Mugiraneza Jean Baptiste Migi na Gisa Fausta barushinze

Umukinnyi w’ikipe ya APR FC Mugiraneza Jean Baptiste Migi, n’umunyamakuru w’imikino wa Lemigo Gisa Fausta, kuri uyu wa gatandatu tariki 7/2/2015 bemereye imbere y’Imana n’abantu ko bagiye kubana ubuzima bwabo bwose.

Migi na Fausta bari bamaze iminsi bakundana aho batahwemaga kubigaragariza abakunzi ba ruhago nyarwanda, bari bategereje uyu munsi wo kugeza inzozi zabo ku iherezo.

Inshuti yawe igushyigikira buri hamwe... Gisa Fausta yakomezaga guha umurindi Migi haba ubwo yabaga ahagarariye ikipe y'igihugu cyangwa APR FC
Inshuti yawe igushyigikira buri hamwe... Gisa Fausta yakomezaga guha umurindi Migi haba ubwo yabaga ahagarariye ikipe y’igihugu cyangwa APR FC

Ubukwe bwo kuri uyu wa gatandatu bwabimburiwe no kujya gusaba no gukwa byabereye ku Kicukiro, mbereyo kwerekeza imbere y’Imana mu kiriziya yitiriwe Mutagatifu Karoli Lwanga i Nyamirambo, aho aba bageni bombi banaheruka kubatirizwa.

Nyuma yo kwemerera imbere y’Imana ko bazabana akaramata, Migi na Gisa bakaba bakiriye abitabiriye ubukwe muri Lemigo Hotel inafite televiziyo ya Lemigo Gisa Fausta asanzwe akoraho.

Dore muri make amafoto yaranze ubukwe bwo kuri uyu wa gatandatu(Photo Makuruki)

Byatangiye abasaza basabira Migi Gisa...
Byatangiye abasaza basabira Migi Gisa...
...Bati umuhungu wacu yabengutse umukobwa wanyu...
...Bati umuhungu wacu yabengutse umukobwa wanyu...
Kandi nuwo mukobwa yaramukunze turabizi
Kandi nuwo mukobwa yaramukunze turabizi
Dore araje...
Dore araje...
Birangire amuhawe niko kwica isari
Birangire amuhawe niko kwica isari
Umutoza Mashami wa APR FC(ibumoso) n'uwa Police Maso(inyuma ibumoso) babirebaga...
Umutoza Mashami wa APR FC(ibumoso) n’uwa Police Maso(inyuma ibumoso) babirebaga...
Na Perezida wa Ferwafa Nzamwita De Gaulle(Iburyo) yari umugabo wo kubihamya
Na Perezida wa Ferwafa Nzamwita De Gaulle(Iburyo) yari umugabo wo kubihamya
N'abanyamakuru b'ingeri zose bari babutashye
N’abanyamakuru b’ingeri zose bari babutashye
Abafana nka Van D'amme wa Police(iburyo) ntibari kubura kuri uyu munsi
Abafana nka Van D’amme wa Police(iburyo) ntibari kubura kuri uyu munsi
Byari ibyishimo nukuri
Byari ibyishimo nukuri
Nzagukunda nubwo nta makuru yaba ahari yo kuvuga...
Nzagukunda nubwo nta makuru yaba ahari yo kuvuga...
Nanjye nzagushimisha nubwo intsinzi yaba yabuze...
Nanjye nzagushimisha nubwo intsinzi yaba yabuze...
Imana ibihe umugisha!
Imana ibihe umugisha!
Ibirori byakomereje muri Lemigo
Ibirori byakomereje muri Lemigo
Babimburira abandi kwica inyota
Babimburira abandi kwica inyota
Ndetse n'umutsima wari uhabaye nko kwerekana ko mu rugo ntakizahabura
Ndetse n’umutsima wari uhabaye nko kwerekana ko mu rugo ntakizahabura
Ngomirakiza Hegman usanzwe akinira APR FC yari yaherekeje mugenzi we bakinana
Ngomirakiza Hegman usanzwe akinira APR FC yari yaherekeje mugenzi we bakinana
Inshuti zibimenye ko bazabana iteka n'iteka
Inshuti zibimenye ko bazabana iteka n’iteka
URUGO RUHIRE!
URUGO RUHIRE!

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 23 )

migi mwifurije kugira urugo rw"imigisha.

nkudimana yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

Migi ,Urugo ruhire! Kdi ntuzibagirwe kwibuka Imana kuko niyo byose

Emmy Tuyizere yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

Imana ibahe umugisha kuntambwe bat eye kdi izabakomereze murukundo bayigaragatije

umuruta justine yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

nimumbarize migi ubu abafana be yarabatumiye bose nabyemera mumumbarize ko yambonye kandi mwemera naranamukubitiwe ndikumwemeza abatamushaka arabeshya nzamutumira nimbo uwo tuzabana akaramata ok urungo ruhire muzabyare hugu nakobwa kandi imana izabahe umugisha ame

paul iraguha yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

IMANA IBAHE URUGO RUHRE
RUZABE URUGENDWA
RUZATEMBE AMATA N’UBUKI.

fidos yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

ndamushyigikiye kuko ababiri baruta umwe murakoze

byiringiro yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

Congrats Migi & F

Apr yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

urugo ruhire kwa migi kdi imana ibubakire urugo rw’amahoro

roger yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

Mbifurije Urugo Ruhire Kndi Ibyo Bifuza Byoc Bazabigereho Bafashijwe N’imana Migi N’umukinnyi W’intangarugero Mugihugu Cyacu Afite Dicipline,akunda Imana Mbec N’umu Idole Abandi Bakinnyi Bagakurikije

Nibishaka Nepo yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

Mbifurije Urugo Ruhire Kndi Ibyo Bifuza Byoc Bazabigereho Bafashijwe N’imana Migi N’umukinnyi W’intangarugero Mugihugu Cyacu Afite Dicipline,akunda Imana Mbec N’umu Idole Abandi Bakinnyi Bagakurikije

Nibishaka Nepo yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

Tubifuje urugo ruhire kandi insinzi nayo izakomeza kuboneka kugirango amakuru y"imikino arusheho gushyuha.

Ikaze yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka