Nyuma y’igihe gisaga ukwezi abatuye mu mujyi wa Rwamagana batabona amazi kubera ibikorwa byo kubaka imihanda igezweho muri uwo mujyi, kuva tariki 09/04/2013 bazongera kubona amazi kuko imiyoboro mishya izaba yatangiye gushyirwaho no gusakaza amazi.
Imbaga y’abantu yitabiriye urugendo rwo kwibuka “Walk to remember” mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 07/04/2013, harimo n’Umukuru w’igihugu, ngo ni ikimenyetso cy’uko ibitekerezo bya benshi muri iki gihe byamagana Jenoside, nk’uko bamwe babisobanura.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barasabwa kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 baharanira gukora kugira ngo bashobore kwigira, nk’uko insanganyamatsiko y’uyu mwaka ibivuga.
Minisitiri w’ibikorwaremezo, Prof. Silas Lwakabamba, aremeza ko u Rwanda rufite ubushobozi bwose bwo kurwanya no gukumira uwo ariwe wese washaka kugarura Jenoside cyangwa gusubiza u Rwanda inyuma mu buryo ubwo aribwo bwose.
Bamwe mu barokitse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu kagari ka Mugumbwa, umurenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko bakeneye ko ubuyobozi bubaba hafi bitewe n’ihohoterwa ririmo kubiba, kubakubita ndetse no kubakomeretsa mu magambo rikunze kubakorerwa mu minsi yo kwibuka.
Kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi bizagera ku bantu benshi kurusha mu myaka yashize, kubera ko bizabera mu midugudu, ibisobanuro by’ibara ry’ikijuju ndetse n’icyumba cy’amahoro kizazengurutswa hirya no hino mu gihugu.
Abanyamahoteri n’amaresitora bo mu karere ka Nyagatare barakangurirwa kujya baha Abanyarwanda amata mazima akuwe ku makusanyirizo azwi. Icyemezo kandi kireba n’aborozi kugira ngo hirindwe kugaburira abanyarwanda amata adafite ubuziranenge.
Abatuye akarere ka Nyagatare baracyakomeza guhugurwa ku kamaro amatora afite mu miyoborere n’izindi nkingi zishingirwaho na Guverinoma mu guteza imbere Umuturwanda, n’ubwo kari kahawe igikombe kubera uburyo abagatuye bitabiriye amatora aherutse.
Zimwe muri Politiki za Leta umwiherero wa 10 uherutse gusoza wagaragaje ko zitagezweho zirimo gutura ku midugudu no gukoresha biyogazi, nizo ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke butangaza ko bugiye kwibandaho muri uyu mwaka.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Immaculée Mukarwego Umuhoza, atangaza ko Leta y’u Rwanda ishishikajwe no kubaka umunyarwanda ubereye igihugu n’abagororwa bakaba bari mu barebwa n’icyo kibazo.
bamwe mu bakorera mu karere ka Kirehe batarangwaga na serivisi nziza bagiye kwisubiraho babaifashje n’ibavuye mu nama njyanama y’akarere, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 05/04/2013.
Urwego rw’Umuvunyi rwafashe ingamba zo kongera ingufu mu bikorwa bikamije kurwanya ruswa igaragara ku nzego zo hasi uhereye ku murenge, aho hagiye gushyirwaho inama ngishwanama ku rwego rw’umurenge.
U Rwanda na Kenya birajwe ishinga n’uko umubano w’ibihugu byombi warushaho kujya mbere, nk’uko byemerejwe mu biganiro ambasaderi mushya w’iki gihugu, John Mwageni, yagiranye na Perezida Paul Kagame, ubwo yamuhaga ikaze mu kazi ke kuri uyu wa gatanu tariki 04/04/2013.
Abagize akanama ngishwanama k’Umukuru w’igihugu (PAC) bamaze iminsi mu Rwanda, basuye ikigo nderabuzima n’ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro, aho bemeza ko imyanzuro bafatiye hamwe na Perezida Kagame yo kwita ku buzima n’ubukungu bushingiye ku bumenyingiro irimo gukurikizwa.
Ubwo umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe yagezaga ku bakozi b’ako karere ibyavuye mu mu mwiherero wa 10 w’abayobozi bakuru uherutse kubera i Gabiro, yabasabye ubufatanye kugira ngo iyo myanzuro ibashe kugerwaho.
Nubwo bamwe mu bafite imodoka bemeza ko gukora isuzuma ry’ibinyabiziga (Controle technique) bifite akamaro kuko bituma bamenya ibibazo ibinyabiziga byabo bifite, baraninubira igihe bamara bategereje ko bakorerwa igenzura ku kigo cya Polisi.
Abaturage batuye mu mbago z’ahazubakwa ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera mu murenge wa Ririma batangiye gusinyira imitungo yabo ngo bazahabwe ingurane.
Tariki 04/04/2013, mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo kwibuka no gushyira indabo ku mva z’Abashinwa icumi baguye mu mpanuka hagati y’imyaka 1985-1993 ubwo bakoraga umuhanda Kigali-Musanze.
Umukuru w’intara y’uburengerazuba yasabye abayobozi mu karere ka Rusizi kujya bakemura ibibazo by’abaturage batarindiriye ko hari undi uzaza kubikemura. Muri aka karere ngo hari abayobozi bavuga ko hari ibibabo byananiranye kandi mu by’ukuri nabo batekereza ugasanga babikemuye.
Bimwe mu byagaragajwe mu mwiherero wa 10 w’abayobozi bakuru b’igihugu, harimo n’imyanzuro y’umwiherero wabaye umwaka wa 2012, aho bagaragaje ko itarabashije kugerwaho ari imyanzuro ine.
Umuyobozi w’akarere ka Kirehe, Murayire Protais, yagejeje ku bayobozi b’imirenge n’utugari ibyavuye mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu wabereye i Gabiro tariki 28-30/03/2013 akaba yabasobanuriye bimwe mu byo bigiye muri uyu mwiherero mu rwego rwo gutanga servise nziza.
Abakuru b’imidugudu babiri, abashinzwe iterambere babiri n’umwe mu bashinzwe umutekeno mu mudugudu bo mu murenge wa Runda, bahagaritswe ku mirimo by’agateganyo bazira kudatanga serivisi mbi ku baturage kandi bikitirirwa ubuyobozi muri rusange.
Ubwo bari mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu, umukuru w’igihugu Paul Kagame yanenze bamwe mu bayobozi mu gihugu ko bakirangwa no kutubahiriza igihe.
Ihuriro ry’abapfakazi ba Jenoside (AVEGA), ritewe impungenge n’ubuzima bw’abagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko ngo uko bagenda basaza ni ko bakenera byinshi by’ibanze nk’ibiribwa, amacumbi ndetse n’abantu bo kubaba hafi no kubacungira urugo rutagira umwana n’umwe.
Mu rugendo rw’iminsi ibiri Guverineri w’intara y’uburengerazuba, Kabahizi Celestin, agirira mu karere ka Rusizi yabwiye abayobozi b’inzego z’ibanze ko nta mikoranire iri hagati y’abakozi bigatuma imihigo yahizwe imbere y’umukuru w’igihugu itagerwaho.
Mu gihe abantu benshi bavuga ko Abanyakibungo bagendera ku rutaro, bamwe mu bahaba n’abahakomoka bemera ko ibyo bintu byigeze kubaho mu gihe abandi bavuga ko hari aho bakigendera ku rutaro na n’ubu.
Abaturage baturiye aho sosiyete ya GMC (Gatumba Mining Concession) icukura amabuye y’agaciro atandukanye mu murenge wa Gatumba mu karere ka ngororero bakomeje kutumvikana n’iyo sosiyete bitewe n’uko ibangiriza kandi ibyo ibizeje ntibishyire mu bikorwa.
Nyuma yo kugaragaza impungenge ku mazu bubakiwe ashaje ibisenge kandi atanakorewe isuku, abantu icyenda bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Ngororero bagiye kuvugururirwa.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’itegeko nshinga mu ngingo yaryo ya 113, kuri uyu wa gatatu tariki 03/04/2013, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yazamuye abapolisi 618 mu ntera zitandukanye.
Intumwa za rubanda 10 zo mu gihugu cya Uganda, tariki 03/04/2013, zasuye umupaka muto wa Rubavu zerekwa uburyo u Rwanda ruri gutegura ibikorwa by’imigenderanire n’igihugu cya Congo hakoreshejwe ikoranabuhanga.