Umuryango w’Abahinde baba mu Rwanda bitwa ’Malayalee’ wizihije isabukuru yitwa ‘Onam’ yo gutangira umwaka, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 02/09/2012. Iyo sabukuru igereranywa n’umuganura mu Rwanda, aho baba basangira umusaruro w’ibyo bejeje.
Mu miryango isaga 170 yabaruwe ko ibana mu buryo butemewe n’amategeko mu murenge wa Save akarere ka Gisagara, 76 yasezeranyijwe kuwa gatanu tariki 31/08/2012.
Akarere ka Huye kesheje umuhigo wo gutanga amafaranga menshi mu kigega Agaciro Development Fund. Tariki 01/09/2012 Abanyehuye begeranyije miliyari imwe, miriyoni 198, ibihumbi 468 n’amafaranga 458.
Abatuye umurenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara, bavuga ko Agaciro Development Fund ari uburyo bwo kwikorera nk’Abanyarwanda kandi ari ikigega cy’iterambere bahunikamo kikazabagoboka.
Mu mihigo y’umwaka 2011-2012, akarere ka Karongi kabaye aka kabili mu Ntara y’Uburengerazuba, kaba aka 16 mu gihugu hose n’amanota 88,1%.
Abasirikare 357 bo mu mutwe wihariye bakoranaga n’ingabo za Congo mu kurwanya imitwe yitwaza intaro irimo FDLR, bageze mu Rwanda aho bari baherekejwe n’umubare utari muto w’ingabo za Congo, zikuriwe na Br. Gen. Bauma Abamba Lucien uyobora ingabo muri kivu y’Amajyaruguru.
Kapiteni Caliste Kanani, umwe mu basirikari batandatu ba FDLR batahutse ku bushake, aremeza ko yishimye kandi bimuvuye ku mutima kubona amaguru ye yongeye gukandagira ku butaka bw’u Rwanda.
Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, yageze mu murwa mukuru wa Ethiopia, Addis Ababa, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/09/2012, aho yitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Meles Zenawi, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia.
Umuryango “Never again” uharanira uburenganzira bwa muntu no kubaka amahoro, wasabye urubyuruko usanzwe ufasha rw’abagore n’abakobwa kwikorera, aho gukesha amaramuko abantu b’abagabo; kuko ngo bibaviramo gusuzugurwa ndetse n’ihohoterwa.
Abacuruzi bo mu karere ka Muhanga barangije itorero i Nkumba mu karere ka Burera, baratangaza ko iryo torero barijyiyemo ku bushake bwabo ntawe ubibahatiye.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyatanze inkunga ingana na miliyoni 387 z’amafaranga y’u Rwanda, mu kigega Agaciro Development Fund, ubwo hizihizwaga umunsi w’abasora wizihirijwe ku rwego rw’igihugu mu karere ka Musanze.
Abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda bategereje ku mupaka wa Kabuhanga, ingabo z’igihugu ziri mu mutwe udasanzwe wa "Special force" ziri butahuke zivuye muri Congo aho zari mu bikorwa byo guhashya FDLR.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, arashimira Abanyarwanda bose uburyo babadukanye ibakwe bagashyikira ikigega cyo kwihesha Agaciro, nk’uko yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/09/2012.
Ikigo cya Leta gishinzwe imiyoborere Myiza (RGB) kirateganya gukorana n’itangazamakuru, kugira ngo rigifashe gusobanurira abaturage ibijyanye no gukemura ibibazo. Ibi bishingirwa ko rifite ubushobozi bwo kwegera abaturage benshi mu gihe gito.
Inama y’Abaminisitiri iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012, yishimiye ko u Rwanda rwegukanye umwanya wa mbere, mu bihugu bigize umuryango wa “Commonwealth" byateje imbere gahunda yo kugeza uburezi kuri bose.
Imparirwakurusha z’Akarere ka Ngororero ziyemeje gushyira miliyoni 157,303,407 z’amafaranga y’u Rwanda mu kigega Agaciro Development Fund, bwo Inteko aka karere yatangizaga ku mugaragaro igikorwa cyo kugishyigikira, kuri uyu wa Gatanu tariki 31/8/2012.
Mu Rwanda hagiye gutangira gahunda yiswe 12+ izashobora kugera ku rubyiruko rw’abakobwa bari hagati y’imyaka 10 na 12, kumenya ubuzima bw’imyororokere no kwirinda ibyatuma bagwa mu bishuko byo gukora imibonano mpuzabitsina.
Ingabo z’u Rwanda zafatanyaga n’iza Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu gucunga umutekano muri Kivu y’Amajyaruguru, ziratahuka kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/09/2012, nyuma y’ibiganiro byahuje ibihugu byombi n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura Amahoro muri Congo (MONUSCO).
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwaburiye abatwara ibinyabiziga kwitondera kugonga ibiti, n’ibindi biranga imihanda, nyuma yo gukorana inama na za sosiyete z’ubwishingizi, zinubira ko zitewe impungenge n’igihombo gituruka ku kugonga ibiranga umuhanda, kuko ngo bihenze cyane.
Kuri uyu wa gatanu tariki 31/08/2012, abaturage bo mu turere twa Nyamasheke, Nyabuhi na Karongi mu ntara y’Uburengerazuba batanze umusanzu wabo mu kigega Agaciro Development Fund.
Ibitekerezo Abanyarwanda bagenda bakora bigamije kunganira Leta mu iterambere biri mu bigaragaza ko bafite ubushake bwo kwiteza imbere batitaye ku nkunga bagenerwa n’amahanga; nk’uko bitangazwa na Edouard Munyamaliza, Umuyobozi wa Sosiyete Sivile mu Rwanda.
Bamwe mu bakuru b’imidugudu mu karere ka Muhanga, baratangaza ko bagiye bafite bamwe mu bacungagereza banze kubahiriza zimwe muri gahunda za Leta bakangisha akazi bakora.
Nyinshi mu mpunzi zahunze uburasirazuba bwa Congo ngo ntizahunze intambara ahubwo ngo zahunze ibikorwa by’ihohoterwa zikorerwa kandi hatabaye intambara, ababahohotera bakitwaza ko bavuga Ikinyarwanda kandi bakaba mu bwoko bw’Abatutsi.
Mu karere ka Karongi kimwe no mu tundi turere dufite imirenge ikora ku Kivu, haravugwa ikibazo cy’abantu binjira mu Kivu rwihishwa bakajya kuroba kandi kuroba byarahagaritswe by’agateganyo kugira ngo umusaruro w’amafi wiyongere.
Muri gahunda yo gutangiza ikigega ‘Agaciro Development Fund” akarere ka Ruhango katanze umusanzu usaga miliyoni 55 n’ibihumbi 791 ndetse umuturage umwe atanga inka muri icyi kigega.
Mu rwego rwo kwihesha agaciro bagahesha n’igihugu banga agasuzuguro k’abaterankunga, abakozi bakora mu ngo bo mu karere ka Ngoma baratangaza ko batanze ibihumbi 200 mu "Agaciro Development Fund".
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yatangije gahunda yo gutanga umusanzu mu kigega “Agaciro Development Fund ” ku rwego mpuzamahanga, hakoreshejwe ikarita ya VISA.
Ubwo hatangizwaga ikigega Agaciro Development Fund mu karere ka Rusizi kuri uyu wa kane tariki 30/08/2012, byagaragaye ko n’abana bato ndetse n’abategarugori bamaze kumva akamaro k’icyo gikorwa kuko bitanze ku bwinshi.
Abatuye akarere ka Ngoma kuri uyu wa 30 Kanama 2012 ntibakanzwe n’ imvura yaramukiye ku muryango maze bayigendamo bajya kwihesha agaciro bashyigikira ikigega “Agaciro Development Fund”.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga n’inzego zishinzwe umutekano zongeye kwihanangiriza ba local defense bitwaza umwambaro w’akazi maze bakarya amafaranga y’abaturage.