Umuhanzi w’icyamamare Zuch uturuka muri Wasafi Records, yasabye imbabazi nyuma y’uko yari yahagaritswe mu bikorwa byose by’ubuhanzi mu gihe cy’amezi atandatu kubera imyitwarire yagaragaje mu gitaramo aheruka gukorera muri Zanzibar kiswe ‘Fullmoon Kendwa Night’ ku itariki 24 Gashyantare 2024.
Mukabaranga Gerturde w’imyaka 59 wamenyekanye ahagana mu 1991 akiri mu mwuga w’ubuhanzi, ni we wahimbye indirimbo yitwa Urabeho uwo nkunda n’iyitwa ‘Igitaramo’ aho agira ati ‘Iki gitaramo cy’abakuru n’abato, twateraniye aha ngo twishimane...’, ariko iyi by’umwihariko yari igiye kumukoraho habura gato.
Umwamikazi w’injyana ya country music, Dolly Rebecca Parton yashimye byimazeyo Beyoncé ukomeje gukora amateka muri iyi njyana, nyuma yo gushyiraho agahigo we atigeze akora, aho indirimbo ye yayoboye urutonde rwa “Billboard Hot 100”, rushyirwaho ubwoko bwose by’injyana.
Uruganda rwa Adidas rukora ibikoresho birimo inkweto n’imyambaro bya siporo, rwatangaje ko rugiye gushyira hanze inkweto zitiriwe icyamamare mu njyana ya Reggae, Robert Nesta Marley uzwi nka Bob Marley.
Zarinah Hassan uzwi nka Zari the Boss Lady, yahakanye yivuye inyuma inkuru ziherutse kuvugwa ko aryamana na Diamond Platnumz nyuma yo gutandukana mu 2018, kuko no kumusoma ku itama byoroshye ngo atarabikora.
Umukinnyi w’icyamamare muri sinema ya Nigeria, Nollywood, John Okafor uzwi cyane ku izina rya Mr Ibu, yitabye Imana ku myaka 62, azize indwara y’umutima aguye mu bitaro bya Evercare Hospital aho yari arwariye.
Abahanzi bo mu Karere barimo Eddy Kenzo ukomoka muri Uganda na Big Fizzo wo mu Burundi, ni bamwe mu bateganyijwe kuzifatanya na Platini P mu gitaramo cyiswe ‘Baba Experience’, cyo kwishimira imyaka 14 amaze mu muziki.
Umujyi wa Boston, muri Massachusetts, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, watangaje ko iya 2 Werurwe ari umunsi wahariwe Umuhanzi Burna Boy ‘Burna Boy Day’, mu rwego rwo kumushimira ku bw’ibikorwa bye bya muzika n’ubuvugizi.
Inzego z’umutekano muri Afurika y’Epfo, zatangaje ko zataye muri yombi abantu barindwi bakekwaho guhitana umuhanzi Kiernan Forbes, uzwi nka AKA, ndetse ko aba bantu amakuru agaragaza ko babyishyuriwe nubwo hataramenyekana impamvu.
Nyuma y’uko umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Pop na RnB, Usher Raymond IV, yitwaye neza ku rubyiniro ndetse agakora n’amateka mu gitaramo cya Super Bowl half-time Show cy’uyu mwaka, abafana batangiye gusaba ko Jay Z ari we uzabataramira mu 2025.
Umuraperi Kanye West, nyuma y’uko akomeje kugirana ibibazo n’uruganda rwa Adidas rukora inkweto, mugenzi we Davido ukomoka muri Nigeria yamusabye kumusanga muri Puma abereye Ambasaderi ku rwego rw’Isi, agatera umugongo Adidas.
Umuraperi akaba n’umwe mu bahanzi batunze akayabo, Sean Love Combs uzwi nka P Diddy, yongeye gushinjwa ibikorwa by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina aho kuri iyi nshuro bitandukanye na mbere kuko ashinjwa na Rodney Jones Jr, umwe mu bagabo bahoze bamutunganyiriza indirimbo.
Umuhanzi David Adeleke wo muri Nigeria ukunzwe mu njyana ya Afrobeats, uzwi ku izina rya Davido, yatangaje ko agiye gutanga inkunga ya miliyoni 300 z’ama-Naira (Miliyoni 237Frw) yo gufasha imfubyi muri Nigeria binyuze muri Fondasiyo ye.
Umuhanzi Diamond Platnumz, ni umwe mu bakomeje kwandikwa no kugarukwaho mu binyamakuru bitandukanye mu Karere, bitewe n’inkuru zikomeje kumuvugwaho, aho ikigezweho ari uburyo yakodesheje indege igitaraganya agiye gusaba imbabazi Zuchu, bavugwa mu rukundo.
Umufotozi bamwe bita ‘Paparazzi’ wo muri Australia, yatanze ikirego kuri polisi yo muri icyo gihugu, aho ashinja se w’icyamamarekazi Taylor Swift, kumukubita igipfunsi mu maso ubwo umukobwa we yasozaga ibitaramo yakoreraga mu mujyi wa Sydney.
Ahashyizwe Car Free Zone hazwi nko ku Gisimenti i Remera mu Mujyi wa Kigali, hajyaga hahurira abidagadura muri weekend ntihari haherutse kubera ibitaramo, igisoza Tour du Rwanda 2024 kikaba cyongeye kuhasusurutsa.
Umunyamidelikazi akaba n’umwe mu bagore b’abaherwe, ufite inkomoko muri Uganda, Zari Hassan uzwi nka ‘The Boss Lady’, yakuyeho urujijo ku mashusho aherutse gusakara ku mbuga nkoranyambaga afatanye agatoki ku kandi n’uwahoze ari umugabo we, Diamond Platnumz, bigakekwa ko basubiranye.
Kenza Johanna Ameloot w’imyaka 22 ufite umubyeyi (nyina) w’umunyarwandakazi yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Bubiligi (Miss Belgique) w’umwaka wa 2024. Uwo mubyeyi we yitwa Gakire Joselyne akaba ari umunyarwandakazi, Se akaba ari Umubiligi.
Umuhanzikazi Simisola Bolatito Kosoko, akaba umwe mu bagore bakundirwa ijwi ryiza muri muzika ya Nigeria no ku rwego mpuzamahanga, yasobanuye uko Facebook yamuhuje n’umugabo n’uburyo atifuzaga gushakana n’umuhanzi.
Umuhanzi Usher Raymond IV wamamaye mu muziki mpuzamahanga mu njyana ya R&B, nka Usher, yatangaje ko nyuma ya alubumu ye nshya yahurijeho abahanzi bo muri Nigeria, agiye gutangira gukora indirimbo mu njyana ya Afrobeats.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 24 Gashyantare 2024, Madamu Jeannette Kagame yongeye kwitabira ibirori by’iserukiramuco rya Kigali Triennial rimaze iminsi ribera i Kigali mu Rwanda.
Uko iminsi igenda itambuka ni nako umuziki nyarwanda ugenda urushaho gutera imbere mu buryo bugaragara ndetse bikagaragarira mu buryo abahanzi bakomeje kwigaragaza ku ruhando mpuzamahanga by’umwihariko mu Karere.
Nyakwigendera Randeresi Landouard waririmbye ‘Karoli Nkunda’, indirimbo benshi bakunze kwita ‘Karoli nshuti yanjye y’amagara’, ni umwe mu bahanzi bo hambere bigiye gucuranga mu kigo cyitaga ku bafite ubumuga cya Gatagara, ahahoze ari muri Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu Karere ka Nyanza.
Umwuga wo kuvanga umuziki (Deejay) ntumenyerewe cyane mu bakobwa kuko kuva mbere wasangaga ukorwa n’ab’igitsina gabo gusa ariko uko imyaka yagiye izamuka, ni ko n’abakobwa bagenda barushaho kuwinjiramo ndetse bakanagaragaza ko bashoboye.
Beyoncé Giselle Knowles-Carter, umuhanzikazi ukomoka muri Amerika, yabaye umwiraburakazi wa mbere wakoze amateka, indirimbo ye aherutse gushyira hanze ikayobora urutonde rwa Billboard country chart’ rw’injyana za Country Music.
Aurore Mutesi Kayibanda wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2012, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Jacques Gatera bari bamaze iminsi mu rukundo.
Abahanzi nka Michael Jackson, Whitney Houston, umwami n’umwamikazi mu njyana ya Pop na RnB, ni bamwe mu bagiye bakora amateka bagaca uduhigo tutarakurwaho n’undi uwo ari we wese bakagurisha miliyoni za kopi za Alubumu ku bakunzi babo hirya no hino ku isi.
Rusanganwa Norbert, uzwi nka Kenny Sol, akaba umwe mu bahanzi bahagaze neza bamaze no kugwiza igikundiro mu Rwanda no mu Karere, yamaze kwinjira mu mikoranire na label y’umuziki ya 1:55 AM, iyobowe na Karomba Gael, uzwi ku izina rya Coach Gael.
Umusaza Ngombwa Timothée wahimbye indirimbo zirenga 100 zirimo izagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu nka Ziravumera, Ziganjamarembo, n’izindi, yatangarije Kigali Today ko nyuma y’igihe kirekire yari amaze arwaye, ubu noneho aje guhagarara ku bihangano bye byitirirwa abandi bahanzi.
Umuhanzikazi akaba n’umukinnyi ukomeye muri sinema ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Jennifer Lopez, yatangaje ko akazina ka ‘Ifunanya’, ari ryo zina ry’akabyiniriro agiye kujya yitwa.