Ikipe y’Ubudage yakoze amateka yo kwegukana igikombe cy’isi cya kane ikivanye ku mugabane wa Amerika, bwa mbere ku ikipe y’i Burayi, ubwo yatsindaga Argentine igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Maracana i Rio de Janeiro muri Brazil ku cyumweru tariki ya 13/7/2014.
Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yatsinze iya Gabon igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatandatu tariki 12/7/2014, mu rwego rwo kwitegura gukina na Congo Brazzaville mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Muri tombola yabereye ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, APR FC, imwe mu makipe azahagararira u Rwanda mu irushanwa ry’igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ rizaba kuva tariki ya 9/8/2014, yashyizwe mu itsinda rifatwa nk’irikomeye kurusha ayandi, ariko na Rayon Sport iri mu itsinda ririmo ikipe ya Young (…)
Umunya Uganda Sam Ssimbwa watozaga Police FC, kuri uyu wa gatanu tariki ya 11/7/2014, nibwo yashyikirije ibaruwa ubuyobozi bwa Police FC asezera ku mirimo ye, akaba yatangaje ko yeguye ku kazi ko gutoza iyo kipe ku mpamvu ze bwite.
Ikipe y’igihugu ya Gabon yageze mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 09/07/2014, ije gukina umukino wa gicuti n’Amavubi uzabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuwa gatandatu tariki 12/7/2014.
Ikipe y’igihugu ya Argentine izakina n’Ubudage ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi nyuma yo gusezerera Ubuholandi hitabajwe za penaliti 4-2 mu mukino wa ½ cy’irangiza wakinnwe iminota 120 ari nta gitego kibashije kwinjira mu izamu tariki 09/07/2014.
Nshimiyimana Eric wahoze atoza ikipe y’u Rwanda Amavubi, yamaze kuba umutoza mukuru wa Kiyovu Sport, ndetse nyuma yo kwemera gusinya amasezerano y’umwaka umwe, yatangiye gukoresha imyitozo abakinnyi b’iyo kipe yiyemeje kuzakinisha abakinnyi bakiri batoya muri shampiyona itaha.
Ikipe y’Ubudage yabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi, ubwo yari imaze kwandagaza Brazil ikayitsinda ibitego 7-1 mu mukino wa ½ cy’irangiza wabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 8/7/2014.
Umunyamuziki Shakira Isabel Mebarak Ripoll uzwi ku izina rya Shakira, ni umwe mu bazaririmba mu birori byo gusoza igikombe cy’isi kirimo kubera mu gihugu cya Brazil tariki 13/07/2014.
Sina Gerome, rutahizamu wa Police FC, yahamagawe mu bakinnyi 30 barimo kwitegura gukina umukino wa gicuti na Gabon, uzatuma bitegura neza guhura na Congo Brazzaville mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Ikipe y’igihugu y’U Budage yamaze kugera muri ½ cy’irangiza mu gikombe cy’isi gikomeje kubera muri Brazil nyuma yo gutsinda u Bufaransa igitego 1-0, muri ½ cy’irangiza. Ikazahura na Brazil nayo yasezereye Colombia iyitsinze ibitego 2-1 ku wa gatanu tariki ya 4/7/2014.
APR FC ku nshuro ya munani yegukanye igikombe cy’Amahoro nyuma yo gutsinda Police FC igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatanu tariki ya 4/7/2014.
Okoko Godefroid wari usanzwe atoza ikipe ya Amagaju F. C. agiye gutoza ikipe ya Musanze FC mu gihe cy’umwaka umwe nyuma y’uko umutoza mukuru n’umutoza wungirije ndetse na kapiteni w’ikipe birukanwe mu kwezi kwa Mata uyu mwaka bashinjwa imyitwarire mibi.
Ku mugoroba wo kuwa kabiri tariki ya 01/07/2014, abaturage babarirwa mu bihumbi bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, bahuriye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cyo muri uwo murenge, maze berekwa ku buntu umukino w’igikombe cy’isi, wahuje igihugu cya Argentine n’Ubusuwisi, bawurebera kuri televisiyo ya rutura bakunze (…)
Ikipe y’Ububiligi niyo yabaye iya nyuma mu kubona itike a ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’isi, ubwo yasezereraga Reta zunze ubumwe za Amerika mu mukino 1/8 wamaze iminota 120 ku wa kabiri tariki ya 1/7/2014.
Amakipe ya Nigeria na Algeria yasezerewe n’Ubufaransa n’Ubudage muri 1/8 cy’irangiza kuri uyu wa mbere tariki ya 30/6/2014, niyo yasoje urugendo rw’amakipe ya Afurika mu gikombe cy’isi cy’uyu mwaka kuko ariyo yonyine yari asigayemo.
Ku cyumweru tariki ya 29/6/2014, Ubuyobozi bwa Rayon Sport bwemeje ku mugaragaro umutoza wayo mushya, Jean Francois Losciuto, ukomoka mu Bubiligi, akaba aje gusimbura undi mubiligi Luc Eymael wasezeye muri iyo kipe muri Gicurasi uyu mwaka.
Penaliti yatewe ku munota wa 90 na Klaas-Jan Huntelaar, niyo yahesheje intsinzi ikipe y’Ubuholandi tariki 29/06/2014 ubwo yasezereraga Mexique iyitsinze ibitego 2-1, ikazahura na Costa Rica yasezereye Ubugereki kuri penaliti 5-3, nyuma yo gukina iminota 120 amakipe akanganya igitego 1-1.
Ikipe y’igihugu ya Brazil, yatsindiye kujya muri ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’isi biyigoye cyane ubwo yasezereraga Chili hitabajwe za penaliti nyuma yo gukina iminota 120 ari igitego 1-1, maze ikaza gutsinda penaliti 3-2 zatumye yerekeza muri ¼ cy’irangiza.
APR FC yasezereye Kiyovu Sport muri ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro na Police FC yasezereye SEC Academy kuri uyu wa gatandatu, nizo zizakina umukino wa nyuma uzaba tariki ya 4/7/2014.
Irushanwa ngarukamwaka rihuza amakipe yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati (CECAFA Kagame Cup) rizabera mu Rwanda kuva tariki 09-23/08/2014 rizitabirwa n’amakipe 16, bikazaba ari ubwa mbere mu mateka yaryo rizaba ryitabiriwe n’amakipe menshi.
Rutahizamu wa Uruguay na Liverpool, Luis Suarez, nyuma yo kuruma myugariro w’Ubutaliyani Giorgio Chiellini mu mukino wabahuzaga mu gikombe cy’isi, yafatiwe ibihano ko azamara amazi ane adakina ruhago, ndetse abuzwa kuzakina mikino icyenda y’ikipe y’igihugu ya Uruguay, n’ihazabu y’ibihumbi 65 by’ama pounds.
Ikipe y’igihugu ya Algeria yakoze amateka yo kugera bwa mbere muri 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’isi nyuma yo kwegukana umwanya wa kabiri mu itsinda rya munani, ubwo yanganyaga n’Uburusiya igitego 1-1 mu mukino wabaye ku wa kane tariki 26/6/2014.
Ikipe ya Nigeria, imwe mu makipe atanu yahagarariye Afurika mu gikombe cy’isi, n’ubwo yatsinzwe na Argentine ibitego 3-2 mu mukino wa nyuma mu itsinda rya gatandatu, tariki 25/06/2014, yakomezanyije nayo muri 1/8 cy’irangiza ikazahura n’Ubufaransa mu gihe Argentine izakina n’Ubusuwisi.
Nyuma yo gutsindwa n’Ubugereki ibitego 2-1, ikipe ya Cote d’ivoire yahise isezererwa mu gikombe cy’isi ndetse n’umutoza wayo Sabri Lamouchi afata icyemezo cyo kwegura ku mirimo ye, akaba yajyanye na Cesare Prandelli nawe wasezeye ku kazi ke ubwo ikipe y’Ubutaliyani yatozaga yari imaze gutsindwa na Uruguay igitego 1-0 nayo (…)
Ishyirahamwe ry’umupira w’amagauru ku isi (FIFA) ryatangiye iperereza n’ubushakashatsi bwimbitse kuri rutahizamu wa Uruguay, Luis Suarez, warumye Giorgio Chiellini mu mu mukino wahuzaga Uruguay n’Ubutaliyani bwanahise busezerewa mu gikombe cy’isi butsinzwe igitego 1-0.
Urwunge rw’Amashuri rwa Camp Kanombe ryo mu karere ka Kicukiro (mu bahungu) ndetse n’Ishuri Ryisumbuye rya Rukara mu karere ka Kayonza (mu bakobwa) ni yo mashuri yegukanye ibikombe ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’umupira w’amaguru yo mu mashuri yisumbuye yitiriwe Umukuru w’igihugu “Schools Kagame Cup”.
Ikipe ya Brazil yagukanye umwanya wa mbere mu itsinda rya mbere mu gikombe cy’isi, muri 1/8 cy’irangiza izakina na Chili yabaye iya kabiri mu itsinda rya kabiri, naho Ubuholandi bwegukanye umwanya wa mbere mu itsinda rya kabiri bukazakina na Mexique yabaye iya kabiri mu itsinda rya mbere.
Igikombe cy’imiyoborere myiza cyari kimaze igihe gihatanirwa n’amakipe y’abagore ahagarariye uturere twose tw’igihugu cyegukanywe n’akarere ka Rutsiro nyuma yo gutsinda akarere ka Musanze ibitego bine ku busa.
Algeria yatsinze Koreya y’Epfo 4-2 na Portugal yanganyije na Reta zunze ubumwe za Amerika bigoranye, ziyongereye amahirwe yo gukomeza guhatanira gukomeza mu irushanwa ry’igikombe cy’isi, mu gihe Ububiligi bwo bwamaze kwizera gukomeza muri 1/8 cy’irangiza ubwo bwatsindaga Uburusiya igitego 1-0.