Abaturage bakoresha ikiraro cya Kazaza barifuza ko cyasanwa kuko cyahagaritse ubuhahirane. Uubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha buvuga ko kigiye gusanwa by’agateganyo, kigasanwa ku buryo burambye mu ngengo y’imari y’umwaka utaha izatangira muri Nyakanga.
Girimpuhwe Anne umwana w’imyaka 16 wo mu karere ka Ruhango arashimira cyane uruhare rw’itangazamakuru mu kumukorera ubuvugizi ibibazo yari afite bigakemuka.
Umugabo n’abana be babiri bari batuye mu murenge wa Murunda mu kagari ka Twabugezi bitabye Imana bishwe n’inkangu y’umusozi waguye ku nzu yabo. Iyo nkanu yatewe n’imvura yari imaze iminsi itatu igwa ijoro n’amanywa mu karere ka Rutsiro.
Abapolisi basaga 40 bayobowe n’umukuru wa bo IGP Emmanuel K. Gasana, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi, tariki 17/04/2013, banizeza Abanyakamonyi ko Jenoside itazongera kuba.
Imfubyi n’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 baracyahura n’ibibazo, ku isonga hakaba hari ikibazo cy’uko hari abambuwe amasambu yabo bakaba batarayasubizwa; nk’uko byagarutsweho na Niyonziza Felicien uhagarariye IBUKA mu karere ka Gatsibo.
Umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo mu ishuri rikuru ry’abaporotesitanti (PIASS) Rév Dr Ndikumana Viateur arasaba abanyamadini n’amatorero bitandukanye kugira uruhare rugaragara mu gukumira Jenoside ngo itazongera kubaho ndetse no guharanira ko ubuzima bw’abayirokotse buba bwiza.
Imfubyi 11 za Jenoside zaragijwe Radio izuba ikorera mu karere ka Ngoma zirayishimira ko itazitereranye kuva zajya mu maboko yayo kugeza ubu.
Abaturage b’akarere ka Nyamasheke barishimira ko umuhanda wa kaburimbo ugiye kuzahuza aka karere n’aka Karongi uzatuma babasha kugera ku iterambere rishingiye ku buhahirane kuko ikibazo cy’ingendo kizaba gikemutse.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé , atangaza ko hari bamwe mu bakozi badakora neza abo yise “Abapagasi” bikabangamira intumbero igihugu cyihaye yo kuzamura ubukungu.
Abanyamadini n’amatorero barasabwa kurushaho kugaragaza uruhare rwabo mu bumwe n’ubwiyunge kugira ngo imbogamizi zikigaragara ziterwa ahanini n’ubukana bw’icyaha cya Jenoside nazo zazarangire.
Umuryango uhuje ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (CEPGL) urimo gutegura igenamigambi ry’imyaka irindwi (2013-2020) kugira ngo ushobore kugeza abaturage ku cyerekezo cy’ibikorwa bibafasha kuva mu bukene no guteza imbere ibihugu ukoreramo.
Mu gihe imirimo yo gukora gare ya Musanze iri kugana ku musozo, abakoresha iyi gare bavuga ko ntacyo byaba bimaze ikozwe nyamara umuhanda uyigana wo ukirimo ibinogo birekamo amazi.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Rwamagana bavuga ko mu gihe cyo kwibuka abo yahitanye abandi ikabagira incike ari n’umwanya wo kwibuka no gushimira Umuryango wa FPR-Inkotanyi wahagaritse Jenoside.
Mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 19 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage bo mu karere ka Burera bakusanyije inkunga y’amafaranga miliyoni 23 n’ibihumbi 489 ndetse n’amashilingi ya Uganda 7800 byo gufasha abacitse ku icumu.
Abakora umuyoboro w’amazi wa Nyabizi, uri mu murenge wa Kinyababa mu karere ka Burera, barasaba ubuyobozi bw’ako karere ko bwabasabira rwiyemezamirimo ubakoresha akabahemba kuko bamaze amezi atatu badahembwa.
Mu murenge wa Rugarika, akagari ka Sheli, umudugudu wa Kagangayire, umugore uhetse umwana yaje gusaba icumbi mu rugo rwa Murekeyimana Celestin, bukeye mu gitondo basanga umugore yagiye yasize wa mwana n’ifishi y’ikingira mu buriri.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho, Jean Philbert Nsengimana, yasabye urubyiruko rwo mu Rwanda kwita ku basaza n’abakecuru b’incike basizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musoni James arashimira abayobozi b’inzego z’ibanze uburyo bitwaye mu cyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenocide yakorewe Abatutsi.
Kaporari Hakizayezu Reonald watahutse tariki 15/04/2013 avuye muri FDLR avuga ko icyamuteye gutaha aruko uwo yahunze yafataga nk’umwanzi (aha yavugaga ingabo z’u Rwanda zari zimaze kubatsinda ku rugamba) asigaye amubonamo umukunzi kubera ko iyo batahutse bakirwa neza.
Imikorere y’urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ntivugwaho rumwe n’ibihugu bigize akanama gashinzwe Amahoro ku Isi. Ibihugu 7 muri 15 bigize Akanama gashinzwe Amahoro ku Isi bishyigikiye urukiko mpanabyaha mu gihe ibindi birimo u Rwanda bidashima urwo rukiko.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, atangaza ko bamwe mu bantu bakoresha amayeri yo kwihindura abasinzi n’abasazi maze bakavuga amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Imibiri isaga 200 y’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR Nyagatovu ahazwi ku izina ryo kuri Midiho ikomeje kuburirwa irengero nyuma y’imyaka 19 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Amajyepfo (UNMISS) bitabiriye umuhango wo gusoza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi. Uwo muhango wabereye ahakambitse ingabo z’u Rwanda mu mujyi wa Juba kuwa 13 Mata 2013.
Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Rwanda, Musenyeri John Rucyahana avuga ko amateka y’u Rwanda yagoretswe ku buryo hari abazi ko buri bwoko bufite ururimi rwabwo, akaba asaba ko ibiganiro bisobanura amateka bidakwiye kuba mu gihe cyo kwibuka gusa.
Kwegereza ubuyobozi abaturage birakomeje kugirango ibibazo by’umuturarwanda bikemuke adaciye mu nzira nyinshi cyangwa ngo arinde kuzamuka ajya mu nzego zo hejuru kuburyo bishobora kumugora.
Abayobozi batandukanye barimo umuyobozi wa Polisi ku rwego rw’igihugu, umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, n’umuyobozi w’intara y’iburasirazuba tariki 11/04/2013 bakoze urugendo rwo kureba ikoreshwa ry’umuhanda Rwamagana-Kirehe kugira ngo bakomeze gukumira impanuka muri uyu muhanda.
Abanyarwanda barasabwa guharanira kwigira kandi bagakora ibishoboka byose ngo bazabigereho vuba kuko ntacyo amahanga azabakorera, ngo ahubwo nibikomera amahanga azongera akuremo akarenge nk’uko yabyerekanye mu gihe cya Jenoside yo mu 1994.
Ku bufatanye hagati y’abacitse ku icumu b’i Musange n’akarere ka Nyamagabe, mu murenge wa Musange hagiye kubakwa urwibutso rwa Jenoside rusimbura urwari ruhari rutari rumeze neza mu rwego rwo guha agaciro imibiri y’abishwe muri Jenoside iruhukiyemo.
Mu muhango wo gusoza icyumweru cy’icyunamo wabereye mu murenge wa Tare tariki 13/04/2013, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’amajyepfo Izabiliza Jeanne yasabye ababyeyi kubwiza abana ukuri ku byerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Uwimana Athanasie, umufasha wa Gen Nsabimana yatangarije Artiges Guy umugenzacyaha i Bruxelles taliki 30/06/1994 ko mbere yo guhamagarwa ngo aherekeze Perezida Habyarimana mu mishyikirano y’amahoro yagombaga gusinyirwa Arusha umugabo we yari ahangayikishijwe n’ikintu gishobora guturika bigatuma intambara yongera kwegura.