Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ibikorwa byo gupimira umuriro ku marembo y’ahahurira abantu benshi bitagifatwa nk’imwe mu ngamba zo kwirinda COVID-19.
Ku wa 16 Werurwe 2022, Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), zibarizwa muri batayo ya gatatu, zahaye abaturage serivisi z’ubuzima ndetse zikora n’irondo.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, uri mu ruzinduko mu Bufaransa, ku wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2022, yakiriwe n’Ubuyobozi bw’Ikigo cy’ubutwererane mu by’umutekano n’Igisirikare, Direction de la Coopération de sécurité et de défense (DCSD).
Perezida Paul Kagame, Kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2022, yajyanye Gen Muhoozi Kainerugaba mu rwuri rwe aramugabira. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda byatangaje ko Perezida Kagame uretse gutembereza Gen Muhoozi mu rwuri rwe yanamugabiye inka z’Inyambo.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Werurwe 2022, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, akaba n’Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura uri mu ruzinduko rw’akazi mu Bufaransa, yakiriwe na mugenzi w’icyo gihugu, Gen Thierry Burkhard.
Ku wa mbere tariki ya 14 Werurwe 2022, icyiciro cya 10 cy’aba Ofisiye bakuru 34 bakomoka mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika, biga mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College -NPC) riherereye mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Musanze, batangiye urugendoshuri ruzamara icyumweru, rugamije guhuza ibyo (…)
Igikomangoma Charles ari nawe uzasimbura Umwamikazi Elizabeth II ku ngoma y’Ubwami bw’u Bwongereza, yatangaje ko ariwe uzitabira inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma y’ibihugu bikoresha icyongereza (CHOGM), izabera i Kigali mu Rwanda.
Ku wa Gatandatu tariki ya 12 Werurwe 2022, ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro zo muri batayo ya 9 zikorera ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA) zavuye ku buntu abaturage bo mu Karere ka Bossembele, mu rwego rw’ubufatanye bw’abaturage n’ingabo.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi z’umuriro, ku wa Kane tariki ya 10 Werurwe 2022, ryahuguye abakozi 519 bakora mu isoko rya Musanze (Musanze Modern Market) no mu Bitaro bya Gatonde biherereye mu Karere ka Gakenke
Perezida Paul kagame kuri uyu wa Kane tariki 10 Werurwe 2022, yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’igihugu cya Bénin, Aurélien Agbénonci.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), tariki 10 Werurwe 2022, cyatangaje igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro ku isoko muri Gashyantare 2022, aho igipimo ngenderwaho cyifashishwa mu bukungu bw’u Rwanda kiboneka hifashishijwe gusa ibiciro byakusanyijwe mu mijyi, kikagaragaza ko byiyongereyeho 5.8%.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Werurwe 2022, ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, Minisitiri w’Intebe, Dr Eduard Ngirente, yasezeye kuri Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, wasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda.
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique mu bikorwa byo kurwanya imitwe y’iterabwoba, zifatanyije n’abaturage batuye Umujyi wa Mocimboa Da Praia, mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 63 umaze ushinzwe. Ibirori byateguwe na Guverinoma ya Mozambique, byabaye ku wa Mbere tariki 7 Werurwe 2022.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Werurwe 2022, umunsi wa kabiri w’uruzinduko rw’iminsi itatau arimo mu Rwanda, Perezida wa Guinea Bissau, Umaro Sissoco Embaló, yasuye icyanya cyahariwe inganda i Masoro mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Kigali Special Economic Zone.
Perezida Umaro Sissoco Embaló wa Repubulika ya Gineya-Bissau, uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, anunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo kubaha icyubahiro.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 7 Werurwe 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, watangiye uruzinduko rwe rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, yageze i Kigali aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Isesengura rishya ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryerekana ko umuntu umwe muri batanu bakuru n’umwe mu bana 10 n’abangavu n’ingimbi, bigaragara ko bazaba bafite umubyibuho ukabije mu kwezi k’Ukuboza 2023, Iryo sesengura rikagaragaza ko ibyo bizaba mu gihe nta ngamba Leta z’ibihugu zashyiraho kugira ngo (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Werurwe 2022, mu bihe bitandukanye muri Village Urugwiro, yakiriye Minisitiri w’Imari, ingengo y’imari n’urwego rw’amabanki muri Comores, Souef Kamalidini, na Ambasaderi wa Uganda ucyuye igihe, Oliver Wonekha wari waje kumusezeraho.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Werurwe 2022, yakiriye Ferit Şahenk, Umuyobozi mukuru wa Doğuş Group yo muri Turukiya n’itsinda ayoboye.
Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba wa Uganda, yishimiye icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo gufungura imipaka yo ku butaka, guhera ku ya 7 Werurwe 2022, avuga ko bizatuma abantu benshi barushaho kugenderana mu karere.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwatangaje ko igiciro cya litiro ya lisansi muri Kigali cyabaye 1256Frw, mu gihe icya litiro ya mazutu ari 1,201Frw. Ibyo biciro bikazatangira kubahirizwa ku Cyumweru tariki 6 Werurwe 2022.
Ikiganiro Ed-Tech Monday, gikorwa ku bufatanye na MasterCard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, kirabageraho n’insanganyamatsiko igira iti "Guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi bw’u Rwanda, Inzira y’iterambere rirambye".
Ku wa Kane tariki 3 Werurwe 2022, i Kigali hateraniye Inama ihuje ibigo bigenzura ubuziranenge, by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igamije guteza imbere ubucuruzi binyuze muri serivisi zipima ubuziranenge.
Umuryango w’iterambere muri Afurika y’Amajyepfo (SADC), watangaje ko uzashyigikira abatahutse basubira mu byabo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, bari barahunze kubera ibikorwa by’iterabwoba.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Werurwe 2022, yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, Umugaba mukuru w’Ingabo za Qatar, Lt-General Salem Bin Hamad Al-Nabit uri mu ruzinduko mu Rwanda, rugamije kunoza umubano w’ibihugu byombi.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Qatar, Lt-General Salem Bin Hamad Al-Nabit, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 01 Werurwe 2022, nibwo yageze i Kigali aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 01 Werurwe 2022, rwatangaje ko rwahannye Hotel Hilltop and Country Club, kubera gutanga serivisi mbi ku bo yakiriye.
Abakoresha MTN Mobile Money na Airtel Mobile Money, bagiye gutangira kohererezanya amafaranga buri wese akoresheje sosiyete y’itumanaho yari asanganywe, guhera ku ya 15 Werurwe 2022.