Ikipe ya Sunrise FC yo mu ntara y’Iburasirazuba, yegukanye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya kabiri nyuma yo gutsinda Isonga FC ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 18/5/2014.
Ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yanganyije na Libya ubusa ku busa mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika wabereye muri Tuniziya kuri icyi cyumweru tariki 18/5/2014.
Ikipe ya Arsenal, yegukanye igikombe cy’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Bwongereza (FA Cup), nyuma yo gutsinda Hull City ibitego 3-2, ivanaho imyaka icyenda yari ishize ari nta gikombe na kimwe yegukana haba mu Bwongereza ndetse n’ahandi hose ku isi.
Ikipe y’Isonga FC yari imaze umwaka umwe mu cyiciro cya kabiri yahise yongera ijya mu cyiciro cya mbere nyuma yo gusezerera SEC Academy iyitsinze ibitego 2-1 mu mukino ibiri, nyuma y’umukino wo kwishyura wabereye Kicukiro ku wa gatatu tariki 14/5/2014.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 14/05/2014, ikipe y’u Rwanda Amavubi yarekeje muri Tuniziya, aho igiye gukinirayo na Libya umukino uzaba ku cyumweru tariki 18/5/2014 mu rwego rw’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Amakipe ane azavamo imwe itwara igikombe cya shampiyona y’abagore mu mupira w’amaguru uyu mwaka, yamenyekanye nyuma y’imikino ya ¼ cy’irangiza yahuje amakipe umunani yitwaye neza kurusha ayandi muri shampiyona y’abagore.
Gakwaya Olivier wari umunyamabanga n’umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sport yamaze guhagarika ako kazi ku mpamvu avuga ko ari ize bwite nk’uko abayobozi b’iyi kipe babivuga.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 Richard Tardy aravuga ko kuba mu Rwanda hari ikibazo cy’akarande cya ba rutahizamu aribyo byatumye ikipe atoza inganya ubusa ku busa na Gabon mu mukino ibihugu byombi byakiniye i Kigali.
Ikipe ya Sunrise FC yakinaga mu cyiciro cya kabiri, yatsindiye kujya mu cyiciro cya mbere nyuma yo gusezerera Bugesera FC muri ½ cy’irangiza ku wa gatandatu tariki ya 10/5/2014 mu mukino wabereye i Rwamagana.
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sport Luc Eymael, kuri icyi cyumweru tariki ya 10/5/2014, arerekeza iwabo mu Bubiligi, kandi ntazagaruka kuko agiye atabashije kumvikana n’ubuyobozi bw’iyo kipe kandi ngo hari n’amafaranga y’umushahara we atahawe kugeza ubu.
Ikipe ya Manchester City yakomeje kwiyongerera ikizere cyo gutwara igikombe cya Shampiyona mu gihugu cy’ubwongereza kuko kugeza ubu irusha Liverpool iyikurikira amanota 2 n’ibitego bigera kuri 13 izigamye.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda rizashyira ahagaragara umutoza mushya mukuru w’ikipe y’igihugu amavubi ku wa gatanu tariki 9/5/2014, uzaba afite inshingano zo kugera kure hashoboka mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha, no gutegura neza igikombe cya CHAN kizabera mu Rwanda muri (…)
Uwari kapiteni wa Manchester United, umunya Serbia Nemanja Vidic yasezeye ku mugaragaro mu ikipe ya Manchester United ubwo yari imaze gutsinda Hull City ibitego 3-1 mu mukino we wa nyuma kuri Stade Old Trafford wabaye ku wa kabiri tariki 6/5/2014.
Casa Mbungo André usanzwe ari umutoza w’ikipe ya AS Kigali, yahawe akazi k’umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu Amavubi, ahita anagatangira ubwo yashyiraga ahagaragara abakinnyi bagomba gutangira kwitegura gukina na Libya mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Ibihano byari byafatiwe ikipe ya Rayon Sport kubera imvururu zabaye kuri Stade Amahoro nyuma y’umukino wari wahuje iyo kipe na AS Kigali tariki 20/4/2014, byagabanyijwe nyuma y’aho ubuyobozi bw’iyo kipe bufashe icyemezo cyo kujurira kuko bwavugaga ko butemera ibyo bihano.
Ku munsi wa nyuma wa shampiyona tariki 4/5/2014, APR FC yagukanye igikombe cyayo cya 14, nyuma yo gutsinda AS Muhanga kuri mpaga, naho Esperance FC na AS Muhanga zarangije shampiyona ziri ku myanya ibiri ya nyuma zisubira mu cyiciro cya kabiri.
Isonga FC na Sunrise zo mu cyiciro cya kabiri, zifite amahirwe menshi yo kuzakina icyiciro cya mbere umwaka utaha, nyuma yo kwitwara neza mu mikino ibanza ya ½ cy’irangiza yabaye ku wa gatandatu tariki ya 3/5/2014.
Mu mikino w’umunsi wa 26 wa shampiyona ari nawo wa nyuma yakinwe ku wa gatandatu tariki 03/05/2014, Kiyovu Sport yanganyije na AS Kigali igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, naho i Muhanga Mukura Victory Sport ihanganyiriza na Espoir FC ibitego 2-2.
Arsenal, ikipe y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza yahaye ubutumwa bw’ishimwe Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, bumushimira urukundo akunda siporo muri rusange na Arsenal FC by’umwihariko.
Tony Adams wamamaye muri Arsenal ubwo yayikiniraga kuva mu 1983 kugeza mu 2002, ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, akaba yarazanywe na Sosiyete y’itumanaho Airtel, mu rwego rwo guteza imbere umupira w’amaguru ushingiye ku kuzamura abakinnyi bato.
Umukinnyi w’Umunyarwanda, Haruna Niyonzima bakunda gutazira “Fabregas” ukinira ikipe ikomeye muri Tanzaniya Yanga Africans FC muri iyi minsi ngo ntahagaze neza mu ikipe nka mbere kuko atakigaragaza urwego rw’imikinire yari agezeho.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abagore muri ruhago, Grace Nyinawumuntu, yashyize ahagaragara abakinnyi 24 bagomba gutangira imyitozo ku wa gatandatu tariki 3/5/2014 bitegura gukina na Nigeria mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia muri Kanama uyu mwaka.
Ubwo Real Madrid yatsindaga Bayern Munich ibitego 4-0 mu ijoro ryo kuri uyu wa 29 Mata 2014 byatumye Christiano Ronaldo yesa agahigo ko gutsinda ibitego byinshi muri Champion’s League mu mwaka umwe.
Mu gihe hasigaye imikino 2 gusa ngo shampiyona yo mu gihugu cy’Ubwongereza (premier league) irangire, amakipe atatu: Liverpool, Manchester City na Chelsea yose arahabwa amahirwe yo kwegukana igikombe.
Kuri uyu wa 27 Mata 2014, mu Karere ka Karongi habaye imikino ya nyuma y’amarushanwa y’umupira w’amaguru yitiriwe Perezida Paul Kagame, “Umurenge Kagame Cup” maze mu bagabo ikipe y’Umurenge wa Gashali yegukana igikombe naho mu bakobwa gitwarwa n’Ikipe y’Umurenge wa Murambi.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yatomboye kuzakina na Libya mu mikino y’amajonjora y’ibanze yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc muri 2015.
Nyuma y’aho amakipe yo mu cyiciro cya kabiri yo mu ntara y’Iburasirazuba yitwaye neza mu mikino ya ¼ cy’irangiza yo kwishyura yabaye ku cyumweru tariki 27/4/2014, byahesheje iyo ntara kuzaba ifite ikipe mu cyiciro cya mbere muri shampiyona itaha, gusa iyo kipe ntabwo iramenyekana.
Kamanzi Michel wamenyekanye cyane akina hagati muri Kiyovu Sport ndetse no mu ikipe y’igihugu Amavubi, arasaba abakinnyi bakiri bato kwita cyane ku mupira w’amaguru bakawukunda cyane kurusha gukunda amafaranga, kuko ngo nibwo bazagera ku nzozi zabo.
APR FC yiyongereye amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona cya 14 mu mateka yayo, ubwo yatsindaga Espoir FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 25 wabereye i Rusisiz, naho Rayon Sport zihanganye inyangira Esperance ibitego 4-0 kuri Stade ya Kigali Nyamirambo.
Toto Vilanova wahoze atoza ikipe ya FC Barcelona yitabye Imana kuri uyu wa gatanu tariki ya 25/5/2014 azize Kanseri yo mu muhogo yari arwaye kuva mu Ugushyingo 2011.