Minisitiri w’Ubutabera akaba Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, aratangaza ko abafitiye imyenda Leta bagiye gukurikiranwa nyuma y’igihe kinini bihanganirwa.
Polisi mu Karere ka Muhanga iratangaza ko itazihanganira abacukuzi b’amabuye y’agaciro badakurikiza amategeko.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwafashe icyemezo cyo kubuza abanyeshuri biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze kuba mu macumbi azwi nka ‘ghetto’ bacumbikamo.
Perezida Paul Kagame yanenze ivangura ryakoreshejwe mu gushyiraho amabwiriza yo guhagarika icuruzwa ry’umucanga ku Banyekongo baza kuwugura mu Rwanda, nyuma yo kubazwa iki kibazo mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Rubavu.
Abaturiye n’abatuye muri santere ya Rwibikonde yo mu Karere ka Burera batangaza ko ibatera ubwoba kubera urugomo ruyirangwamo.
Abaturage 300 bo mu Karere ka Gicumbi barasaba ubuyobozi bw’akarere kubishyuriza amafaranga agera muri miliyoni 9 ngo bambuwe na rwiyemezamirimo batereye ibiti.
Abashinzwe gukurikirana imihindagurikire y’ibirunga bya Nyaragongo na Nyamuragira, bemeza ko kuva 28 Gashyantare Nyiragongo yongereye ibimenyetso byo kuruka mu ndiba yayo.
Kabaka Modeste, Umuyobozi wa Rebero Film ikora ibijyana no gutunganya amafilimi, yatanze amadolari ibihumbi bitatu by’itike izasubiza umwana wavukanye uburwayi budasanzwe mu Buhinde kwivuza.
Akajagari muri gare ya Ngororero gaterwa no kurwanira abagenzi no guhindagura ibiciro byashyizweho na RURA gakomeje gutera inkeke abahategera.
Hoteli ya mbere irimo kubakwa mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro ikomeje kudindizwa n’ubwumvikane buke hagati ya rwiyemezamirimo n’akarere.
Abakozi bakora mu mirimo yo kubaka umudugudu wa Gacuriro barinubira kwirukanwa kwa hato na hato ndetse bamwe ngo bakagenda batanahawe ibyo bemererwa n’amategeko.
Abaturage bo mu Murenge wa Butaro barataka inzara nyuma yo kubuzwa guhinga ibirayi bizezwa ko hagiye guhingwa Stevia bagategereza bagaheba.
Abafite abana bari bararwaje Bwaki mu Karere ka Kamonyi, bavuga ko gahunda y’Igikoni cy’Umudugudu yafashije kurenegra ubuzima bw’abana.
Abagize Koperative KOHUNYA yo mu Karere ka Rwamagana barataka igihombo batewe n’imbuto bahawe umwaka ushize bazihinga zikanga kumera.
Bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze mu Karere ka Bugesera barashinjwa gukingira ikibaba abateka Kanyanga bateze indonke.
Nyuma yo gutangiza ikoreshwa ry’amakarita mu mwanya w’amafaranga mu muhanda Kanombe-Remera (i Kigali), amaganya ni menshi mu bagenzi n’abakonvayeri.
Ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana ntibavuga rumwe ku kibazo gitera indwara z’imirire mibi mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Ikigo Stone Services gicukura kariyeri muri Jabana mu Karere ka Gasabo, kiravuga ko ako karere na Ministeri y’Umutungo Kamere(MINIRENA) bakirenganya.
Mu gihe Manda y’imyaka 5 igana ku musozo umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro Gaspard Byukusenge avuga ko atishimiye aho ubuhinzi buhagaze.
U Rwanda rugenda rurushaho kumenyekana neza mu mahanga binyuze mu bucuruzi mpuzamahanga, bitandukanye na mu myaka ishize aho rwari ruzwi gusa kubera amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gihe cy’imyaka 5 ishize, mu Karere ka Nyabihu hakozwe imihanda myinshi yanafashije abaturage kwivana mu bwingunge ariko imwe ifite ibibazo.
Abarwanyi ba FDLR bayirwaniye mu ibirindiro bya Gen Rumuri Rusamambo na Buleusa bagatsindwa bitahiye mu Rwanda kuwa 17 Ukuboza 2015.
Impuguke mu bijyanye n’ibiza kimeza cyangwa ibiterwa n’ibikorwa bya muntu, zisanga imikurire y’imijyi ari intandaro y’imyuzure yugarije u Rwanda.
Nyuma y’ibiganiro no kuregwa mu nzego z’umutekano itorero rya ADEPR Paruwasi ya Kabarondo mu Karere ka Kayonza ryemeye kwishyura rwiyemezamirimo ryariganyije.
Ibikorwa byasizwe byubatswe na Padiri Sylvain Bourguet birimo ikiraro gihuza Intara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyakabanda n’imiyoboro y’amazi birimo kwangirika kubera kutitabwaho.
Bamwe mu bahinzi muri Kamonyi batangaza ko batinya kugura inyongeramusaruro zo guhinga mu mirima y’imusozi kubera impungenge z’uko icyirere cyabatenguha bakarumbya.
Abagabo bafite abana barwaye bwaki nyuma yo kwigishwa uburyo barwanya iyo ndwara biyemeje gufasha abagore babo kurera abana babo.
Abenshi mu basore bo mu Karere ka Burera basigaye bashaka abagore batarubaka inzu bikaba ngombwa ko bajya kubatungira mu bikoni by’iwabo.
Nyuma yo kubyara abana 20 ku bagore 2 Banganshaka byamukururiye amakimbirane mu muryango n’abana yabyaye ntibakundana kubera ko badahuje ba nyina.
Umuryango Transparency International Rwanda uratangaza ko umuhesha w’inkiko utarabigize umwuga atazongera kurengana kubera gushyira mu bikorwa imyanzuro y’urukiko.