Umunyonzi wo mu Karere ka Burera yakoze ubukwe agenda n’amaguru, aherekezwa n’abantu baririmba, babyina, bavuza amafirimbi, buzura umuhanda imodoka zirahagarara.
Ibikorwa byo kubaka kaminuza mpuzamahanga y’ubuvuzi mu Karere ka Burera byaratangiye, kuri ubu bari mu gikorwa cyo gusiza ikibanza izubakwamo.
Abakoresha umuhanda Cyanika-Musanze bibaza igihe uyu muhanda uzakorerwa, kuko ushaje ku buryo udindiza ubuhahirane ukanateza n’impanuka.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko kuba baregerejwe amavuriro byatumye bibohora ikibazo cyo gusangira ibinini no kurembera mu rugo.
Abaturage bo ku kirwa cya Birwa I kiri mu Karere ka Burera, batangaza ko ubwato bahawe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwazamuye imibereho yabo ikaba myiza.
Jeannette Caroline Nduwamariya, umugore wo mu kigero cy’imyaka nka 40 yinjiza amamiliyoni buri kwezi akomora ku gitekerezo yakuwe mu kwigisha abandi kwikura mu bukene.
Bamwe mu bagore hirya no hino mu gihugu bamaze kumenya ko kwitinyuka bashaka umurimo ubafasha kugira uruhare mu iterambere ry’imiryango yabo.
Sgt Ntantoro Apollinaire wakoze mu itumanaho rya Etat Majoro yo ku bwa Habyarimana, byatumye amenya amabanga y’uburyo Jenoside yategurwanye ibanga n’ubuhanga bikomeye.
Bamwe mu Banyarwanda barifuza ko hakomeza kunozwa bimwe mu bitagenda neza mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Minisitiri w’Ubutabera akaba Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, aratangaza ko abafitiye imyenda Leta bagiye gukurikiranwa nyuma y’igihe kinini bihanganirwa.
Polisi mu Karere ka Muhanga iratangaza ko itazihanganira abacukuzi b’amabuye y’agaciro badakurikiza amategeko.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwafashe icyemezo cyo kubuza abanyeshuri biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze kuba mu macumbi azwi nka ‘ghetto’ bacumbikamo.
Perezida Paul Kagame yanenze ivangura ryakoreshejwe mu gushyiraho amabwiriza yo guhagarika icuruzwa ry’umucanga ku Banyekongo baza kuwugura mu Rwanda, nyuma yo kubazwa iki kibazo mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Rubavu.
Abaturiye n’abatuye muri santere ya Rwibikonde yo mu Karere ka Burera batangaza ko ibatera ubwoba kubera urugomo ruyirangwamo.
Abaturage 300 bo mu Karere ka Gicumbi barasaba ubuyobozi bw’akarere kubishyuriza amafaranga agera muri miliyoni 9 ngo bambuwe na rwiyemezamirimo batereye ibiti.
Abashinzwe gukurikirana imihindagurikire y’ibirunga bya Nyaragongo na Nyamuragira, bemeza ko kuva 28 Gashyantare Nyiragongo yongereye ibimenyetso byo kuruka mu ndiba yayo.
Kabaka Modeste, Umuyobozi wa Rebero Film ikora ibijyana no gutunganya amafilimi, yatanze amadolari ibihumbi bitatu by’itike izasubiza umwana wavukanye uburwayi budasanzwe mu Buhinde kwivuza.
Akajagari muri gare ya Ngororero gaterwa no kurwanira abagenzi no guhindagura ibiciro byashyizweho na RURA gakomeje gutera inkeke abahategera.
Hoteli ya mbere irimo kubakwa mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro ikomeje kudindizwa n’ubwumvikane buke hagati ya rwiyemezamirimo n’akarere.
Abakozi bakora mu mirimo yo kubaka umudugudu wa Gacuriro barinubira kwirukanwa kwa hato na hato ndetse bamwe ngo bakagenda batanahawe ibyo bemererwa n’amategeko.
Abaturage bo mu Murenge wa Butaro barataka inzara nyuma yo kubuzwa guhinga ibirayi bizezwa ko hagiye guhingwa Stevia bagategereza bagaheba.
Abafite abana bari bararwaje Bwaki mu Karere ka Kamonyi, bavuga ko gahunda y’Igikoni cy’Umudugudu yafashije kurenegra ubuzima bw’abana.
Abagize Koperative KOHUNYA yo mu Karere ka Rwamagana barataka igihombo batewe n’imbuto bahawe umwaka ushize bazihinga zikanga kumera.
Bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze mu Karere ka Bugesera barashinjwa gukingira ikibaba abateka Kanyanga bateze indonke.
Nyuma yo gutangiza ikoreshwa ry’amakarita mu mwanya w’amafaranga mu muhanda Kanombe-Remera (i Kigali), amaganya ni menshi mu bagenzi n’abakonvayeri.
Ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana ntibavuga rumwe ku kibazo gitera indwara z’imirire mibi mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Ikigo Stone Services gicukura kariyeri muri Jabana mu Karere ka Gasabo, kiravuga ko ako karere na Ministeri y’Umutungo Kamere(MINIRENA) bakirenganya.
Mu gihe Manda y’imyaka 5 igana ku musozo umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro Gaspard Byukusenge avuga ko atishimiye aho ubuhinzi buhagaze.
U Rwanda rugenda rurushaho kumenyekana neza mu mahanga binyuze mu bucuruzi mpuzamahanga, bitandukanye na mu myaka ishize aho rwari ruzwi gusa kubera amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gihe cy’imyaka 5 ishize, mu Karere ka Nyabihu hakozwe imihanda myinshi yanafashije abaturage kwivana mu bwingunge ariko imwe ifite ibibazo.