, umudugudu wa Dahouga.
Inzego z’Umutekano mu Karere ka Ngororero, zataye muri yombi, umusore witwa Umazekabiri Froduard w’imyaka 25, ukurikiranyweho kwica mushiki we ndetse akagerageza no kwica umugore w’umuvandimwe we ariko we Imana igakinga ukuboko.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024 abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto bakomeza gutwara abagenzi nk’uko bisanzwe, kuko gahunda y’inama yari iteganyijwe yahindutse.