Tom Close agiye kurushingana n’umukunzi we Tricia

Biteganyijwe ko tariki 30/11/2013 aribwo ubukwe bwa Muyombo Thomas (Tom Close) na Niyonshuti Ange Tricia buzaba. Ibijyanye n’imihango yo gusaba no gukwa nta kiratangazwa.

Gusezerana imbere y’Imana bizabera kuri Katederali Saint Etienne mu Biryogo saa cyenda. Nyuma y’uwo muhango wo gusezerana, biteganyijwe ko abatumiwe bazakirirwa muri Sano Park i Rusororo guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba; nk’uko bigaragara ku rupapuro rwabo rw’ubutumire.

Muyombo Thomas wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Tom Close ni umuhanzi wamenyekanye cyane mu njyana ya R& B binavugwa ko ari nawe wayitangije hano mu Rwanda mbere gato y’uko The Ben na Meddy nabo binjira muri muzika.

Tom Close n'umukunzi we Tricia bagiye kurushinga.
Tom Close n’umukunzi we Tricia bagiye kurushinga.

Tom Close yagiye yegukana ibihembo bitandukanye harimo ndetse no kuba yaregukanye amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yayo ya mbere anahembwa gutemberera muri Amerika no gukorerayo indirimbo hamwe n’umuhanzi w’icyamamare wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika uzwi ku izina rya Sean Kingston.

Yamenyekanye cyane mu ndirimbo ze nka “Si beza”, “Sinari nkuzi”, “Bazanyica”, “Do me like that” nayo yakoranye n’umunyamerikakazi uzwi ku izina rya Lamyia, “Ndacyagukunda” n’izindi.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

Ibitekerezo   ( 31 )

gusa tomclose atanze itandukaniro nabandibastar too!turamushigikiye

mubarakh yanditse ku itariki ya: 7-11-2013  →  Musubize

Knowles Nange Ndamukunda Cyane. Ndumwe Mubamushaka. Gusa Sinzi Niba Yakemerako Dusohokani Nibuze Umunsi 1 Umwe.

Donat yanditse ku itariki ya: 5-11-2013  →  Musubize

Ndasaba knowless Butera ko yahitamo umusore akavana abandi bose mugihirahiro.arakunzwe cyane kdi buri umwe wese yumva yaba umuboy freind we.

sylvestre yanditse ku itariki ya: 5-11-2013  →  Musubize

ENJOY YOUR WEED

TS MARIKIS yanditse ku itariki ya: 4-11-2013  →  Musubize

yeweee!!mbega byiza tom frestatoin kabisa basige icyo gifunguzo yewe!

braeking yanditse ku itariki ya: 4-11-2013  →  Musubize

Thomas we nibyiza kuba umugabo kdi ubigirwa no kuzuza inshino zawe nk’umugabo muzahirwe.

Batamuriza yanditse ku itariki ya: 3-11-2013  →  Musubize

yeah!yesu aragowe nukuri kuko intore zimuzanira intama abiyise abashumba bagasakuza ngo akintore nuguhamiriza ntizishinzwe umukumbi buriyase theo yageze kuri kristo ate ntibazi aho yavuye niyompamvu yiyemeje gukorera christo atavanguye kandi adeperi nireba nabi izamubura nonese abadive kobataciye safi ntajya gusenga akanacurangira imana nukuri umutima wumuhanzi iyo wegereye imana nuwambere muguhindura abandi

Hategekimana Aimable yanditse ku itariki ya: 31-10-2013  →  Musubize

TOm mbifurije urugo ruhire,muzabyare hungu na kobwa

Allias yanditse ku itariki ya: 31-10-2013  →  Musubize

tom nkwifurije ubukwe bwiza wowe numukunzi wawe muzabane akaramata muzabyare muheke hungu na kobwa

umusalama yanditse ku itariki ya: 30-10-2013  →  Musubize

Ndagaya umuntu Usebya Abahanzi Bacu Imana Imubabarire

Paster yanditse ku itariki ya: 29-10-2013  →  Musubize

Tubifurije urugo ruhire muzagire urugo ruhire mubyare hungu na kobwa muzagire amata nubuki

Bernard yanditse ku itariki ya: 29-10-2013  →  Musubize

ZIGG ubukwe bwiza kabisa gusa mbona agira reaction vuba
ntazayigigane n’umgore we.

MANISHIMWE JEAN D’AMOUR yanditse ku itariki ya: 28-10-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka