Itsinda ry’abashoferi batanu bayobowe na James Nigirente ryagejeje ikibazo bagenzi babo batewe n’uko banki ziri kubasaba kwishyura inguzanyo bari bahawe, nyuma y’uko ubuyobozi bw’umjyi wa Kigali buciriye tagisi nto kuhakorera.
Njyanama y’umurenge wa Muhima mu karere ka Nyarugenge iragasaba ubuyobozi bw’akarere kubaha undi muyobozi kuko ngo umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo, Rwamucyo Severin , akomeje kugaragaza ubushobozi buke mu miyoborere ndetse n’indi mikorere mibi.
Mu nkambi ya Kiziba icumbikiye Abanyecongo mu karere ka Karongi, harabarirwa abana basaga 5000 bavutse mu bihe bitandukanye kuva mu 1996 batabaruwe, nk’uko byemezwa na perezida w’inkambi, Niyibizi Habimana.
Kuva mu mwaka wa 1982, tariki ya 21/09 buri mwaka ni umunsi mpuzamahanga wahariwe amahoro, umuryango w’abibumbye ukaba waragennye uyu munsi nk’uwo kongera ingufu mu mahame y’amahoro hagati y’abantu ndetse n’ibihugu.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye barashishikariza bagenzi babo kudafata ibicumbi by’indangagaciro nk’imitako, ahubwo bakita ku butumwa buba bubyanditseho buba bugamije kwibutsa abaturage inshingano zabo nk’Abanyarwanda.
Mu muhango wo gufungura ku mugaragaro ikigo cy’imyidagaduro cyiswe “Ahazaza” mu karere ka Muhanga, tariki 22/09/2013, umuyobozi wungirije w’aka karere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Fortune Mukagatana yasabye abaturage kwishakamo ibisubizo aho bishoboka.
Imvura nyinshi ivanze n’umuyaga yaguye mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, isenya amazu menshi arimo urusengero rw’abapantekote rwagwiriye abarusengeramo maze batanu muri bo bitaba Imana naho 14 barakomereka bajyanwa kwa muganga.
Mu matora y’abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite aherutse kuba muri Nzeri 2013, umuryango FPR-Inkotanyi hamwe n’indi mitwe ya politike byifatanyije begukanye imyanya 41. PSD yegukanye imyanya 7 naho PL yegukana imyanya 5.
Urubyiruko rukomoka mu mujyi wa Goma muri Congo n’urwo mu mujyi wa Gisenyi rwibumbiye mu muryango witwa “Tujenge Amani” taliki 21/9/2013 rwahuriye i Rubavu kugira ngo ruganire uburyo imijyi rutuyemo yakomeza kurangwa n’ubumwe no gushaka amahoro mu bihugu byombi.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, aratangaza ko igikombe ako karere kegukanye kubera kwesa imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari 2012/2013, kagikesha ubufatanye n’abaturage bagaragaje mu gushyira mu bikorwa ibyo bari biyemeje mu mihigo.
Itsinda ryashyizweho na Minisitiri w’Intebe mu gucyemura ibibazo abaturage bagiye bahura na byo bitabonewe ibisubizo, ryagiye mu karere ka Ngororero mu ntara y’Uburengerazuba kureba uko bimwe muri ibyo bibazo byakemuka kuri uyu wa Gatanu tariki 20/09/2013.
Bavakure Emmanuel w’imyaka 57 umaze imyaka 25 acuruza amagi, yemeza ko umuntu ariwe umenya uko ategura ubuzima bwe bw’ejo hazaza, nk’uko nawe yahisemo kwikorera ubucuruzi buciriritse n’ubwo ageze mu zabukuru bwose.
Umukuru w’abayisilam mu karere ka Ngoma (Imam),Abdoulkalim Hakizimana,yeguye ku mirimo ye yo kuyobora Islam mu karere ka Ngoma kubera impamvu ze bwite.
Imiryango 28 yo mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Rubona yasenyewe aho yabaga n’imvura n’imiyaga byinshi byadutse kuva ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 19/09/2013 bikageza mu rukerera rwo kuwa Gatanu tariki 20/09/2013.
Abanyafurika 23 barimo n’Abanyarwanda barangije amahugurwa y’ibyumweru bibiri i Nyakinama mu karere ka Musanze, baravuga ko biteguye kuba batangira gutanga umusaruro mu butumwa bw’amahoro igihe cyose bagirirwa ikizere.
Ministre ushinzwe ibibazo by’impunzi no kurwanya Ibiza yabwiye impunzi z’Abanyecongo ziri mu nkambi ya Kiziba mu karere ka Karongi ko nta Munyarwanda uyobewe ko ubuhunzi buryana, ari yo mpamvu Leta y’u Rwanda itazigera ibatererena.
Abagize umuryango PICO-Rwanda bafatanije n’abakirisitu ba Centre Christus batanze ubufasha bugizwe n’ibikoresho bitandukanye ku Banyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bacumbikiwe mu nkambi ya Kiyanzi mu karere ka Kirehe.
Bamwe mu Banyarwanda birukanwe muri Tanzania bivugwa ko badafite ibyangombwa byo kuhaba barafashwa guhura n’imiryango yabo mu Rwanda.
Abanyarwanda biganjemo abagore n’abana bageze mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi, tariki 19/09/2013, bavuga ko batahutse kuko ntacyo bishinja dore ko ngo bagiye bakiri bato bahunganye n’ababyeyi babo.
Ikigo gishinzwe iterambere mu Rwanda (RDB) hamwe n’umuryango ‘Generation Rwanda’, bivuga ko bizatumira abashoramari bava hirya no hino ku isi, kugira ngo baze gufasha imishinga mito n’iciriritse, harimo iyakozwe n’abanyeshuri biga muri kaminuza n’amashuri makuru bafashwa na Generation Rwanda.
Imiryango 15 yo mu karere ka Rwamagana yagabiwe inka 15 zo mu bwoko bita Frisian cyangwa Frisonnes mu muhango wabereye ahitwa Nzige muri Rwamagana uyu munsi kuwa 19/09/2013.
Sergeant Basabose na mugenziwe Sergeant Niyonzima Patrice baraye batahukanye na bagezi babo b’abasoldat batatu bavuga ko barambiwe no kurwana urugamba rutarangira. Ngo nta na rimwe bigeze bumva amahoro kuko ngo bahoraga biteguye ko isaha nisaha barwana.
Ben Llewellyn- Jones OBE, uhagarariye Ubwongereza mu Rwanda yasuye gereza ya Nyanza hagati ya saa tatu na saa yine za mu gitondo tariki 19/09/2013 maze nyuma y’uruzinduko rwe avuga ko ibyo yabonye bitandukanye n’ibiyivugwaho.
Ikigo cy’igihugu cy’imiyoberere myiza (RGB) gifatanyije na Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) byatangije gahunda y’imyaka itanu izita ku kunoza no kongera serivisi zijyanye n’ubutabera no guha abaturage serivisi mu rwego rwo guteza imbere demokarasi.
Abandi Banyarwanda 28 bagejejwe mu karere ka Gisagara nyuma yo kwirukanwa muri Tanzaniya bavuga ko bahirukanywe nabi bakubitwa mu gihe bari bizeye ko bagiye gusonerwa bakagumana n’imiryango yabo iri muri iki gihugu birukanywemo.
Juvenal Hakizinka w’imyaka 65 y’amavuko yanze gusaza asabiriza ahitamo kwihangira umwuga wo gucuruza takataka mu ikarito.
Abarwanyi batatu basanzwe muri FDLR bageze mu karere ka Rubavu n’imiryango yabo, Kuri uyu wa Gatatu tariki 18/09/2013. Bavuga ko baje barembye kubera uburwayi bafite babuze uko babwivuza bahitamo kwiyizira mu gihugu cyabo.
Imbangukiragutabara (ambulance) yavaga mu karere ka Karongi yerekeza i Kigali yakoze impanuka igeze mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga ariko abarimo ntacyo babaye.
Bikorimana Willy w’imyaka 18, ufite uruhu rutandukanye n’urw’abandi (Nyamweru) ngo yafashe gahunda yo kuza mu mujyi wa Kamembe kuko abasore bo mu rungano rwe kimwe n’abandi bose bamuhaga akato bityo ngo ntihagire umwegera ngo babe baganira.
Mwanawumuntu Silas wo mu murenge wa Nyamiyaga wo mu karere ka Kamonyi avuga ko atatuza muri we atabonye umugore we basezeranye byemewe n’amategeko bakabyarana abana batatu hanyuma akaza kumunyura inyuma agashaka undi mugabo.