Umutoza w’Amavubi Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 34 bitegura imikino ibiri ya gicuti bazakina na Santarafurika
Ikipe ya APR FC yanganyije na As Kigali igitego kimwe ku kindi, mu gihe ikipe ya Espoir FC yakiriye Rutsiro FC amakipe yombi akanganya ibitego bibiri kuri bibiri.
Uwari Perezida wa Etincelles FC, Hitayezu Dirigeant, amaze kwandikira ubuyobozi bw’iyo kipe abumenyesha ko yeguye ku nshingano zo kuba Perezida wayo.
Uwari umutoza Seninga Innocent wa Musanze FC yirukanywe ku munota wa 63 w’umukino wa Shampiyona waberaga i Bugesera uhuza Gasogi United na Musanze FC, nyuma y’uko ikipe ye yari imaze gutsindwa ibitego 4-1.
Mu nama y’inteko rusange ya Ferwafa yabaye kuri iki Cyumweru tariki 23 Gicurasi 2021, hemejwe ubwegure bwa Perezida Sekamana Jean Damascène ndetse n’abakomiseri batanu bandi.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko mu mikino itandatu y’amatsinda iheruka gukina, abafana bayo baguze amatike afite agaciro ka 6,512,000 Frws.
Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague, yongeye kugaragara mu myitozo ya APR FC, nyuma y’icyumweru yari amaze yarerekeje mu igeragezwa mu gihugu cy’u Busuwisi
Muri tombola y’uko amakipe azahura mu mikino yo guhatanira igikombe cya shampiyona, ikipe ya Rayon Sports izakina na AS Kigali ku mukino wa mbere
Uruganda rwa Skol rutera inkunga Rayon Sports rwaraye rushyikirije abagize iyi kipe agahimbazamusyi ka Miliyoni 5 Frws bari babemereye nibarenga amatsinda
Kuri uyu wa Kane ni bwo hateganyijwe y’uko amakipe azahura mu mikino yo guhatanira igikombe cya shampiyona, ndetse n’amakipe azaba arwanira kudasubira mu cyiciro cya kabiri
Niyitegeka Idrissa yagizwe Kapiteni mushya wa Musanze FC nyuma y’uko uwari Kapiteni w’iyo kipe Onesme Twizerimana, asezeye ku nshingano ze.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Gasogi United mu mukino wa nyuma w’amatsinda, bituma Kiyovu na Gasogi zijya mu makipe arwana no kutamanuka
Ikipe ya Musanze FC yatsinze As Kigali ibitego bibiri kuri kimwe isoza ku mwanya wa Gatatu, mu gihe Espoir yanganyije na Sunrise ikomeza mu makipe umunani azahatanira igikombe.
Ikipe ya APR FC yirukanye mu mwiherero umukinnyi Bukuru Christophe ashinjwa imyitwarire mibi, bikaba bibaye nyuma y’aho yari yigeze guhagarikwa nyuma akaza kubabarirwa
Ikipe ya Leicester City yegukanye igikombe cy’irushanwa ry’igihugu mu Bwongereza (FA CUP), nyuma yo gutsinda Chelsea FC igitego kimwe ku busa.
Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi bayo batanu ibashinja imyitwarire idahwitse mu bihe bibi irimo.
Kuri uyu wa 15 Gicurasi 2021, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yitabiriye Inama ya Komite Nyobozi y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), inama yabereye i Kigali, akaba yasabye abayobozi ba CAF guhindura imyumvire bagaharanira ko umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika utera imbere.
Mu gihe imikino y’amatsinda ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru iri kugana ku musozo, itegeko rigenga amarushanwa rikomeje kugibwaho impaka mu gihe amakipe azaba anganya amanota
Umufaransa wamamaye nk’umutoza wa Arsenal, Arsene Wenger, ari mu Rwanda aho azitabira Inama y’Inteko rusange y’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) izaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Gicurasi 2021 muri Serena Hotel.
Mu mukino w’umunsi wa gatanu mu itsinda rya kabiri, ikipe ya Rayon Sports na Kiyovu Sports byanganyije igitego 1-1, zikomeza gukubana mu manota
Mu mikino y’umunsi wa gatanu w’amatsinda, AS Kigali yatsinze Police FC, mu gihe Mukura yanganyije bituma ijya mu makipe azarwana no kutamanuka.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), yatangaje ko Inama y’Inteko rusange yayo izabera i Kigali mu Rwanda ku wa Gatandatu tariki ya 15 Gicurasi 2021, ari na bwo bwa mbere iyo nama ikomeye ibereye mu Rwanda.
Umudage Hans Michael Weiss wigese gutoza Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 (u-20) mu bihe bishize, ari mu bantu babiri batoranyijwe bazavamo umuyobozi wa Tekinike muri Ferwafa.
Minisiteri ya siporo yatangaje ko ikibuga cya stade Amahoro cyabaye gihagaritswe kubera kwangirika, imikino imwe yimurirwa i Bugesera
Uwari umutoza wa AS Muhanga Nduwantare Ismail Jean Marie Vianney yamaze guhagarikwa n’iyi kipe nyuma yo gutakaza imikino itatu ya mbere muri shampiyona.
Ikipe ya Chelsea FC izahura na Leicester City ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’igihugu mu Bwongereza (FA CUP), ku wa Gatandatu tariki ya 15 Gicurasi 2021 saa kumu n’ebyiri n’iminota 15 z;umugoroba (18:15), umukino uzerekanwa kuri Star Times ukazasifurwa na Michael Oliver.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze Gasogi United ibitego bine kuri kimwe ku Isabukuru y’imyaka 57 Kiyovu Sports imaze ishinzwe, mu gihe ikipe ya Rutsiro FC yanganyije na Rayon Sports igitego kimwe kuri kimwe.
Ikipe ya Police FC yasubiriye Musanze FC iyitsinda ibitego bibiri kuri kimwe mu gihe Sunrise FC inyagira Mukura VS ibitego bine kuri bibiri.
Ikipe ya Gasogi United yabonye amanota atatu yayo ya mbere imbumbe nyuma yo gutsinda Kiyovu Sports ibitego bibiri ku busa, mu gihe Heritier Luvumbu yatsinze igitego cye cya mbere muri Rayon Sports ubwo batsindaga Rutsiro FC ibitego bibiri ku busa.
Umunya-Brazil Neymar da Silva Santos Junior yongereye amasezerano y’imyaka itatu muri Paris Saint-Germain azarangira tariki ya 30 Kamena 2025. Aya makuru yatangajwe n’ikipe ya PSG ku rubuga rwa Internet rwayo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 08 Gicurasi 2021.