Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri taliki ya 20 ni bwo Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya siporo, Niyonkuru Zephanie yashyikirije ibendera ry’igihugu ikipe y’igihugu y’abato bagiye mu gikombe cya Afurika.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball y’abagore yatsinze Lebanon amanota 80 kuri 62 mu irushanwa ryo gushaka itike yo kwerekeza mu cyiciro cyo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.
Ikipe ya The Great Warriors Karate Academy yahize andi makipe yegukana irushanwa rya Karate ryiswe Zanshin Seniors Open Karate Championship ryateguwe na Zanshin Karate Academy ribera mu karere ka Huye tariki 17 na 18 Kanama 2024.
Ikipe ya Black Scorpion Kayonza, yegukanye shampiyona y’Igihugu ya Kung-Fu Wushu 2024 yakinwe tariki 18 Kanama 2024, nyuma yo guhiga andi makipe ikegukana imidali 17 ya zahabu.
Nyuma yo gutsindwa na AZAM FC 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League 2024-2025 ku wa 18 Kanama 2024, Umuyobozi w’Icyubahiro wa APR FC Gen. Mubarakh Muganga yijeje abakunzi b’iyi kipe ko intsinzi izaboneka mu mukino wo kwishyura.
Shampiyona y’igihugu y’umukino w’amagare yakinwe mu mpera z’iki cyumweru, yegukanywe Masengesho Vainqueur wa Benediction Club mu bagabo na Diane Ingabire mu bagore
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC yatsindiwe na AZAM FC igitego 1-0 kuri stade ya AZAM Complex mu mukino ubanza wa Total CAF Champions League.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Police FC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya CAF Confederations Cup yatsindiwe muri Algeria na CS Constantine ibitego 2-0 mu mukino ubanza.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Marine FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Hagati y’ukwezi kwa Kanama na Nzeri 2024, u Rwanda rugiye kwakira ibihugu 14 bizitabira imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya Cricket mu bangavu batarengeje imyaka 19.
Mu gihe shampiyona ya Basketball mu Rwanda (Rwanda Basketball League 2024) irimo kugana mu kumusozo, Patriots BBC yasubiriye ikipe ya APR BBC iyitsinda amanota 77 kuri 70, REG BBC nayo iharurira inzira Kepler BBC iyigeza mu mikino ya kamarampaka.
Kuri uyu wa Gatanu, umutoza w’Amavubi Frank Spittler yahamagaye abakinnyi 36 bagiye kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2025 izabahuza na Nigeria na Libya.
Nyirishema Richard wari usanzwe ari Visi Perezida wa FERWABA ushinzwe amarushanwa yagizwe Minisitiri mushya wa Siporo
Mu gihe hasigaye iminsi micye ngo u Rwanda rwakire irushanwa mpuzamahanga mu mukino wa Basketball ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi mu bagore, ikipe y’Igihugu cya Hongiriya (Hungary) na yo cyamaze kugera mu Rwanda yiyongera ku ikipe y’u Bwongereza.
Ikipe ya Zira FK ikinamo Umunyarwanda Mutsinzi Ange yageze mu cyiciro kibanziriza amatsinda ya EUFA Conference League mu gihe Djihad Bizimana yamusanze muri iri rushanwa nyuma yo gusezererwa kwa Kryvbas muri Europa League.
Hagati ya tariki 14 na 18 Kanama 2024, mu nyubako y’imikino y’abafite ubumuga i Remera, abarenga 200 mu mukino wa Karate bari guhabwa amahugurwa yateguwe na JKA-Rwanda ku nshuro ya gatanu.
Ikipe ya Mukura VS yagize umunyezamu Ssebwato Nicholas kapiteni wayo mu mwaka w’imikino wa 2024-2025, iniyemeza ko hagati ya shampiyona n’igikombe cy’Amahoro izatwaramo kimwe.
Imikino olempike ni yo mikino ya mbere ku isi yubashywe kandi ihuza ibihugu hafi ya byose byo kwisi mu mikino itandukanye aho umukinnyi cyangwa ikipe itsinze icyiciro iherereyemo/aherereyemo, ahembwa umudari kuva kuri Zahabu,Ifeza ndetse n’Umuringa.
Ku wa Gatandatu tariki ya 10 Kanama hateranye inama y’inteko rusange isanzwe mu ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball yemerejwemo ndetse inafatirwamo imyanzuro itandukanye.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore muri Sitting Volleyball, Dr. Mosaad Elaiuty na kapiteni wayo Mukobwankawe Liliane bavuga ko bagiye mu Mikino Paralempike guhatana atari ugukina gusa n’ubwo bazahatana n’amakipe akomeye.
Ikipe ya Police FC yegukanye igikombe kiruta ibindi mu Rwanda (FERWAFA Super Cup 2024), nyuma yo gutsindira APR FC kuri Kigali Pelé Stadium kuri penaliti 6-5 mu mukino wahabereye kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Kanama 2024.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 9 Kanama 2024, Kiyovu Sports yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino 2024-2025. Perezida w’iyi kipe, Nkurunziza David, yatangaje ko iyi ikipe ije muri shampiyona kuyitwara kuko umupira ukinirwa mu kibuga gusa.
Ku nshuro yaryo ya mbere rikinwa mu Rwanda, irushanwa rya Rwanda Cup ryegukanywe n’ikipe ya APR BBC itsinze REG BBC amanota 110 kuri 92.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 8 Kanama 2024, Umunya-Cameroon Issa Hayatou wayoboye Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika yitabiye Imana mu Bufaransa abura amasaha macye ngo yuzuze imyaka 78.
Mbere yo gutangira shampiyona ya 2024-2025, Ikipe ya Musanze FC yasinyishije umukinnyi ukina afasha ba rutahizamu Salim Abdalla wakiniye amakipe nka URA FC na SC Villa zo muri Uganda.
Kuri iki cyumweru cya taliki 5 kanama nibwo hasojwe irushnwa ngarukamwaka rya KAVC Internatiobal Volleyball Tournament mu gihugu cya Uganda aho amakipe y’u Rwanda ariyo yarwegukanye.
Umutoza w’ikipe ya APR FC Darko Nović avuga ko nubwo batsinzwe na Simba SC ibitego 2-0 mu mukino w’ibirori by’umunsi wa Simba (Simba Day) byabaye ku wa 3 Kanama 2024 ariko hari ibyo kwishimira ku ikipe ye.
Ishuri rya Karate Zanshin Karate Academy ku nshuro ya Kabiri ryateguye irushanwa ryiswe, ‘Zanshin Karate Championship’ rizabera mu Karere ka Huye mu byiciro bibiri muri uku kwezi kwa Kanama 2024, rizanagaragaramo icyiciro cy’abakiri bato.
Isiganwa Ironman 70.3 ryakinwaga ku nshuro ya gatatu mu Rwanda, ryegukanywe n’Umwongereza Raoul Metcalfe ndetse n’Umuholandikazi Barber Kramer
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yatsindiwe kuri Kigali Pelé na Azam FC igitego 1-0 nyuma y’ibirori biryoheye ijisho by’umunsi w’igikundiro iyi kipe yagaragarijemo abakinnyi izakoresha muri shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino 2024-2025.