Rusizi: Undi mugore warokotse Jenoside yaraye aziritswe amaboko n’amaguru aranakubitwa

Ahagana mu ma saa kumi z’igitondo cyo ku wa 13 Mata 2015, mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Bugarama mu Kagari ka Pera mu Mudugudu wa Kinamba, umugore warokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 witwa Solina Mukantagozera yasohotse ajyanye umwana we kwiherera ahura n’abantu babiri bahita bamufata bamuzirika amaguru n’amaboko, banamukubita urukweto rwa bote bari bafite ku kibero.

Ubwo Kigali Today yamusangaga ku kigo nderabuzima cya Bugarama aho arwariye, Mukantagozera yavuze ko abo bantu bamufashe umwe yari yipfutse mu maso undi yisize amafu mu maso ku buryo bwo kwiyoberanya.

Ngo babanje kumubaza niba yabamenye nawe ababwira ko atabazi, nyuma y’aho batangira kumubaza amazina y’abarokotse Jenoside batuye muri uwo murenge bari bafite ku gapapuro we akababwira ko atabazi, mu gihe yakomezaga guhakana avuga ko atabazi bahise bamubwira ko bagiye kumwica bahita bamukubita urukweto bari bafite banamubwira ko bagiye kumufata ku ngufu.

Mukantagozera ubu arwariye ku kigo nderabuzima cya Bugarama.
Mukantagozera ubu arwariye ku kigo nderabuzima cya Bugarama.

Abonye bagiye kumwangiza yahise ababwira ko n’ubwo bagiye kumuhohotera ngo abana n’ubwandu bamubaza n’iba ajya afata imiti nawe ababwira ko amaze iminsi myinshi, ku bw’Imana baratinya ntibamufata ku ngufu.

Bahise bagira uburakari bukabije bavuga ko bagiye kumukubita icyuma cya ferabeto (fair à Beton) bari bafite niba atababwiye ko azi abo barokotse Jenoside, ababwira ko abazi atangira kubabwira amazina amwe n’amwe yabo.

Umwe muri abo bagizi ba nabi yahise abwira uyu mugore ko bari bamaze iminsi bamutegereje ngo asohoke kandi ko ngo bari baramwandikiye urwandiko rubimumenyesha ariko akaba yarabasuzuguye. Uyu mugore ngo yahise ababwira ko atigeze abona urwo rwandiko.

Aho bazirikiye Mukantagozera mu myaka ye habaye imbuga.
Aho bazirikiye Mukantagozera mu myaka ye habaye imbuga.

Nyuma yo gusiga bamuziritse bamubujije guhuruza bageze hirya gato ahita avuza induru ari nabwo abaturanyi bamutabaraga bagasanga aziritse amaboko n’amaguru. Abaturanyi bamuzituye basanze mu maguru ye harimo udupapuro twanditseho ngo “Hu”, akandi kanditseho “Tutsi”.

Gusa uyu mugore ngo yari amaze iminsi acyurirwa n’umugabo witwa Habimana ndetse akaba yarabitanzeho amakuru ku buyobozi. Mu minsi ishize uyu mugore ngo yasabwe amafaranga yo gufasha abarokotse Jenoside kandi nawe abarimo binagaragara kandi ko atishoboye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Bugarama, Nyiragaju Janvière avuga ko imyifatire bari kugaragaza muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi uteye isoni, ariko bitagomba kugarukira aho.

Nyiragaju asaba abaturage kwikuraho ikimwaro bagize mu bihe byo kwibuka bahohotera Abarokotse Jenoside.
Nyiragaju asaba abaturage kwikuraho ikimwaro bagize mu bihe byo kwibuka bahohotera Abarokotse Jenoside.

Yasabye abaturage kwikuraho isura mbi bakomeje kwambikwa na bagenzi babo kandi yasabye bakihutira gutanga amakuru abakora ibyo bintu bagafatwa.

Yakomeje avuga ko ejo ku wa kabiri tariki ya 14 Mata 2015 hateganyijwe urugendo rwo kwamagana ibyo bikorwa bibi.

Abaturage bo bavuga ko ibi bintu bibabaje mu bihe nk’ibi bakavuga ko hakwiye kujya habaho irondo rifasha mu gucungira abarokotse Jenoside umutekano cyane cyane mu bihe byo kwibuka Jenoside kuko baba bamerewe nabi muri uyu murenge.

Inzu Mukantagozera atuyemo.
Inzu Mukantagozera atuyemo.

Kugeza ubu abakoze ayo mahano ntibarafatwa, icyakora umwe uri mu bakekwa uzwi ku izina rya Kazungu niwe uri mu maboko ya Polisi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Superintendent Hitayezu Emmanuel yavuze ko abahohoteye uyu mugore bari gushakishwa.

Icyaha cyo guhohotera uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi gihanwa n’ingingo ya 11 y’itegeko nomero 84/2013, riteganya igifungo kuva ku myaka 5 kugera ku myaka 9 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi ijana kugera kugera kuri miliyoni 9.

Kuva icyumweru cyo kwibuka Jenoside cyatangira mu Murenge wa Bugarama hamaze guhohoterwa Abarokotse Jenoside batatu barimo uyu Mukantagozera, uwatwikiwe ikiraro n’undi wakubiswe.

Hari kandi undi mugabo ubu uri mu maboko y’ubugenzacyaha wavuze ko “Jenoside yakorewe Abatutsi yatewe n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana wari Perezida w’u Rwanda”.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 14 )

Ako ubuyobozi bwaho bwarasuhutse ubwo imyaka yose ishize twibuka babuze nuko bamwubakira yego mana

Alias turabashimiye yanditse ku itariki ya: 14-04-2015  →  Musubize

Birababaje kubona nyuma y’imyaka 21 abarokotse jenoside bakiba mu mazu nk’aya nayo ubwayo yatera umutekano muke kuko ishobora no kukugwira ikindi bakaba bagihohoterwa muri buriya buryo UBUYOBOZI bukwiye kugira icyo bubikoraho kihutirwa mu gihugu hose.

kumiro yanditse ku itariki ya: 14-04-2015  →  Musubize

Rwose birakabije, ufatiwe muri ibyo bikorwa by’urukozasoni Leta nimuhanire ku karubanda kandi by’intangarugero. Birababaje

Alias yanditse ku itariki ya: 14-04-2015  →  Musubize

Ntabwo byumvikana ukuntu nyuma yimyaka 21 hakiri abagikomeje ibikorwa by’ubugome nkubwo.Bafatwe bahanwe bibere nabandi isomo.

jean claude clever yanditse ku itariki ya: 13-04-2015  →  Musubize

Birababaje kubona mu Rwanda hakiri ubyigomeke nk’ibi.ariko kandi,uyu mudamu aba munzu igayitse,nayo ubwayo ntamutekano yamuhesha.

claudine yanditse ku itariki ya: 13-04-2015  →  Musubize

Twamaganye uwo ari we wese wahohotera umunyarwanda. Ariko kandi tutagize uwo dukomeretsa reka dukore isesengura n’iperereza, ahagana saa kumi z’ikoro haba ari nijoro mu mwijima. Ni gute wabona ko umuntu yisize ifu muri uwo mwijima? Ese abasanze uwo mugore hanze basanze yambaye ate? Yari yambaye nk’umuntu ubyutse? Ese koko asanzwe nijoro ajyana umwana we kwituma nijoro? Aha bimenyerewe ko abagore n’abakobwa bagira utudobo cyangwa injyo bifashisha kunera gutinya gusohoka cyane cyane ko anatuye ahantu ubona ko nta ruzitiro, nta rugo. Ubundi ngo bamubwiye ngo bamaze iminsi bamutegereje ngo asohoke? Bihishe he ? Muri iyo minsi se yari ari mu nzu adasohoka? Udupapuro twanditseho ’’Hu’’ na ’’Tutsi’’ bitanze ubuhe butumwa? Abashinzwe iperereza bagenzure mu mpande zozse njye ndabna najijiwe!!!!!!!!!!!!!!!!!!!1

Najijiwe ndakemanga yanditse ku itariki ya: 13-04-2015  →  Musubize

oya nkurikije statement mu koze ibi ni ibinyoma nyamara muri guhemukira abanyarwanda ibi bintu ni njiji yabona ko ari byabindi umwana uri iwabo avuna akiyongeza undi

ngango yanditse ku itariki ya: 13-04-2015  →  Musubize

ark buriya mugiye mubafata nkabo banu mugahita mubica sibwo byacika sibyoh

Simbi Ngamije Aimable yanditse ku itariki ya: 13-04-2015  →  Musubize

uyu mudamu atabarwe,abakoze aya mshano bashakishwe bahanwe,police ysvu ndayizeye

peter yanditse ku itariki ya: 13-04-2015  →  Musubize

Ibi bintu birababaje cyane abaturage ni bashyire imbaraga mu kwicungira umutekano.
.

alias yanditse ku itariki ya: 13-04-2015  →  Musubize

Biteye agahinda kuba hari abagifite imitima yuzuye ubigome nubugizi bwa nabi kuri uru rwego.nihakorwe iperereza bahanwe ibibakwiriye.uwo mudamu yihangane

alias yanditse ku itariki ya: 13-04-2015  →  Musubize

Ibyamukorewe birababaje bakurikiranwe babihanirwe. Ariko nanone abayobozi bacu bakurikirane uko igikorwa cyo kubakira abacitse ku icumu rya Genocide yakorewe abatutsi cyagenze. Urebye amafoto y’amazu abacitse ku icumu batuyemo tumaze iminsi twerekwa n’itangazamakuru. ukumva n’ukuntu abayobozi b’ibanze bavuga muri za raporo ko nta kibazo gihari. Biteye agahinda ni ukuri. Hari hakwiye ubugenzuzi buturutse mu nzego zo hejuru zajya gucukumbura ikibazo uko kimeze inzu ku yindi kandi bagatanga n’ingamba zo kurangiza ikibazo burundu. Abagize uburiganya ubwo aribwo bwose mu kubakira abacitse ku icumu bagakurikiranwa.

safali yanditse ku itariki ya: 13-04-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka