Bibutse Abanyapolitiki bazize Jenoside, bamagana Politiki mbi y’urwango n’ivangura (Amafoto+Video)
Mu kwibuka Abanyapolitiki bazize Jenoside, hagaragajwe ko politiki mbi y’urwango n’ivangura yaranze Repubulika ya mbere n’iya kabiri ari yo yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorerewe Abatutsi mu 1994 igahitana abarenga miliyoni.

Ibi byagarutsweho mu muhango wo gusoza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, wabereye ku rwibutso rwa Rebero mu Mujyi wa Kigali, hibukwa Abanyapolitiki bazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Hashyizwe indabo ku mva z’Abanyapolitiki 13 bashyinguye mu rwibutso rwa Rebero mu rwego rwo kubibuka no kubaha icyubahiro.
Dr Bizimana Jean Damascène uyobora Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yavuze ko amashyaka yagiye ashingwa ashingiye ku bwoko aho gushingira ku kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda bose. Hanashyizweho kandi politiki zitandukanye zigamije kwibasira abo mu bwoko bw’Abatutsi muri Repubulika zombi.
Yatanze urugero ko ubwo hashingwaga ishyaka MDR Parmehutu, uwari Perezida Kayibanda Grégoire yavuze ko rije gushyira imbere inyungu z’Abahutu mu Rwanda.

Ati: “Ishyaka ryacu rirareba inyungu z’Abahutu. Tugomba kuba urumuri rwa rubanda nyamwishi. Tugomba gusubiza Igihugu bene cyo; Igihugu ni icy’Abahutu”.
Ibi kandi byiyongereyeho politiki mbi zinyuranye ziheza Abatutsi harimo kubambura uburenganzira ku mitungo y’abari barahunze, ndetse no kubashyiriraho amananiza muri gahunda nyinshi zigenewe abenegihugu.
Ibi byagiye bitiza umurindi ukudasenyera umugozi umwe kw’Abanyapolitiki ahubwo bakomeza kubiba urwango mu gihe kirenga imyaka 20 ari rwo rwagejeje mu 1994 ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga.

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier, yavuze ko Leta izirikana uruhare rw’Abanyapolitiki bibukwa ku bwo kwitandukanya n’ikibi ndetse bakanabizira mu gihe cya Jeonside. Yavuze ko iyo haza kuboneka Abanyapolitiki benshi bahakana urwango rwari rwarimitswe Jenoside iba itarashobotse kuko yahagarikiwe n’abandi banyapolitiki b’urwango bari benshi icyo gihe.
Yavuze ko Leta y’u Rwanda ubu yatangiye icyerekezo gishya cy’imiyoborere myiza igamije ubumwe, iterambere ridaheza ndetse na Demokarasi. Na none ariko yasabye Abanyarwanda gusigasira iyo ntambwe imaze guterwa kuko uyu munsi hari abacyifuza ko Igihugu gisubira mu mateka mabi cyanyuzemo.

Ati: “Ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorerewe Abatutsi n’ingengabitekerezo yayo biracyagaragara hamwe na hamwe mu gihugu ndetse bikomeje kwiyongera mu Karere u Rwanda ruherereyemo. Abagize uruhare muri Jenoside yakorerewe Abatutsi barakidegembya. Umutwe w’Iterabwoba wa FDLR ukomeje gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, ukaba utarareka n’umugambi wo kongera gukora Jenoside mu Rwanda. Buri wese rero arasabwa kurwanya abo bose batifuriza u Rwanda amahoro”.




















Kureba andi mafoto, kanda HANO
Reba ibindi muri iyi Video:
Amafoto: Moise Niyonzima/Kigali Today
Video: Eric Ruzindana/Kigali Today
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|