Mu mvugo ijimije, Dj Adams araburira abahanzi bajya mu bapfumu

Umunyamakuru Dj Adams umenyereweho cyane kunenga abahanzi, araburira abahanzi byitwa ko bajya mu bapfumu gushakisha icyatuma bamenyekana.

Bimaze iminsi bivugwa ko hari bamwe mu bahanzi baba biyambaza abapfumu kugira ngo bamenyekane, bakundwe ndetse babe banagira amafaranga menshi.

Nyuma y’uko ibi bivuzwe, abantu banyuranye bagiye babivugaho gutadukanye harimo abemeza ko bibaho n’abandi bahakana bakavuga ko bitabaho.

Nubwo bimeze bityo ariko, mu mvugo ijimije, Dj Adams we araburira abahanzi baba babijyamo ariko ukurikije uburyo ababuriramo, nawe ntiwabura kumushyira mu mubare w’abemeza ko bibaho.

Dj Adams.
Dj Adams.

Abinyujije kurukuta rwe rwa facebook, Dj Adams yagize ati : « Wumva bavuga ngo bararoga "bakarya hit"(bakamenyekana). Ingero z’izo hit ntazo nzi. Njye nzi kuroga cyangwa abarozi nabanza nkaroga umuntu uwo ari we wese unkura ku "mbehe" mba niyibiye (nashishuye) ubundi "nkarya hit" idafite ingaruka… ».

Mu mvugo ye n’ubwo yasaga nk’uburira abahanzi bajya mu bapfumu, yasaga kandi n’ubwira abahanzi byitwa ko bigana indirimbo z’abandi aribyo bita gushishura mu mvugo abahanzi bakoresha.

Akomeza agira ati : ‘‘Umuntu aremera akaba umupfu kabiri koko? guhitamo ibyo ashoboye byamutunga, akongera agapfa ashaka kuriganya ngo amenyekanishe ibijurano mu bapfumu. ubure gukoresha ubwenge (creativity) niba wemeza ko ubufite (ubuhanzi)!!’’.

Dj Adams muri studio za City Radio.
Dj Adams muri studio za City Radio.

Dj Adams asanzwe amenyereweho kunenga abahanzi cyane cyane abo bivugwa ko baba bigana ibihangano by’abandi aho guhanga ibyabo.

Azwiho kandi kuba umuntu utajya atinya kubwira abahanzi ndetse n’abandi amakosa ababonyeho. Azwiho nk’umuntu ukunda ukuri kandi akaguharanira bikaba bituma bamwe mu bahanzi batamwibonamo.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

Ibitekerezo   ( 16 )

dg adms sinarimuzi ark mbonye ameze nkaho atuzuye umuntu ureba imirari nawe azareke urumojyi

shukuru yanditse ku itariki ya: 6-01-2014  →  Musubize

so njyenumva yabagiri nama ahokuba senya 2 so ntarusha abanya rd bose ubwenge bumva misic nya rd anjyame nya size yamba 2.

patrick kanyeshuri yanditse ku itariki ya: 3-01-2014  →  Musubize

Uriya Mu Nigga Swing Ze Akunda Kuzifatira Kumuziki Nyarwanda Umutima We Urarwaye Ucyeneye Muganga Aho Kubashikira Hit Ikuzimo Bo Barabeho Sabacu Kbs

Cyuzuzo James yanditse ku itariki ya: 15-10-2013  →  Musubize

i think dj adams is crazy

cindy smith yanditse ku itariki ya: 29-03-2013  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka