Umukinnyi wa filime muri Amerika Lupita Nyong’o yagaragaje ko atewe ishema no gusokoza amasunzu akomoka mu Rwanda, ubwo yari yitabiriye ibirori bikomeye byo gutanga ibihembo bya “Oscars.”
Iserukiramuco mpuzamahanga rya Sinema nyafurika rigiye kubera mu Rwanda guhera tariki ya 25 Werurwe 2018.
Umuhanzi Niyitegeka Gratien uzwi mu buhanzi nka Sekaganda, cyangwa Seburikoko yemeza ko agira udukoryo yihariye iyo atereta inkumi ku buryo idashobora kubyitiranya no gutera urwenya.
Johnny Hallyday, umuhanzi w’Umufaransa wari umuhanga mu njyana ya Rock yitabye Imana ku myaka 74 azize indwara y’ibihaha.
Mu mezi ari imbere abakunzi ba Filime mu Rwanda bashobora kubona imbonankubone umukinnyi wa filime w’umufaransa witwa Eriq Ebouaney kuko ashobora kuza mu Rwanda.
“Rwanda Film Festival” iserukiramuco Nyarwanda rya Sinema rigiye kuba ku nshuro ya 13 rikazahuriramo abakora sinema mu Rwanda no mu mahanga.
Willy Ndahiro wamenyekanye nka Paul muri filime “Ikigeragezo cy’ubuzima” asobanura byinshi bituma sinema yo mu Rwanda isubira hasi birimo no kuba abayirimo bamwe nta bumenyi buhagije bafite.
Umukinnyi wa filime mu Rwanda, Umutoni Assia agiye kwerekana filime ye irimo icyamamare mu gukina filime muri Tanzania, Vincent Kigosi.
Mu iserukiramuco rya Cinema (Festival du cinéma africain de Khouribga) ribera muri Maroc, iry’uyu mwaka, mu birori byo kuri uyu wa 15 Nzeli 2017, Umuco Nyarwaanda wahawe ikuzo n’icyubahiro nkumuco wihariye.
Laura Musanase, ukina yitwa Nikuze muri filime Nyarwanda yitwa “City Maid”, avuga ko asigaye ahura na bamwe mu bakunzi b’iyo filime bakarira kubera ibyo akina muri iyo filime.
Chinedu Ikidieze na Osita Iheme n’ibindi byamamare muri sinema nyafurika byitabiriye umugoroba (Gala Night) w’abahatanira ibihembo bya “AMAA2017" batemberejwe umujyi wa Kigali.
James Cameron wanditse akanayobora filime “Titanic” yasohotse mu 1997, yajyanwe mu nkiko azira kuba yaribye igitekerezo cyo gukora iyo filime yakunzwe.
Dusabejambo Clementine, niwe Munyarwanda wenyine ugaragara ku rutonde rw’abahatanira ibihembo bya filime byitwa AMAA (The Africa Movie Academy Awards).
Icyamamare muri sinema muri Hollywood, Dwayne Johnson “The Rock” yatangiye gukina filime izaba ishingiye ku ngagi zo mu Birunga mu Rwanda.
Guhitamo abazahatanira ibihembo bya sinema nyafurika byitwa AMAA (The Africa Movie Academy Awards) bigiye kubera mu Rwanda muri Gicurasi.
Umunyarwenya Kayitankore Njoli uzwi nka Kanyombya atangaza ko nyuma yo kubatizwa, ubu yitegura gukina filime azakinamo ari Yesu.
Umuhanzi Ntarindwa Diogene wamenyekanye nka Atome cyangwa Gasumuni yabuze se umubyara witabye Imana azize uburwayi.
Iserukiramuco rya Filime rya Mashariki African Film Festival (MAAFF) rigiye kongera kubera mu Rwanda guhera ku itariki ya 25 kugera 31 Werurwe 2017.
Depite Bamporiki Edouard yemereye amafaranga Rwanda Movie Awards, yo guhemba abakinnyi ba filime bitwaye neza ariko ntiyahabwa abo yagenewe.
Abagize Club Ruganzu n’Ibisumizi y’i Gasabo, basuye kwa Nyagakecuru i Huye batangira gutekereza ku ko bazerekana uko Ruganzu yigaruriye Ubungwe.
Umuhanzi Niyitegeka Gratien uzwi nka Seburikoko atangaza ko adatewe ipfunwe no kuba agize imyaka 38 y’amavuko atarashaka umugore.
Abiga ibijyanye na filime mu ishuri rikuru rya NSPA ry’i Huye, bavuga ko iserukiramuco rya filime z’i Burayi ryabatinyuye.
Abakora ibijyanye na filime mu Rwanda ngo bazigira byinshi mu iserukiramuco rya filime z’i Burayi rigiye kubera bwa mbere mu Rwanda.
Mu Rwanda hagiye kubera iserukiramuco Mpuzamahanga rya Sinema rizahuriramo ibihugu by’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi, rizatangirwamo amahugurwa ku bakinnyi ba Filime Nyarwanda.
Umukinnyi wa Filime, Dwayne Johnson, aza ku isonga mu bakinnyi bose ba Filime binjije amafaranga menshi mu mwaka wa 2015-2016.
Filime “Ca inkoni izamba” ihuriwemo n’abakinnyi bakomeye mu Rwanda ndetse no mu Burundi, ishobora gusohoka muri Kamena 2016.
Abareba filime Nyarwanda bavuga ko ari ngombwa ko abazikora bongera ubunyamwuga kugira ngo zibashe guhangana n’inyamahanga.
Frank Joe, yishimiye kuzagaragara muri filime ya Hollywood akaba ari filime abona ko izamukingurira amarembo ku rwego mpuzamahanga.
Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime w’Umunyarwanda Frank Rukundo uzwi nka Frankie Joe, azagaragara muri filime yakorewe Hollywood yiswe The PainKillers.