Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, agiye kuyobora icyo gihugu muri manda ya kabiri, nyuma y’uko yatowe n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite ku majwi 283, arushije Julius Malema wagize amajwi 44.
														
													
													Musabyimana Jean Claude, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), yakiriye Madamu Coumba Dieng Sow, uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buhinzi n’ibiribwa (FAO) mu Rwanda baganira ku bikorwa byo guteza imbere imirire myiza.
														
													
													U Rwanda rwifatanyije n’u Bwongereza kwizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 76 y’Umwami Charles III, no kwishimira umubano uri hagati y’ibihugu byombi.
														
													
													Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 13 Kamena 2024, mu kigo cya Gisirikare cya Gako giherereye mu Bugesera hatangijwe ku mugaragaro imyitozo ya Gisirikare yiswe ‘Ushikiriano Imara 2024’.
														
													
													Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangaje ko ku wa Mbere tariki 17 Kamena, 2024 ari umunsi w’ikiruhuko kubera umunsi mukuru w’Igitambo wa EID AL ADHA.
														
													
													Urubyiruko rutandukanye rufite ikoranabuhanga n’udushya mu bikorwa by’ubuhinzi, rugaragaza ko hakiri imbogamizi ruhura nazo rwifuza ko inzego zibishinzwe zabafasha mu kuzikemura kugira ngo babashe kugeza ibikorwa byabo mu gihugu hose.
														
													
													Minisitiri w’ingabo, Juvenal Marizamunda yakiriye ndetse aganira n’intumwa z’Abasenateri bo muri komite ishinzwe ububanyi n’amahanga baturutse mu Bufaransa zigizwe na Marie-Arlette Carlotti, Jean-Luc Ruelle na François Bonneau.
														
													
													Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) bwatangaje ko umunsi mukuru w’igitambo (EID AL ADHA 2024) uzizihizwa ku Cyumweru tariki 16 Kamena 2024.
														
													
													Mu muhango wayobowe n’Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique, Maj Gen Alex Kagame abaturage bo mu Karere ka Mocimboa Da Praia bashyikirijwe ikigo cy’amashuri abanza cya Escola Primaria de Ntotwe nyuma yo kongera kugisana no kubaka ibyari byarangijwe n’ibyihebe.
														
													
													Perezida Paul Kagame witabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku kibazo cy’intambara ihanganishije Israel na Hamas muri Gaza n’uburyo bwo kuyishakira ibisubizo, yagiranye ibiganiro n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II bin Al-Hussein, ari na we wayitumije.
														
													
													Urukiko rwa rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi, ruhanishije Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko igifungo cy’imyaka 25 ku byaha yahamijwe bya Jenoside, ibyibasiye inyokomuntu ndetse no gufata ku ngufu.
														
													
													Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda, Prof. Ngabitsinze Jean Chrysostome, yagiranye ibiganiro na Madamu Aurelia Patrizia Calabrò, Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku nganda UNIDO, ku rwego rw’akarere baganira ku bufatanye mu guteza imbere inganda.
														
													
													Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Musoni Paula, yakiriye mugenzi we wa Bangladesh ushinzwe Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Zunaid Ahmed Palak, baganira ku byo u Rwanda rumaze kugeraho ndetse n’ibyo ibihugu byombi byakwigiranaho.
														
													
													Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriwe n’Umwami wa Brunei akaba na Minisitiri w’Intebe w’Iki gihugu, Hassanal Bolkiah ibni Omar Ali Saifuddien III.
														
													
													Komiseri mu Muryango FPR Inkotanyi, Hon. Tito Rutaremara, yagiriye uruzinduko muri Mozambique, aganiriza abarimo abashakashatsi n’abandi bari bateraniye muri Kaminuza ya Joaquim Chissano.
														
													
													Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi Wungirije wa Banki y’Isi ushinzwe Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo, Victoria Kwakwa.
														
													
													Umuryango uharanura inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Bubiligi (Ibuka Belgique), wagaragaje ko kuba Urukiko rwahamije ibyaha Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko byerekana ko ruciye umuco wo kudahana.
														
													
													Nyuma y’umwiherero Urukiko rwa rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi rumazemo iminsi igera kuri ibiri, Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko yahamijwe ibyaha yaregwaga.
														
													
													Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome yagaragaje ko kuba ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byagabanyijwe bizagira impinduka ku biciro by’ibindi bicuruzwa birimo ibiribwa.
														
													
													Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yitabiriye inama ya 19 y’Abagaba b’Ingabo ku mugabane w’Afurika ndetse n’Abakuru b’Inzego zishinzwe Umutekano igamije kurebera hamwe ibibazo bibangamiye umutekano muri Afurika.
														
													
													U Rwanda na Koreya y’Epfo byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere inzego zirimo ubucuruzi n’ishoramari hagati y’Ibihugu byombi.
														
													
													Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko Umugabane wa Afurika ufite byinshi utanga nk’ibisubizo byumwihariko mu bucuruzi mpuzamahanga binyuze mu isoko rusange ndetse ko mu bihe biri imbere izakomeza kuba izingiro ry’iterambere ku Isi.
														
													
													Ambasaderi Dan Munyuza yashyikirije Umwami wa Oman, Nyiricyubahiro Haitham bin Tariq Al Said inyandiko zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.
														
													
													Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse iburanisha ku bujurire mu rubanza rw’Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza, kuri uyu wa Mbere tariki 3 Kamena 2024, nyuma yo kugaragaza ko atabonye abamwunganira.
														
													
													Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko i Seoul, muri Korea y’Epfo, yakiriwe na mugenzi we Yoon Suk Yeol, bagirana ibiganiro bigamije ubufatanye bw’ibihugu byombi.
														
													
													Me André Karongozi, umwe mu bunganira abaregera indishyi mu rubanza rwa Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko, yagaragaje ishusho y’uru rubanza rusa nk’urugana ku musozo, avuga ko harimo ibirutandukanya n’izindi zagiye zirubanziriza.
														
													
													Abakirisitu Gatolika basabwe kugira Ukarisitiya Ntagatifu impamba mu rugendo rwabo rugana mu ijuru nk’uko umuntu utwaye ikinyabiziga atakora urugendo adafite amavuta ngo agere iyo ajya.
														
													
													Perezida Kagame yageze i Seoul muri Koreya y’Epfo aho yitabiriye inama ya mbere ihuza iki gihugu n’ibihugu bya Afurika, yiswe Korea-Africa Summit.
														
													
													Abunganira Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko bemeje ko yagiye ku igaraje rya AMGAR, nkuko abatanze ubuhamya benshi babigarutseho ariko ko yari ahari aje guhisha umuryango we, bidasobanuye ko yishe Abatutsi nk’uko abishinjwa.
														
													
													Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Umunyarwenya Dave Chapelle, ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wataramiye mu Rwanda ku nshuro ye ya mbere.