Abantu batanu bari bagwiriwe n’ikirombe cy’i Rutongo mu murenge wa Masoro, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 03/03/2012, baje gukurwamo mu masaha y’isaa Kumi n’imwe z’umugoroba ari bazima.
Ibitaro bya Gihundwe byo mu karere ka Rusizi, byashyizwe muri gahunda y’ibitaro bigomba gufashwa kugira laboratwari y’icyitegererezo mu gusuzuma ibyorezo, hagamije gukumira ikwirakwizwa ry’indwara z’ibyorezo muri Afurika y’uburasirazuba.
Abanyamabanga babiri b’utugari twa Nyundo na Rurembo two mu Murenge wa Rusasa bafungiye kuri sitariyo ya Polisi y’akarere ka Gakenke, bashinjwa gucunga nabi umutungo wa leta.
Umuyobozi w’itorero ry’Abadivantisiti ku isi, arasaba abayoboke baryo mu Rwanda kutita ku iterambere ry’umwuka gusa, ahubwo ko bakwiye no kurijyanisha n’iterambere risanzwe.
Abafatabuguzi b’umuyoboro wa internet ku makompanyi ayicuruza mu Rwanda, bashyiriweho itegeko ribarengera mu gihe habaye ikibazo cya tekiniki cyangwa kompanyi bafatiraho ifatabuguzi ntiyubahirize amasezerano.
Mu buhamya butangwa n’abakoresheje ibiyobyabwenge, bikomeza kugenda bigaragara ko bigira ingaruka mbi muri sosiyete no ku muntu ku giti cye by’umwihariko.
Bamwe mu bahoze mu ngabo z’umutwe urwanya Leta y’u Rwanda (FDLR) bavuga ko hagize uwo abayobozi bawo bumva avuga ko ashaka gutaha bamwica. Abashaka kuva muri uwo mutwe bacika mu gicuku cyangwa bakagira Imana hakaba intambara bakabona uko bacika.
Umugabo w’imyaka 27 y’amavuko witwa Ntawumaribyisi Jean Claude uzwi ku izina rya Mafene ukomoka mu Mudugudu wa Murara, mu Kagari ka Shyombwe mu Murenge wa Rushashi afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke akekwaho kwica nyirakuru amuziza uburozi.
Impunzi z’Abanyarwanda 90 zatahutse mu Rwanda binjiriye ku mupaka wa Rusizi, tariki 01/03/2012. Ubu bacumbikiwe mu nkambi ya Nyagatare.
Umukobwa witwa Mukamana Zahara w’imyaka 30 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kirabo mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yapfuye akubiswe n’inkuba.
Umucungamutungo w’Umurenge wa Sovu mu karere ka Ngororero, Nshimiyimana Alexis, tariki 24/02/2012, yabikuje miliyoni 1.6 yari agenewe kubaka ibiraro by’inka z’abacitse ku icumu batishoboye ahita aburirwa irengero.
Abaturage bafite abishwe, abakomeretse cyangwa abonewe n’inyamaswa zi muri za piriki zo mu Rwanda bagiye guhabwa impozamarira.
U Bushinwa ntibuzatezuka ku gufasha umugabane w’Afurika mu kwivana mu bibazo; nk’uko byatangajwe n’umujyanama w’Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Chen Dong, ubwo yasuraga ishuri ryubatswe ku nkunga y’u Bushinwa muri Gatsibo.
Ikibazo cyo kubona amazi meza mu karere ka Gatsibo gikomeje kugora abatuye aka karere kuko mu baturage 300 000 batuye ako karere kimwe cya kabiri cy’abo ari bo babasha kubona amazi meza kandi nabwo babanje gukora ugugendo rurerure.
Abayobozi b’akarere ka Rubavu ndetse n’umujyi wa Goma bemeye ko bagiye gukaza umutekano w’iyi mijyi yombi mu rwego rwo gukumira ibikorwa bihungabanya umutekano ku mpande zombi.
Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDMAR) irizera ko ubufatanye bwihariye ifitanye n’Umuryango w’Abibumbye (UN), uzacyemura ibibazo by’ibiza bisigaye byibasira u Rwanda ndetse no gucyura impunzi zitaratahuka.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Tharcisse Karugarama, aratangaza buri Munyarwanda afite uburengenzira bwo kuvugana n’itangazamakuru harimo n’uwahoze ari umukuru w’igihugu, Pasteur Bizimungu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bufatanyije n’abashinzwe umutekano bafashe gahunda yo guca ingeso zituma abana bata ishuli bakajya gukorera amafaranga.
Abajura bambaye gisirikare bitwaje imbunda bateye muri centre y’ubucuruzi ya Gihengeri mu murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare tariki 28/02/2012 biba Munsasire Celestin amafaranga asaga miliyoni 23 banakomeretsa umugore we ku kaboko.
Abakozi bo muri Prezidansi, tariki 29/02/2012, basuye inteko y’abaturage ya Nyamiyaga mu rwego rwo kureba uko abayobozi b’akarere ka Kamonyi bakemura ibibazo by’abaturage.
Gilbert Sindayigaya w’imyaka 24 y’amavuko afunguye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rwamagana akekwaho kwica bunyamaswa ise, Mohamoud Kanyabigega; na mukase, Marita Mukagwego. abaziza isambu.
Umuryango urwanya ihohoterwa mu Rwanda witwa Rwanda Women Network wahawe igihembo n’umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bw’abategarugori kubera ubutumwa butandukanye watanze bukangurira abantu gukumira ihohoterwa mu Rwanda.
Amazu 14 yasenywe n’imvura yaguye irimo umuyaga mwinshi mu mudugugu wo ku murenge akagari ka Ruhanga mu murenge wa Kigina ku mugoroba wa tariki 28/02/2012.
Isoko rya Rurangazi ryo mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza ryibasiwe n’inkongi y’umuriro ku mugoroba wa tariki 28/02/2012 bamwe mu baje batabaye barasahura.
Umusaza w’imyaka 72 witwa Kayumba Pascal wari utuye mu kagari ka Bihembe umurenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango yitabye Imana tariki 28/02/2012 yishwe n’umuhungu we witwa Ndayisaba Fidele w’imyaka 32 y’amavuko.
Igihugu cya Ethiopia kirifuza kwigira ku Rwanda uburyo rukora abasirikare bakagira imibereho myiza; nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ingabo wa Ethiopia kuri uyu wa gatatu tariki 29/02/2012 ubwo yakirwaga na mugenzi we w’u Rwanda, Gen James Kabarebe.
Inyeshyamba za FDLR zateye mu karere ka Kabare na Walungu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 26/02/2012 zica abantu bane zikomeretsa ku buryo bukomeye abandi batatu.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Corolla (gikumi) yari iparitse haruguru gato ya station aho bakunze kwita kuri Total i Remera mu mujyi wa Kigali yahiye irakongoka ku mugoroba wa tariki 28/02/2012.
Umwana w’umuhungu witwa Niyitegeka Jean Louis wigaga ku ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 rya Bihira mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu yitabye Imana akubiswe n’umubaruramari (comptable) w’umurenge wa Rambura, Mugabo Simeon.
Polisi yo mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo iratangaza ko amahugurwa abapolisi bayo bazakurikirana mu gihe cy’amezi atatu mu Rwanda azatuma barwigiraho byinshi.