Ikipe ya Rutsiro FC izamutse mu cyiciro cya mbere nyuma yo gutsinda Vision FC, Rutsiro FC ikazasimbura imwe muri Heroes na Gicumbi zamanutse.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha rutahizamu Sunday Jimoh Oni amasezerano y’imyaka ibiri, nyuma y’iminsi mike yari amaze mu Rwanda
Umukino wahuzaga Amavubi na Cap-Vert, urangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa, umukino Amavubi yakinnye iminota myinshi ari abakinnyi 10
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ndetse na Blue Sharks ya Cap-Vert baraza kongera gukina umukino wo gushakisha itike ya CAN 2021, umukino ubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Rutahizamu Sugira Ernest yahamagawe n’umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru, Mashami Vincent, jugira ngo afatanye n’abandi bakinnyi kwitegura umukino u Rwanda rufitanye na Cap-Vert ku wa Kabiri tariki 17 Ugushyingo 2020.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ndetse n’aba Cap-Vert, baraye bageze mu Rwanda baje mu ndege imwe, aho bafitanye umukino wo kwishyura uzabera i Kigali ku wa Kabiri tariki 17 Ugushyingo 2020.
Umutoza w’ikipe ya APR FC Adil Mohamed yatangaje ko umukinnyi Ishimwe Kevin uheruka guhagarikwa by’agateganyo, yanirukanywe burundu kubera imyitwarire mibi.
Ikipe ya APR FC ikomeje kwitegura ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League aho izakina na Gormahia yo muri Kenya yatsinze umukino wa gicuti yakinnyemo na Sunrise FC ibitego 2 kuri 1, Gasogi United na yo itsinda Etincelles FC igitego kimwe ku busa mu mukino wa gicuti.
Ikipe y’Igihugu y’Umupira w’amaguru, Amavubi, inganyije na Cap-Vert ubusa ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo gushaka itike ya CAN 2021.
Nyuma y’iminsi umunani ari mu bitaro, umunya-Argentine w’icyamamare mu mupira w’amaguru Diego Maradona yavuye mu bitaro yari arimo mu mujyi wa Buenos Aires, aho yari yarabazwe ku gice cy’ubwonko.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoze imyitozo ya nyuma, umutoza atanga icyizere cyo kuza kwitwara neza mu mukino utegerejwe kuri uyu mugoroba
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda rimaze gusezerera burundu ikipe y’Amagaju nyuma yo kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus
Mu igenzura ryakozwe na Minisiteri ya Siporo kuri uyu wa Gatatu, amakipe abiri yo mu cyiciro cya kabiri yahagaritswe nyuma yo kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iherereye mu gihugu cya Cap-Vert, aho igomba gukina umukino wo gushaka itike ya CAN 2021, umukino utegerejwe ku munsi w’ejo.
Umutoza Robertinho usigaye atoza Gor Mahia yo muri Kenya, aratangaza ko nyuma yo gutombora APR FC yabonye ubutumwa bwinshi bw’abarayons bamubwira ko bazamushyigikira
Ikipe ya APR FC yamaze kumenya ikipe bazahura mu marushanwa ya CAF Champions League, aho izahura na Gro Mahia yo muri Kenya
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yerekeje i Praia muri Cap-Vert mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika izaba mu mwaka wa 2022 muri Cameroun
Mu mukino wa mbere wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yatsinze Alpha FC igitego 1-0 mu mukino wabereye ku kibuga cy’imyitozo cyo mu Nzove.
Rutahizamu Aboubacar Lawal wari umaze iminsi akora igeragezwa mu ikipe ya AS Kigali yamaze kuyisinyira amasezerano y’imyaka ibiri nyuma yo gushimwa n’umutoza.
Mu barwayi 12 ba Coronavirus baraye bagaragaye mu karere ka Nyamagabe, harimo abakinnyi 11 b’Amagaju iri kwitegura imikino ya Playoffs
Umutoza w’ikipe ya AS Kigali Eric Nshimiyimana nyuma yo gutsinda Interforce yavuze uko abona Kwizera Pierrot ndetse na rutahizamu mushya bakuye muri Nigeria
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent yasobanuye impamvu rutahizamu Sugira Ernest atakomeje imyitozo mu ikipe y’igihugu, ahubwo akagaragara muri Rayon Sports.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryasinyanye na RBA amasezerano y’imyaka itatu, yo kwerekana amarushanwa ategurirwa mu Rwanda.
Mu ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje gukora imyitozo, abakinnyi batatu basezerewe mu gihe haheruka kwinjiramo aba APR FC ndetse n’abakina hanze
Abakinnyi ba Rayon Sports bari bamaze amaezi asaga umunani badakina basubukuye imyitozo, ku kibuga basanzwe bakoreraho mu Nzove
Nyuma y’ibyumweru bitatu Amavubi atangiye imyitozo, abakinnyi b’ikipe ya APR FC nabo basanze abandi mu mwiherero, aho bagomba no guhita batangira imyitozo
Mu muhango wo guhererekanya ububasha muri Rayon Sports, hagarutswe ku biganiro n’abaterankunga ndetse n’ibikombe Rayon Sports imaze gukusanya kugeza ubu.
Perezida mushya wa Rayon Sports Uwayezu Jean Fidele, yahumurije abakunzi b’iyi kipe ko ibibazo byari muri iyi kipe bishyizweho akadomo, ko bagiye kongera kubona ibyishimo mu minsi iri imbere.
Myugariro w’umunyarwanda Salomon Nirisarike n’abandi bakinnyi batanu bakinana banduye Coronavirus, bikazatuma atitabira imikino y’Amavubi.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 28 Ukwakira 2020, umukinnyi wo hagati ufasha abataha izamu wa APR FC Ishimwe Kevin yahagaritswe by’agateganyo n’ubuyobozi bwa APR FC azira gusuzugura umutoza we.