Umunsi wa kabiri wo gusohoera abakobwa mu mwiherero wa Miss Rwanda, usize Igihozo Darine asohotse mu cyumba cye, ahabwa imodoka imigeza iwabo nk’uko uwamubanjirije byamugendekeye.
Hari abakeka ko kuba abakobwa bari mu mwiherero bagiye kumva uburyohe bw’amafunguro meza, kudabagira mu byumba bihenze, cyangwa kwifotoza amafoto abereye imbuga nkoranyambaga.
Ku munsi wa mbere wo gusezerera abakobwa muri Boot Camp, Higiro Joally wari ufite numero 15, ni we ubaye uwa mbere mu gusezererwa mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019.
Umuhanzikazi Tonzi avuga ko yacunagujwe cyane, agahagarikwa muri korali inshuro nyinshi, akajya anahamagarwa kugirwa inama cyangwa akihanizwa n’abo mu itorero ry’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi, igihe yabaga agiye kuririmba ahantu hatari mu rusengero.
Byatangaje abantu cyane ubwo Jay Polly yavugaga ko ari umukirisito wo muri ADEPR, mu gihe mu minsi ishize yavuzweho amahane yatumye akubita umugore we bikamuviramo gufungwa amezi atanu, yafungurwa akarara asinze.
Bamwe mu bahanzi bitabiriye irushanwa Primus Guma Guma Superstar, baravuga ryabagejeje kuri byinshi birimo kubona amafaranga yabafashije gutera imbere mu muziki wabo, kumenyera umuziki wa LIVE ndetse no kubamenyekanisha.
U Rwanda kimwe n’ahandi, rutegura amarushanwa ya nyampiga w’igihugu, hagatorwa umukobwa uhiga abandi akambara ikamba mu gihe cy’umwaka wose, akaba yanahagararira igihugu mu marushanwa mpuzamahanga y’ubwiza. Irushanwa rya Miss Rwanda mu Rwanda ryatangiye mu w’1992, ariko risa nk’iridahawe agaciro, kuko ritari riteguwe neza. (...)
Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane Instagram mu cyo bise #10yearchallenge, abantu batandukanye biganjemo abafite amazina azwi mu Rwanda mu myidagaduro bakomeje kugaragaza uko bameze ubu, n’uko bari bameze mu myaka icumi ishize. Icyo aya mafoto ahuriyeho ni impinduka zigaragara ku mubiri. Aba ni bamwe muri bo:
Mu byumweru bitatu bishije, ibitangazamukuru byo mu Rwanda byerekeje amaso ku irushanwa rya Miss Rwanda byirengagiza ibindi byose.
Abakurikiye igitaramo cyiswe East African Party yakoze ku munsi wa mbere w’umwaka wa 2019, bemeza ko Meddy wari umushyitsi mukuru yarushijwe n’abo bahuriye ku rubyiro, kandi ngo nta kidasanzwe yakoze ugereranije n’igitaramo yari aherutse gukorera i Rugende umwaka wari wabanje.
Iradukunda Grace Divine uzwi nka DJ Ira mu kazi ko kuvanga imiziki mu Rwanda, ngo agorwa n’ukuntu abasore n’abagabo bamubona ku rubyiniro avanga imiziki bakamwifuza, abandi bakamubeshya ibiraka bashaka kumwaka numero ya telephone ngo bazamuterete.
Korali Itabaza yo mu Bibare mu Karere ka Gasabo yaririmbye ‘ifoto y’urwibutso’ ubu ntikigaragara cyane mu ruhando rw’amakorali ashakishwa mu Rwanda, ariko abayigize bizeye ko izongera ikaba korali ikomeye, nk’uko byahoze cyera.
Gusohora indirimbo mu buryo butumvikanywe n’impande zombi, byatumye Bruce Melodie yijundika bikomeye umunya Ecosse Iain Stewart bakoranye indirimbo yitwa Karma.
Ishuri ryigisha Muzika mu Rwanda Nyundo Music school rigiye kongera gutanga amahirwe ku bana bifitemo impano muri muzika.
Mwiseneza Josiane washyigikiwe cyane n’abafana kuva ku munsi wa mbere yinjira mu irushanwa rya Miss Rwanda, yabonye itike yo kwinjira mu mwiherero abikesha gutorwa n’abakurikira imbuga nkoranyambaga za Facebook na Instagram.
Mu bakobwa 37 bazamutse batowe mu Ntara n’umujyi wa Kigali, kuri uyu wa gatandatu tariki 05 Mutarama 2019 hagombaga gutoranywamo 20 bakomeza mu mwiherero, abandi 17 bagataha. Biteganyijwe ko Nyampinga w’umwaka wa 2019 azamenyekana ku itariki ya 26 Mutarama 2019 Uru ni urutonde rw’abakomeje, nimero bakoreshaga n’agace (...)
Imifanire yari hejuru mu ijonjora rya miss Rwanda, hashakishwa abakobwa 20 bazajya mu mwiherero.
Mwiseneza Josiane, umukobwa uhagarariye intara y’Uburengerazuba waje kwiyamamaza yakoze urugendo rw’iminota 40 n’amaguru byanamuviriyemo gutsitara akomeje kwanikira abandi ku matora ari kubera kuri Instagram na Facebook, akomeje atya akaba yahita abona tike yo kujya mu mwiherero uzwi nka ‘Boot Camp’.
Mu gitaramo ngarukamwaka kiba ku bunani East African Party, Buri Muhanzi yari yiteguye k’uburyo yanejeje abakunzi kakahava. Abayobozi batandukanye nabo barakitabiriye ndetse bigaragara ko banyuzwe n’imigendekere yacyo.
Mu gitaramo East African Party kiba buri ku itariki ya mbere, uyu mwaka byari agashya kuko nta muhanzi mpuzamahanga wari watumiwe. Umuhanzi mukuru yari Meddy, umunyarwanda utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Uyu muhanzi yeretswe urukundo rwinshi n’abamukunda nawe abitura kubabyinira koko.
Jay Polly wafunguwe agatangira umwaka wa 2019 ari hanze ya gereza, yinjiye muri gereza nk’ikirangirire, asangamo Gisa cy’Inganzo, biyemeza gukora ibitaramo mu byumba by’abagabo ndetse no muri gereza yahariwe abagore ntabwo bakumirwaga.
Umukobwa witwa Ujeneza Anne Marie, umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda utuye mu mujyi wa Rubavu, mu ntara y’Uburengerazuba, yatakambye yenda gupfukama ubwo akanama nkemurampaka kamubwiraga ko yongeye gusezererwa muri iri rushanwa atarenze umutaru.
Nyuma yo kuzenguruka intara zose uko ari enye, kuri iki cyumweru tariki 29 Ukuboza 2018 hari hatahiwe umujyi wa Kigali, ahagombaga gutoranywa abakobwa bazahagararira uyu mujyi mu kiciro gikurikiyeho hashakishwa Miss Rwanda 2019.
Ngabo Medard umuhanzi nyarwanda uzataramira abanyarwanda tariki 01 Mutarama 2019 yeretse umuryango avuka mo umukunzi ukomoka muri Etiyopiya ariwe Mimi Mehfira, maze nyina amwakirana urugwiro rwinshi.
Bidatunguranye Umuhanzi Meddy na mugenzi we Bruce Melody basubitse igitaramo bateganyaga gukorera i Bujumbura mu Burundi, mu minsi mikuru y’Ubunani.
Umuhanzi w’Umunyarwanda Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben ntakitabiriye igitaramo kiswe ’30 Billion’ yari afite I Kampala muri Uganda, igitaramo yari kuzahuriramo n’ Umunyanijeriya Davido.
Abagize umuryango w’abakirisitu gatolika witiriwe Mutagatifu Egidio (Communauté Sant’Egidio) kuri Noheli basanzwe barangwa n’ibikorwa byo gusangira n’imiryango ifite ibibazo bitandukanye, itishoboye, irwaye, abasabiriza hamwe n’abana bo mu mihanda cyangwa ababa mu bigo byita kuri bene abo bantu.
Ngabo Medar uzwi nka Meddy, niwe muhanzi nyarwanda uyoboye abandi mu bijyanye no kwamamara, hagendewe ku bwitabirwe bw’ibitaramo yitabira, uburyo video ze zarebwa ku rubuga youtube n’ibindi.
Bamwe mu babyeyi bafite abana biga umukino njyarugamba (karete) bo mu karere ka Rusizi bavuga ko aho abana babo batangiriye kuyiga hari byinshi byahindutse ku bana babo cyane cyane cyane kugira imyitwarire myiza ku bari barananiranye.
Mu gitaramo gikomeye cyane cyabaye kuri uyu wa 23 Ukuboza 2018 Chorale de Kigali yanejeje abantu mu buhanga bwayo ibaririmbira indirimbo izwi cyane iranga amarushanwa y’amakipe yabaye aya mbere iwabo ku mugabane w’Uburayi.