Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko kuri uyu wa Kane tariki 16 Mata 2020, hagaragaye abandi bantu babiri barwaye Coronavirus mu bipimo 664 byafashwe mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abagaragayeho Coronavirus mu Rwanda ugera kuri 138 (muri aba 60 barakize, hakaba harimo 6 bakize mu masaha 24 (...)
Imiryango y’abasore n’abakobwa bari bateguye ubukwe muri iki gihe cyo kuguma mu rugo hirindwa COVID-19, iravuga ko itazi amaherezo, ndetse hari n’abavuga ko babonye ababana badasezeranye.
Komisiyo y’amatora mu Burundi, CENI, yatangaje ko idashobora gutegura amatora ku Barundi baba mu mahanga kubera icyorezo cya coronavirus.
StarTimes iratangaza ko ifatanyije na BTN TV barimo kwigisha abanyeshuri bo mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, binyuze kuri Televiziyo na StarTimes ON App.
Mu gihe benshi bagowe na gahunda yo kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, umuhanzi Edouce Softman we avuga ko yahisemo kubyaza aka kanya umusaruro w’ubuhanzi akandika indirimbo, akajya no muri Studio ku buryo yanashyize hanze indirimbo yise (...)
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko abaguzi b’ibiribwa babaye bake muri iki gihe, bitewe n’uko gahunda ya #GumaMuRugo yatumye abantu bamwe bahunika mbere y’igihe abandi babura ubushobozi bwo kubigura.
Mu rwego rwo gushyigikira Leta mu gikorwa cyo gufasha abatakibasha gukora kubera Coronavirus, abikorera bo mu Karere ka Huye bamaze gutanga ibiribwa by’agaciro ka miliyoni zirindwi n’imisago.
Ibikorwa bya muntu, biza ku isonga mu gutuma ikirere gihumana. Ikigo gishinzwe iby’ubumenyi nw’ikirere gikorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NASA), cyerekanye ukuntu ikirere cya Wuhan, mu gihugu cy’u Bushinwa, ari naho hatangiriye icyorezo cya COVID-19, ndetse no mu Butaliyani, igihugu cyibasiwe cyane na COVID-19, (...)
Umuhanzi Ben Adolphe wo mu Rwanda na Shizzo utuye muri Amerika bahuriye mu ndirimbo yo gusabira amahoro umugabane wa Afurika banaririmba ku cyorezo cya COVID-19 gitumye abantu benshi bahera mu mazu yabo kubera gahunda ya Guma mu rugo.
Ikipe ya ESPOIR yo mu karere ka Rusizi, imaze gutangaza ko yahagaritse amasezerano yari ifitanye n’abakozi bayo, barimo abakinnyi ndetse n’abatoza kubera icyorezo cya Coronavirus
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mata 2020, ku kicaro cya Polisi mu mujyi wa Kigali, Karegeya Jean Bosco w’imyaka 34 na Ndahimana Emmanuel ufite imyaka 30 beretswe itangazamakuru. Abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda babafatiye mu mujyi wa Kigali batwaye inzoga z’amoko atandukanye, bari bazivanye mu mujyi wa Kigali mu (...)
RwandAir kimwe n’ibindi bigo by’ingenzi, bizakenera inkunga ya Leta ndetse no koroherezwa kugira ngo bishobore kongera gukora neza mu gihe icyorezo cya Coronavirus kizaba kirangiye.
Mu gihe isi yose yahungabanyijwe n’icyorezo cya COVID-19 n’amarushanwa hafi ya yose agahagarikwa, hari ibihugu bikomeje guconga ruhago n’abafana bakaba bakijya mu masitade gushyigikira amakipe yabo.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mata 2020 hagaragaye abandi bantu babiri barwaye Coronavirus mu bipimo 923 byafashwe mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abagaragayeho Coronavirus mu Rwanda ugera kuri 136 (muri aba 54 barakize, hakaba harimo 5 bakize mu masaha 24 (...)
Uwitwa Frank (izina akoresha kuri twitter, Frank @22fr22), uri mu ba mbere bagaragaweho Coronavirus mu Rwanda, akaba yaranayikize, yashimye uburyo u Rwanda rwamwitayeho kimwe n’abandi bari barwaranye rukabavura ku buntu.
Inama idasanzwe ya 18 yagombaga guhuza abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), yongeye gusubikwa.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Kiyovu Sports buratangaza ko n’ubwo hariho ikibazo cy’ubukungu ariko bazakora ibishoboka byose amasezerano bafitanye n’abakinnyi n’abandi bakozi akubahirizwa
Umuryango uharanira uburenganzira bw’abana no guteza imbere abakobwa, Plan International, wijeje ubufatanye na Leta y’u Rwanda mu guhangana n’icyorezo Covid-19, ukaba watanze ibiribwa, ibikoresho ku bakobwa ndetse n’ibizifashishwa mu bukangurambaga.
Umuryango w’Abibumbye watangiye kugeza mu bihugu byose bya Afurika ibikoresho byo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), Donald Trump, kuwa kabiri tariki 14 Mata 2020 yatangaje ko yahagaritse uruhare rwa USA mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) kubera icyo yise ‘imicungire mibi’ y’icyorezo cya Coronavirus.
Abagize urugaga ry’urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, biyemeje kurinda urundi rubyiruko n’abandi baturage muri rusange, kwandura icyorezo cya Coronavirus.
Amabwiriza ya Guverinoma agamije kwirinda icyorezo COVID-19, asaba abantu bapfushije umuntu kwitabira ibikorwa byo kumusezerano, kumuherekeza no kumushyingura batarenga 10 kandi nta wegerana n’undi.
Umuhanzi Eddy Kenzo wo muri Uganda, aratabaza ko agiye kwicwa n’inzara kubera gahunda yo kuguma mu rugo, akanatakira abafana be ngo bamufashe nibura bamwoherereze amafaranga batware imodoka yari asanzwe agendamo.
Abaturage 24 bo mu Karere ka Rutsiro mu Murenge wa Gihango bafashwe n’inzego z’umutekano bashinjwa gukora ibinyuranyije n’amabwiriza yo gukumira icyorezo cya COVID-19.
Perezida Kagame avuga ko isi izakura amasomo y’ingirakamaro ku cyorezo cya Coronavirus cyiswe Covid-19, ayo masomo akazatuma haboneka amahirwe mashya y’ishoramari, biturutse ku ntege nke n’icyuho byagaragaye muri sosiyete.
Arikiyepisikopi wa Kigali akaba n’Umuyobozi wa Diyosezi ya Kibungo, Antoine Kambanda, yasabye Abasaseridoti bakorera ubutumwa mu mahanga, inkunga yo gufasha Abapadiri ba Diyosezi ya Kibungo kugira ngo babashe kubaho muri ibi bihe avuga ko bitaboroheye.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mata 2020 hagaragaye abandi bantu 7 barwaye Coronavirus mu bipimo 983 byafashwe mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abagaragayeho Coronavirus mu Rwanda ugera kuri 134 (muri aba 49 barakize, hakaba harimo 7 bakize mu masaha 24 (...)
Umuryango uharanira imibereho myiza y’abaturage n’uburenganzira bwa muntu ‘Ejo Twifuza’, washyikirije Akarere ka Rubavu ibiribwa bizagezwa ku bagezweho n’ingaruka zo gukumira icyorezo cya COVID-19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko hashyizweho inzego zigenzura abadashaka kubahiriza amabwiriza yo gukumira icyorezo cya COVID-19.
Ubuyobozi bw’uruganda rwo mu Karere ka Gisagara rukora urwagwa mu bitoki (GABI), buvuga ko iyo hatabaho Coronavirus, ukwezi kwa Mata 2020 kwari kurangira baratangiye gutunganya n’umutobe w’ibitoki.