Imbuga nkoranyambaga zikoreshejwe neza zafasha kugaragaza aho abakekwaho Jenoside bihishe
Ubuyobozi bw’umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), buravuga ko imbuga nkoranyambaga zikoreshejwe neza zagira uruhare mu gutanga amakuru y’aho abakoze Jenoside bacyihishahisha baherereye, nyuma y’uko hari umusore wazikoresheje, bifasha kumenya aho uwo yabonye yica Abatutsi aherereye.

Uwo mugabo wamenyekanye aho yihishe ngo yakoze Jenoside ahitwa i Ngoma ku Kibuye, ariko ahungira mu bihugu byo hanze akomeza kuburirwa irengero, ku buryo uwamushakishaga yamenye amakuru ye binyuze ku mbuga nkoranyambaga, yahuriyeho n’umukobwa w’ushakishwa maze baba inshuti.
Uwo mugabo ugishakishwa mu Gihugu cya Cameroun, ngo yabonywe n’umwana wahigwaga icyo gihe kuri Ngoma, amakuru ye akaba yaramenyekanye ko hari agace ko mu mujyi wa Douala muri Cameroun yihishemo.
Umuyobozi uhagarariye IBUKA mu Karere ka Ruhango, Kabanda Callixte, ubwo yagezaga ikiganiro ku bitabiriye igikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga mu Karere ka Ruhango, yavuze ko kugira ngo uwo mugabo hamenyekane aho yihishe, byakomotse mu gukoresha neza imbuga nkoranyambaga.

Avuga ko umwana w’umuhungu warimo yihisha abashakaga kumwica kuri Ngoma mu gihe cya Jenoside, yabonye uwo mugabo yica Abatutsi, uwo mwana akomeza guhungana n’izindi mpunzi, bagerana muri Congo Kinshasa, zigiye kumwica arazicika ajya mu kindi Gihugu, aza no kugera mu Bufaransa aho yaje no kwinjira igisirikare cyaho.
Avuga ko uwo muhungu yakomeje gushakisha uwo mugabo, ariko amakuru ye ntiyayamenya, kugeza ubwo yagiraga amahirwe abona umukobwa we ku mbuga nkoranyambaga, maze bamaze kumenyana amwigiraho inshuti barakundana, kugeza igihe bahanye gahunda yo gusurana.
Byabaye ngombwa ko bahana gahunda yo guhurira muri Cameroun, maze umukobwa amaze kubonana n’umusore bakundaniye kuri (Facebook), amusaba ko yanamwereka ababyeyi, ari nabwo hamenyekanye ko uwo mugabo aba hafi aho yihisha, ubu akaba arimo gushakishwa.
Agira ati "Urwo ni urugero rugaragaza ko imbuga nkoranyambaga zikoreshejwe neza, n’abandi nka Kagabo Charles na Jacques ku Rutabo, bafatwa bagashyikirizwa ubutabera. Ibi bintu birakora kandi bikoreshejwe neza byagira akamaro mu kumenya aho abashakishwa baherereye".

Kabanda ahamagarira buri wese ushaka kurwana urugamba rwo ku mbuga nkoranyambaga, mu guhangana n’abakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kubikorana ubwenge bwatuma bagera ku ntego aho gusakuza, kuko n’abakwirakiza ingengabitekerezo batagisakuza cyane, kuko ngo bagamije imikorere mishya icecetse, bise (Revolution bucece), igamije gukomeza kubiba urwango mu Banyarwanda.
Agira ati "Urebye ntibagisakuza cyane ariko birumvikana kuko nta n’icyo bafite bavuga, twebwe rero dufite icyo tuvuga dukwiye kubasanga tukakibabwira, ngo batangiye Revolution bucece, ariko twe tuzababwira".
Abakoresha imbuga nkoranyambaga mu gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, bakomeje kwamaganwa mu biganiro bitangwa mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, zimwe mu mpamvu zigaragazwa zituma babikora, zikaba zirimo ipfunwe ry’abana bamize ingengabitekerezo y’ababyeyi babo, no kuba abo babyeyi badashaka kugaragaza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorwe Abatutsi ku Mayaga, cyabaye ku wa 30 Mata 2023, Abanyamayaga bitabiriye ari benshi banashyingura mu cyubahiro imibiri 10 yabonetse, n’indi 30 yavanywe mu mva ziri mu ngo z’Abarokotse Jenoside, aho banashimiwe gukomeza kumva ko ababo bashyingurwa hamwe n’abandi mu cyubahiro mu nzibutso.

Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|