Kuwa gatanu tariki 23/8/2013 mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo guhemba no gushimira abantu bose cyangwa ibigo byateye inkunga mu gutanga amafranga mu kigega Agaciro Development Found.
Abasirikare n’abapolisi bakuru b’ibihugu bitandatu by’Afurika baje mu Rwanda kwiga uburyo bwo kubaka amahoro n’ubutabera bwunga mu bihugu bivuye mu ntambara, bavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari icyaha kirenze kamere, kandi ko abayikoze aho bari hose bagombye gukurikiranwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwagiranye inama n’abaturage mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, yari igamije kubahumuriza no kubasaba kwirinda kugendagenda kugira ngo ibisasu biri guterwa mu Rwanda bitagira uwo bihitana.
Imurikagurisha n’imurikabikorwa ryari ritegerejwe mu karere ka Nyamasheke ryatangijwe ku mugaragaro kuri uyu Gatanu tariki 23/08/2013. Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (MYICT), Jean Philbert Nsengimana, waritangije yashimiye abikorera intambwe bagezeho y’ibikorwa bigaragara, anabasaba (…)
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana arasaba urubyiruko gukangukira gukoresha ikoranabuhanga, koko ari wo murima wo gukuramo umusaruro ubuziraherezo.
Abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero biyemeje gufatanya n’ubuyobozi bwa Leta muri uwo murenge mu gikorwa cyo kwimura abantu batishoboye batuye ahantu habi hateza impanuka (High Risk Zone).
Ubwo yatangizaga uruganda rutunganya imbuto z’ibigori, ubuhinikiro bw’imyaka, n’ahateranirizwa imashini z’ubuhinzi kuri uyu wa gatanu tariki 23/8/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye ashimitse abashoramari n’abahinzi kongera umusaruro w’ibiribwa, bashingiye ku bumenyi bafite.
Nyuma y’impfu zitunguranye zimaze iminsi ziboneka mu karere ka Gicumbi, inteko rusange y’ako karere yashishikarije abaturage gutangira amakuru ku gihe kugirango izo mpfu zishireho burundu.
Koperative y’abahinzi b’ibitoki bo mu murenge wa Mushikiri mu karere ka Kirehe, kuri uyu wa 22/08/2013, batanze inkunga y’ibitoki ingana na toni cumi n’eshanu na kilogama 600 mu rwego rwo gufasha Abayanyarwanda bari mu nkambi ya Kiyanzi birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge iratangaza ko kwiyunga kw’Abanyarwanda bikibangamiwe na bamwe mu Banyarwanda baba mu mahanga, bavuga amagambo mu bitangazamakuru yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abapolisi baturuka mu bihugu 12 by’Afurika barahabwa impamyabumenyi kuri icyi cyumweru tariki 25/08/2013, mu ishuri rikuru rya police riherere ye mu karere ka Musanze, nyuma y’umwaka umwe bakurikira amasomo muri iri shuri.
Abaturage bajya gusaba serivisi mu Murenge wa Gasaka wo mu Karere ka Nyamagabe baratangaza ko babona imitangire ya serivisi muri uyu murenge ari myiza ngo kuko bakirwa neza kandi ibyifuzo n’ibibazo byabo bikakirwa bikanashakirwa ibisubizo.
Igisasu cyo mu bwoko bwa roquette cyaguye mu kagari ka Busigari Umurenge wa Cyanzarwe akarere ka Rubavu saa saba n’igice zo kuri uyu wa kane tariki 22/08/2013 cyangiza ubwiherero bw’umuturage.
Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe Jewoloji na Mine mu Kigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere (RNRA), Dr Biryabarema Mike arashima intambwe imaze guterwa mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu karere ka Nyamasheke kuko abacukuzi bamaze kuva mu bucukuzi gakondo bakaba bakora ubujyanye n’igihe.
Inshuti mu buzima (Partners in Health) basuye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi mu karere ka Kirehe babagezaho inkunga y’amafaranga miliyoni 6 n’ibihumbi 431 azafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Abatuye ahazubakwa ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera bo mu murenge wa Ririma mu tugari twa Karera, Ntarama na Kimaranzara baratangaza ko kuba batagira irimbi ribegereye bituma abageze mu za bukuru batabasha guherekeza ababo mu muhango wo gushyingura.
Abanyarwanda 21 baherutse kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania, kuri uyu wa 20/08/2013 bagejejwe mu karere ka Ngoma muri gahunda yo kubahuza n’imiryango yabo.
Nyuma y’amezi atatu uwari perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Huye yeguye, uyu munsi tariki 21/08/2013 yasimbujwe umushyashya ari we Reverend Pasteur Dr. Ndikumana Viateur.
Umurenge wa Mahembe wo mu karere ka Nyamasheke wabaye uwa mbere mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013 n’amanota 96% nyuma y’uko umwaka wabanje wari wabaye uwa nyuma mu mirenge 15 yose igize akarere.
Abahanzi bibumbiye muri Foundation Kizito Mihigo igamije amahoro bakanguriye abaturage bo mu murenge wa Ruhuha kwitabira amatora y’abadepite babaririmbira indirimbo zirimo ubutumwa bwibutsa abaturage inshingano zabo muri ayo matora.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rwabaye indashyikirwa mu kwitangira abandi no kwiteza imbere, gukomeza guteza imbere ubumuntu no kwishakamo ibisubizo, bakima amatwi amahanga arimo gusenya ibyagezweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo butangaza ko bumaze kwakira imiryango icumi y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya kuva aho icyo gihugu gitangiye kwirukana abanyamahanga bahaba mu buryo butemewe n’amategeko.
Uretse uburyo bwo gutora hakoreshejwe igikumwe busanzwe bumenyerewe, abazitabira amatora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2013, bafite uburenganzira bwo gutora bakoresheje ikaramu.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, abinyujije mu muryango wa Imbuto Foundation, tariki 20/8/2013 yatanze ibihembo byiswe CYRWA kuri barindwi mu rubyiruko rwabaye indashyikirwa mu kwiteza imbere, kwitangira abantu ku buryo buhanitse ndetse n’ubukangurambaga.
Kuri uyu wa kabiri tariki 20/08/2013, Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame n’umuryango wa Imbuto Foundation, barahemba kandi bishimane n’urubyiruko rugaragaza ubwitange n’ibikorwa by’indashyikirwa mu kwiteza imbere no kubaka umuryango nyarwanda.
Banyangandora Ladislas utuye mu mudugudu wa Rulimba, akagari ka Mburamazi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro yemeye kuriha ibyangijwe n’inkongi y’umuriro yateje ubwo yatwikaga inzu y’umuturanyi we tariki 15/08/2013, umuriro ugafata na kawa z’abaturage ziri hafi y’iyo nzu.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) yatangaje ko Abanyarwanda baba mu gihugu no hanze bazitabira amatora y’abadepite tariki 16-18/9/2013, bagera kuri 5, 987, 077( n’ubwo urutonde rukiri urw’agateganyo), bakazatora abadepite 80 mu bakandida-depite 410 bari ku ilisiti ndakuka.
Dushimiyimana Antoine Roger wiga mu ishuri ryisumbuye ry’Indangaburezi mu karere ka Ruhango yagerageje guhatanira umwanya w’ubudepite ntibyamukundira ariko ngo azakomeza kugerageza amahirwe mu bihe biri imbere.
Umusaza witwa Habimana Bartazar utuye mu murenge wa Nemba mu karere ka Burera, avuga ko ahorana ibyishimimo kuko amaze imyaka 35 akora ibikorwa by’ubwitange by’ubutabazi no gufasha imbarare.
Mu gihe mu Rwanda imitangire ya service igenda irushaho kunozwa, inyubako zitujuje ubuziranenge z’ahatangirwa service ziracyari imbogamizi ikomeye ku bafite ubumuga.