Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’amateka rw’iminsi itatu muri Jamaica, ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 14 Mata 2022, yagejeje Ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu, agaragaza ko hakenewe ubufatanye hagati ya Afurika na Jamaica.
Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu mu Bwongereza, Priti Patel, yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 rwa Kigali ruri ku Gisozi.
Abamaze gusiga ubuzima mu myuzure yatewe n’imvura yaguye mu mujyi wa Durban muri Afrika y’Epfo biyongereye, aho imibare igaragaza ko bageze kuri 306. Leta yabitangaje ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 13 Mata 20222, nyuma y’uko imihanda ndetse n’imisozi bitwawe, amazu agasenyuka.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 13 Mata 2022, yageze muri Jamaica aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.
Madamu Jeannette Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Mata 2022, yitabiriye ikiganiro #KuGicaniro cyateguwe mu rwego rwo gukomeza kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri Kigali Marriott.
Umuyobozi akaba n’umwe mu bashinze urubuga rwa Netflix rwerekana filime, Wilmot Reed Hastings Jr, ku wa Kabiri tariki 12 Mata 2022, yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali ruri ku Gisozi, yunamira abazize Jenoside barushyinguyemo.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Mata 2022, yasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga muri Congo Brazzaville.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 7.5 ku ijana muri Werurwe 2022 ugereranyije na Werurwe 2021. Ibiciro byo mu mijyi ni byo byifashishwa mu kugaragaza ishusho rusange mu gihugu.
Mu ruzinduko arimo muri Repubulika ya Congo Brazzaville, Perezida Paul Kagame na mugenzi we Denis Sassou Nguesso, bagiranye ibiganiro byabereye mu muhezo. Igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Mata 2022.
Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu muri Congo Brazzaville, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, yatanze ikiganiro mu Nteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu, imitwe yombi.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 11 Mata 2022 yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu agirira muri Repubulika ya Congo (yahoze yitwa Congo Brazzaville).
Igikomangoma Charles cya Wales mu Bwami bw’u Bwongereza, yifatanyije n’Abanyarwanda n’Isi yose kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, maze atera igiti mu rwego rwo kubaha icyubahiro.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika na Sudani y’Epfo, zifatanyije n’Abanyarwanda ndetse n’Isi yose mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Mata 2022, yageze i Nairobi muri Kenya, aho yitabiriye isinywa ry’amasezerano yo kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Perezida Paul Kagame uri ku munsi wa kabiri w’uruzinduko agirira muri Zambia, aherekejwe na mugenzi we Hakainde Hichilema na Madamu we Mrs Hichilema, bateye ibiti ku mupaka wa Kazungula, igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Mata 2022.
Ku wa Mbere tariki 4 Mata 2022, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Prof Nshuti Manasseh, yakiriye Ambasaderi Jo Lomas, intumwa idasanzwe ishinzwe CHOGM muri Guverinoma y’u Bwongereza.
Perezida Paul Kagame watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri muri Zambia, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’icyo gihugu, Hakainde Hichilema.
Banki ya Kigali (BK) yahawe igihembo cya banki ihiga izindi mu Rwanda muri 2022, mu bihembo ngarukamwaka bitangwa na Global Finance, bikaba bihabwa amabanki n’Ibigo by’imari ku isi, iki kikaba gitanzwe ku nshuro ya 29.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 4 Mata 2022, yageze i Livingstone mu murwa w’ubukerarugendo, muri Zambia, akaba ari ho yatangiriye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 01 Mata 2022, nibwo Umuhanzi w’icyamamare Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy, yashyize ahagaragara amafoto ariho n’amazina y’imfura ye aherutse kwibaruka, akaba yaramwise Myla Ngabo.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 2 Mata 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Catherine M. Russel, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) ku Isi, uri mu ruzinduko mu Rwanda.
Guverinoma ya Suwede yatanze uburenganzira bwo kohereza mu Rwanda Jean-Paul Micomyiza, ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Mata 2022, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo cy’u Bufaransa cy’Iterambere (Groupe AFD) azibanda mu guteza imbere serivisi z’ubuzima.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Mata 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Rémy Rioux, Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’u Bufaransa gishinzwe iterambere mpuzamahanga (Groupe AFD).
Irushanwa ry’ubwiza ryo gushaka Nyampinga w’u Rwanda, n’ubwo rimara amezi agera kuri abiri yose ariko kuri Miss Muheto Nshuti Divine wegukanye ikamba rya 2022, yavuze ko amasegonda atanu mbere yo gutangaza uwegukanye ikamba, aricyo gihe cyateye ubwoba.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 31 Werurwe 2022, yitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro ikigo kigamije kwihutisha iterambere rigera kuri bose, hifashishijwe ikoranabuhanga mu nganda (Centre for the Fourth Industrial Revolution).
Ihuriro ry’imiryango n’impuzamiryango y’abagore bo mu karere k’Ibiyaga bigari (COCAFEM GL), yagaragaje raporo y’ubushashatsi bwakozwe, bwerekana aho u Rwanda rugeze rushyira mu bikorwa amasezerano mpuzamahanga yo gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Minisitiri w’Intebe Dr.Edouard Ngirente, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Werurwe 2022, yitabiriye inama ngarukamwaka ya 8 ihuza Guverinoma zo ku Isi, ibera i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, ivuga ku Ntego z’Iterambere rirambye (SDGs), aho yagaragaje ko zadindijwe na Covid-19.
Itsinda ry’abaganga b’abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), mu ntara ya Upper Nile mu gace ka Malakal, batangije ibikorwa byo kuvura ku buntu impunzi zavanywe mu byabo n’intambara.
Perezida Paul Kagame yatambagijwe ikigo cya BioNTech ari kumwe n’Umuyobozi wacyo, Uğur Şahin, ndetse baganira ku gutangiza gahunda yo gukorera mu Rwanda inkingo za Covid-19, malariya n’iz’igituntu zirimo gutezwa imbere.