MENYA UMWANDITSI

  • Simba SC yashimye Kagere Meddie mu myaka ine bamaranye.

    Meddie Kagere yaguzwe na Singida Big Stars

    Kuri uyu wa kane tariki 4 Kanama 2022,rutahizamu w’ikipe y’igihgu y’u Rwanda Amavubi Meddie Kagere wakiniraga ikipe ya Simba SC yerekanwe nk’umukinnyi mushya mu ikipe ya Singida Big Stars zombi zo muri Tanzania.



  • Muhire Kevin yari kapiteni wa Rayon Sports

    Muhire Kevin yasinyiye Yarmouk y’umutoza Jorge Paixao

    Umukinnyi w’umunyarwanda wahoze akinira ikipe ya Rayon Sports yasinyiye ikipe ya Yarmouk yo mu gihugu cya Kuwait itozwa n’umutoza Jorge Paixao wahoze atoza uyu musore.



  • Emery Mvuyekure ni umwe mu banyezamu b

    Mvuyekure Emery yerekeje muri Police FC

    Nyuma yo gutandukana n’abanyezamu bayo babiri Ndayishimiye Eric na Rwabugiri Umar, ikipe ya Police FC yamaze kugura umunyezamu Emery Mvuyekure ngo azayifashe guhera mu mwaka w’imikino wa 2022-2023.



  • Liverpool iwaye FA Community Shield

    Liverpool itsinze Manchester City itwara ‘FA Community Shield’

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Nyakanga 2022, ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza yatangiye umwaka w’imikino wa 2022-2023, itwara igikombe kiruta ibindi cya FA Community Shield, gihuza ikipe ya yatwaye shampiyona ndetse n’iyatwaye FA Cup nyuma yo gutsinda Manchester City ibitego 3-1.



  • Shaban Hussein Tshabalala

    Shaban Hussein Tshabalala yongerewe amasezerano muri AS Kigali

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Nyakanga 2022, ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yongereye amasezeramo y’imyaka 2 rutahizamu wayo, Shaban Hussen Tshabalala.



  • Ni umunsi werekanirwamo ikipe yose izakoreshwa, aha ni umwaka ushize

    Rayon Sports Day 2022: Gikundiro izakina n’ikipe yo hanze itaratangazwa

    Ku wa Gatanu tariki 29 Nyakanga 2022, ikipe ya Rayon Sports (Gikundiro) yatangaje ko ibirori bibanziriza umwaka w’imikino itegura buri mwaka, bimaze kumenyekana nka Rayon Sports Day, biteganyijwe kuba ku wa Mbere tariki ya 15 Kanama 2022.



  • Alain-André Landeut aje gutoza Kiyovu Sports guhera mu mwaka w

    Umutoza mushya wa Kiyovu Sports yageze mu Rwanda

    Umutoza Alain-André Landeut ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageze mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 28 Nyakanga 2022, aje gutoza ikipe ya Kiyovu Sports.



  • Rwamagana City FC

    Rwamagana City izakirira imikino yayo i Ngoma

    Nyuma yo kuzamuka muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2022-2023, ikipe ya Rwamagana City FC, izajya yakirira imikino yayo mu Karere ka Ngoma.



  • Umutoza Bisengimana Justin

    Bisengimana Justin yasabwe guhesha Espoir FC Igikombe cy’Amahoro

    Nyuma yo gutandukana na Bipfubusa Joslin atayitoje umukino n’umwe, ikipe ya Espoir FC yamaze gusinyana amasezerano n’umutoza Bisengimana Justin watozaga Rutsiro FC, mu myaka ibiri yasinye asabwa kuzahesha iyo kipe Igikombe cy’Amahoro.



  • Cristiano Ronaldo ntibiramenyekana ikipe azakinira muri uyu mwaka uri imbere

    Ahazaza ha rutahizamu Cristiano Ronaldo hakomeje kwibazwaho

    Mu gihe hakomeje kwibazwa aho rutahizamu wa Manchester United Cristiano Ronaldo azerekeza, umuyobozi w’ikipe ya Atletico Madrid yari igezweho mu makipe avugwa ko yifuza uyu mugabo w’imyaka 37 yavuze ko aya makuru atari yo.



  • Mugiraneza Jean Baptiste

    Police FC iri mu biganiro na Migi na Jacques Tuyisenge

    Mu rwego rwo gukomeza kwiyubaka yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023, ikipe ya Police FC iri mu biganiro n’abakinnyi babiri aribo Mugiraneza Jean Baptiste uzwi cyane nka Migi, ndetse na Jacques Tuyisenge ngo bazayifashe.



  • Karekezi Dylan w

    Ntasanzwe: Umusifuzi Karekezi Dylan w’imyaka 11 y’amavuko

    Karekezi Dylan watangiye gusifura afite imyaka umunani y’amavuko ni umwe mu basifuzi basifuye imikino y’amashuri yasorejwe mu Karere ka Rubavu mu mpera z’icyumweru gishize. Karekezi avuga ko yahisemo uyu mwuga wo gusifura umupira w’amaguru kubera urukundo abifitiye, mu gihe abandi usanga bahitamo kwamamara mu gukina.



  • Umutoza Haringingo wa Rayon Sports

    Intego ni ugutwara ibikombe byose - Umutoza mushya wa Rayon Sports

    Nyuma y’uko ikipe ya Rayon Sports itangiye imyitozo ku wa 22 Nyakanga 2022, yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023, umutoza w’iyo kipe, Haringingo Christian Francis, avuga ko gahunda bafite ari ugutwara ibikombe byose bikinirwa mu Rwanda.



  • Sadio Mané

    Sadio Mané yatowe nk’umukinnyi uhiga abandi muri Afurika

    Ku wa Kane tariki 21 Nyakanga 2022, i Rabat mu gihugu cya Maroc habereye umuhango wo gutanga ibihembo ku bakinnyi n’abandi bafite aho bahuriye na ruhago ya Afurika bitwaye neza mu 2022, Sadio Mané ahiga abandi atwara igihembo ku nshuro ya kabiri.



  • Niyibizi Ramadhan

    Haravugwa ukutumvikana hagati ya AS Kigali na Niyibizi Ramadhan ushaka kuyivamo

    Kuri ubu amakipe amwe n’amwe yatangiye imyitozo yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023. Mu yatangiye imyitozo harimo n’ikipe ya AS Kigali. Icyakora mu bakinnyi ifite ntabwo harimo umukinnyi Niyibizi Ramadhan itarimo kumvikana na we ku bigomba kumutangwaho ngo yerekeze muri APR FC imwifuza na we akayifuza.



  • KNC

    Ntabwo tuzi icyo dushaka: Perezida wa Gasogi United akebura abayobozi b’amakipe

    Umuyobozi w’ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles uzwi cyane nka KNC, yavuze ko kugeza ubu abayobozi b’amakipe y’umupira w’amaguru mu Rwanda, batazi icyo bashaka mu rwego rwo guteza imbere umupira kandi ubyara inyungu.



  • Robert Lewandowski

    FC Barcelona yaguze Robert Lewandowski

    Nyuma y’igihe ikipe ya FC Barcelona yifuza rutahizamu Robert Lewandowski wakiniraga ikipe ya Bayern Munich n’ibiganiro by’igihe kirekire, amakipe yombi yemeje ko yamaze kumvikana ku igurwa ry’uyu mugabo w’imyaka 33.



  • Umutoza wa FC Barcelona yangiwe kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

    Ubwo ku wa Gatandatu tariki 16 Nyakanga 2022 ikipe ya FC Barcelona yerekezaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu myiteguro y’umwaka w’imikino wa 2022-2023, iyi kipe yagiye idafite umutoza wayo mukuru Xavi Hernandez biturutse ku kuba yarabaye muri Iran.



  • Kwizera Olivier na Nizigiyimana Karim mu bakinnyi batazakomezanya na Rayon Sports

    Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko itazakomenya n’abakinnyi batandatu barimo umunyezamu Kwizera Oliver na Nizigiyimana Karim bakunda kwita Mackenzie wari umaze umwaka umwe ayigarutsemo.



  • Ku isoko: FC Barcelona yaguze Raphinha, Ousmane Dembele arasinya, Koulibaly muri Chelsea

    Mu gihe habura iminsi itageze no kuri 30 kugira ngo mu bihugu bimwe na bimwe shampiyona z’umupira w’amaguru zitangire, amakipe yo akomeje kongera imbaraga aho babona bitagenze neza n’aho byagenze neza bakahakomeza bongeramo abakinnyi.



  • Patrick Aussems yatoje Simba SC yo muri Tanzania

    Patrick Aussems yagizwe umutoza mushya wa Kiyovu Sports

    Nyuma y’igihe ikipe ya Kiyovu Sports iri mu biganiro n’umutoza ukomoka mu gihugu cy’u Bubiligi Patrick Aussems bamaze kwemeranya kuzayitoza kuva mu mwaka w’imikino wa 2022-2023 asinya amasezerano y’imyaka itatu.



  • Nkundimana Fabio hagati y

    APR FC ihigitse Rayon Sports igura Nkundimana Fabio wa Musanze FC

    Kuri uyu wa gatanu tariki ya 8 Nyakanga 2022,ikipe ya APR FC kumugaragaro yaguze umukinnyi Nkundimana Fabio wakiniraga Musanze FC wanifuzwaga n’ikipe ya Rayon Sports.



  • Nkundimana Fabio

    Rayon Sports na APR FC zirifuza Nkundimana Fabio wa Musanze FC

    Mu gihe bivugwa ko Rayon Sports yaba yaguze Nkundimana Fabio ukinira ikipe ya Musanze FC, muri iyi kipe baravuga ko batari bumvikana ku mafaranga agomba gutangwa kuri uwo musore ukina hagati mu kibuga, ariko unifuzwa n’ikipe ya APR FC.



  • Niyibizi Ramadhan

    Niyibizi Ramadhan mu nzira zo kuva muri AS Kigali

    Mu gihe isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rikomeje mu Rwanda, imwe mu nkuru zirimo kuvugwa ni iya Niyibizi Ramadhan ukinira AS Kigali, ariko bivugwa ko yamaze kumvikana na APR FC ndetse na we yifuza kujyamo, gusa akazitirwa no kuba agifite amasezerano y’umwaka umwe muri AS Kigali.



  • Gabriel Jesus wagiye muri Arsenal

    Nishimiye gusinyira ikipe ikomeye - Gabriel Jesus waguzwe na Arsenal

    Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yemeje ku mugaragaro ko yaguze rutahizamu, Gabriel Jesus wakiniraga Manchester City, bikaba byatangajwe ku wa Mbere tariki 4 Nyakanga 2022, uwo mukinnyi akaba yishimiye kujya mu ikipe ikomeye.



  • Senegal ni yo iheruka kwegukana Igikombe cya Afurika 2021 ariko na cyo cyakinwe muri 2022

    Igikombe cya Afurika 2023 cyimuriwe muri 2024

    Komite y’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yatangaje ko Igikombe cya Afurika cya 2023 cyari giteganyijwe mu mpeshyi ya 2023 cyimuriwe mu mwaka wa 2024 n’ubundi kikazabera muri Côte d’Ivoire cyagombaga kubera.



  • Mohamed Salah azageza 2025 akinira Liverpool

    Mohamed Salah yongereye amasezerano muri Liverpool

    Kuri uyu wa gatanu tariki ya 1 Nyakanga 2022, ikipe ya Liverpool yongereye amasezeramo umukinnyi wayo Mohamed Salah ukomoka mu gihugu cya Misiri amaezerano y’imyaka ibiri.



  • Mbivuze hari abo nakomeretsa: Haruna Niyonzima avuga ku gusezera ruhago

    Kapiteni w’ikipe ya AS Kigali akaba na kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, yavuze ko atazi igihe azasezerera kuri ruhago, ashimangira ko agifite imbaraga zo gukina.



  • Serumogo Ally umaze imyaka 4 akinira Kiyovu Sports yongereye amasezerano

    Serumogo Ally yongereye amasezerano muri Kiyovu Sports

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Kamena 2022, ikipe ya Kiyovu Sports yongereye amasezerano myugariro wayo Serumogo Ally Omar, ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo.



  • Espoir FC yabonye umutoza mushya

    Nyuma yo gutandukana n’umutoza Gatera Musa amasezerano y’imyaka ibiri arangiye, kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, ikipe ya Espoir FC yasinyishije umutoza Bipfubusa Joslin.



Izindi nkuru: