Umuyobozi mukuru w’agateganyo w’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), Dr Christian Ngarambe, avuga ko nk’abavuzi, kwibuka Jenoside bibaha umwanya wo kongera kuzirikana ku guha agaciro umuntu.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), tariki ya 19 Gicurasi 2023 yibutse abari abakozi ba Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’Ubukorikori yahoze yitwa MICOMART (Ministère du Commerce et de l’Artisanat) bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abarokokeye Jenoside mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango, baravuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari interahamwe z’abakobwa zabaga kuri bariyeri zishinzwe kwica abakobwa n’abagore b’Abatutsikazi, zitwaje ko ngo babatwaraga abagabo kubera ubwiza bwabo.
Tharcisse Sinzi uzwiho ubuhanga mu mukino njyarugamba wa Karate, arasaba abakiri batoya gukunda siporo kuko ibahuza ntibanabone umwanya wo kuba batekereza nabi, akabishimangira avuga ko utekereza mugenzi we nabi ari we bigiraho ingaruka.
Senateri Nyirasafari Espérance yabwiye abatuye mu Bigogwe ko n’ubwo babuze ababo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi batatakaje Igihugu cyabo n’umuryango w’abacitse ku icumu.
Abanyamuryango ba IBUKA, Umuryango Uharanira Inyungu z’Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi ishami ryo mu Budage n’inshuti zabo, ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, bibutse ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu minsi yakurikiye itariki ya 1 Ukwakira 1990, Inkotanyi zimaze gutangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda, nibwo Padiri Munyeshyaka Wenceslas yimuriwe muri Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu (Sainte Famille), mu Karere ka Nyarugenge.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yasabye urubyiruko kutajya mu murengwe ngo bibagirwe aho u Rwanda rwavuye, ahubwo abashishikariza guharanira ishyaka ry’Igihugu abagituye bose bigengamo kandi abanyamahanga bakabana neza n’abenegihugu.
Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda, bahuriye i Dubai mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Abakozi bo mu bitaro bya Kibilizi biherereye mu Karere ka Gisagara, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, banaremera uwayirokotse wo mu gace biherereyemo, mu rwego rwo kumufasha kwigira.
Ku mugoroba tariki ya 12 Gicurasi 2023, i Nyagatare habaye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko abari batuye mu yahoze ari Komini Muvumba.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, ubwo bibukaga ku nshuro ya 29, bagaragaje ko hakiri imbogamizi bahura na zo bifuza ko zakemurwa zirimo kubakirwa ikimenyetso (monument) cyashyirwaho amazina y’ababo bishwe, kongera amafaranga y’ingoboka agenerwa abarokotse n’ibindi.
Patricie Kandekezi ukomoka ahahoze hitwa i Runyinya muri Perefegitura ya Butare, ubu ni mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye, avuga ko yasanze Abatutsi bazize Jenoside barabaye ibitambo by’abayirokotse, bityo bakaba babafitiye umwenda wo kubaho neza.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT), isaba abakozi b’ibigo biyishamikiyeho birimo Iposita, kwifashisha ikoranabuhanga bakarwanya abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Murenge wa Musambira Akarere ka Kamonyi, baravuga ko gutanga ubuhamya bw’ibyababayeho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bigenda bibafasha kubohoka, kuko n’ubundi batanze imbabazi ku babiciye.
Théodette Mukamurara Kajabo wigaga mu ishuri Marie Merci Kibeho, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko Jenoside yamutwariye abe bikanamubabaza, ariko ngo ibyamukomerekeje cyane ni ibyo yaboneye i Kibeho, harimo umwana w’umwaka umwe bamwambuye bakamukubita ubuhiri agahita apfa.
Mu biganiro bigamije gukangurira ababyeyi bakoze Jenoside kugira uruhare mu guha abana amakuru nyayo, no kubabwiza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, hakomeje kugaragazwa ko hakiri ababyeyi babeshya abana babo ku byo bakoze muri Jenoside, bagasabwa kuvugisha ukuri bityo abana babo babohoke.
IBUKA mu Karere ka Musanze, irasaba ko urwibutso rwa Jenoside rwa Musanze ruhindurwa inzu ndangamateka, bitewe n’umwihariko w’Abatutsi bari bahungiye mu ngoro y’Ubutabera, bakahicirwa kandi bari bizeye kuhakirira.
Ubuyobozi bw’umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), buravuga ko imbuga nkoranyambaga zikoreshejwe neza zagira uruhare mu gutanga amakuru y’aho abakoze Jenoside bacyihishahisha baherereye, nyuma y’uko hari umusore wazikoresheje, bifasha kumenya aho uwo yabonye yica Abatutsi aherereye.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu rufunzo rw’umugezi w’Akanyaru mu Karere ka Bugesera, bavuga ko bisi za ONATRACOM arizo zifashishijwe mu kuzana interahamwe ziturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu, mu kwica abari bihishe mu rufunzo bavumbuwe n’indege za gisirikare zamishagamo ibisasu.
Ubwo i Kinazi mu Karere ka Ruhango hibukwaga ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku Mayaga ya Ntongwe ku wa 30 Mata 2023, hifujwe ko n’ubwo hari bamwe mu bakoze Jenoside muri ako gace batarafatwa, bakwiye gufungwa mu buryo bw’amazina n’amafoto, abantu bakajya bamenya ayo mateka.
Minisitiri w’Ingabo wa Uganda, Vincent Bamulangaki Sempijja, yavuze ko kwiyemeza n’ubudaheranwa byagaragajwe n’Abanyarwanda, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byagombye kubera Isi yose urugero ku bijyanye n’iterambere.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga mu Karere ka Ruhango, ahahoze ari Komini Ntongwe, barifuza ko hakubakwa inzu y’amateka yaranze Jenoside, igashyirwamo ibyumba birimo n’icyumba cy’umukara kirimo amateka y’abakoze Jenoside bataragezwa imbere y’ubutabera.
Tariki 30 Mata 2023 mu Karere ka Rubavu hibukwa Abatutsi biciwe ahiswe kuri Komini Rouge, ahari urwibutso rushyinguwemo imibiri 5,209 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside, hanashyingurwa n’umubiri wa Nzaramba Jean Marie Vianney wabonetse.
Ambasade y’u Rwanda muri Mali ifite icyicaro i Dakar muri Senegal, n’Umuryango w’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Mali, bitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kikaba cyarabaye ku itariki 30 Mata 2023, kibera mu Murwa Mukuru Bamako.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Assoumpta Ingabire, avuga ko abakoze Jenoside nta murage muzima basigiye ababo kuko bibukwaho ibibi.
Abarokotse Jenoside bafite ababo bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwo mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye, bavuga ko ku bw’amateka ya Jenoside yaho uru rwibutso rwari rukwiye kuvugururwa mu myubakire, rukanashyirwa ku rwego rw’Akarere.
Hari abarokotse Jenoside b’i Mata mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko babanje kwanga Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuko ngo yababujije kwihorera nyamara barumvaga ari byo byabamara umujinya bari bafitiye ababiciye ababo.
Gloriose Uwizeyimana uvuka mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye, yifuje ko inzego zikuriye Abarokotse Jenoside zabafasha bakagira icyo bakora gifatika cy’ishimwe ku Nkotanyi, bazishimira ko zabarokoye amaboko y’abicanyi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Nyarubaka, bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko abana basaga 100 b’abahungu biciwe kuri bariyeri y’umugore witwa Mukangango, wari ushinzwe kugenzura ibitsina by’abana kuri iyo bariyeri kugira ngo hatazagira Umututsi wongera kuvuka (...)