Urwego rw’abanyamakuru bigenzura mu Rwanda RMC, Rwanda Media Commission, rwatangaje ko rwitandukanyije n’abanyamakuru babiri bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye, ruvuga ko nyuma y’igenzura rwasanze ibyo baregwa ntaho bihuriye n’umwuga n’amahame y’itangazamakuru.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa kane, tariki ya 17 Mata 2014, yagiranye n’ abakuru b’imidugudu igihango cyo kubungabunga umutekano ku buryo butari busanzwe kandi bakazatereka intango (inzoga) igasangirwa ubwo bazongera guhura bishimira ko ibyo (…)
Nyuma y’uko urwego rw’Umuvunyi rukwirakwije udusanduka tuzajya twakira ibitekerzo by’abaturage n’abantu bagana serivisi zitandukanye hirya no hino mu gihugu, mu karere ka Ngororero baravuga ko bizabafasha kugaragaza ibitagenda neza batabonaga uko bageza kuri urwo rwego.
Mu ruzinduko rwe yagiriye mu karere ka Rusizi tariki 16/04/2014, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, ku ikubitiro yaganiriye n’abayobozi batandukanye b’inzego z’ibanze hagamijwe kubafasha kurushaho kunoza akazi kabo.
Abanyarwanda bavuga ko bashimira Ingabo zahoze ari iza FPR-Inkotanyi ku bw’ubutwari n’ubwitange zagize zigahagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu mwaka wa 1994, barasabwa ko uku gushima kwabo kwashingira ku mutima maze kukava mu magambo gusa ahubwo kukajyana n’ibikorwa byo gukunda Igihugu.
Kuba ari ubwa mbere inama ya Polisi mpuzamahanga (INTERPOL) igamije guhana ibyaha bya Jenoside ibera mu gihugu cya Afurika nk’u Rwanda, ahabaye Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo biratanga icyizere ko abakurikiranyweho icyaha cya Jenoside bazafatwa, nk’uko ubuyobozi bwa INTERPOL bwabyijeje.
Abantu bafite ubumuga bunyuranye ubasanga hirya no hino mu mijyi basaba abahisi n’abagenzi kugira ngo babashe kubaho ariko hari bamwe banze ingeso yo gusaba bishakira ikibatunga.
Padiri Stanis ukomoka mu gihugu cya Pologne warokoye Abatutsi 500 mu gihe cya Jenoside muri paruwase ya Ruhango, avuga ko abona u Rwanda ruzaba ibendera ry’impuhwe z’Imana imbere y’amaso y’isi yose kubera ibitangaza bikomeje kuhabera.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Madame Jeannette Kagame aratangaza ko ubu mu Rwanda abari n’abategarugori aribo jwi ry’ubwiyunge no kubaka amahoro.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative y’Abahinzi b’Urutoki (KOABUKA) ihuje abacitse ku icumu rya Jenoside n’abandi bantu bo mu miryango y’abakoze Jenoside yo mu murenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo barishimira imibanire myiza n’ubufatanye mu bikorwa by’ubuhinzi bw’urutoki bibahuje.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bafashe mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 babatera inkunga ya miliyoni 8.5 muri gahunda yo kuvugurura umushinga wabo batangije w’ubworozi bw’ingurube.
Minisitiri w’Umuco na Siporo unafite abahanzi mu nshingano ze, Protais Mitali, yatangaje ko Kizito adakwiriye kongera kwitwa ikirangirire, nyuma yo gutabwa muri yombi azira ibikorwa bigambanira igihugu kuko ibyatumye afungwa ari ukubera “amaco y’inda.”
Mu cyumweru cy’icyunamo, abaturage bo mu Karere ka Musanze bakusanyije miliyoni 17 n’ibihumbi 843, amadolari 105 n’amashiringi 500 yo gufasha abacitse ku icumu batishoboye.
Urwego rw’Umuvunyi ngo rwizeye ko abakozi barwo, Polisi y’igihugu n’Urwego rw’ubushinjacyaha, babona ubumenyi buhanitse mu gukumira no kurwanya ruswa nini, aho bari mu mahugurwa y’iminsi itanu bahabwa na Polisi mpuzamahanga (INTERPOL), guhera kuri uyu wa mbere tariki 14/ 4/2014.
Umuhanzi Kizito Mihigo, kuri uyu wa kabiri taliki 15/4/2014, yibwiriye itangazamakuru ko ibyaha aregwa byo kuba akorana n’imitwe y’iterabwoba ya RNC na FDLR abyemera.
Nubwo mu karere ka Ngororero hakomoka abantu benshi babaye abacurabwenge ba Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bakayishyira mu bikorwa, abahatuye ndetse n’abarokotse bishimira ko hari bamwe mu baturage bagerageje kugaragaza umutima wa kimuntu bagakiza abahigwaga.
Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party), ryishyize hamwe n’Ihuriro ry’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda (NFPO) kuri uyu wa mbere tariki 14/4/2014. Iri shyaka rivuga ko rije gukosora ibitagenda neza no guharanira kugera ku butegetsi bw’igihugu, ngo ridakoze intambara.
Abayobozi bakuru b’umuryango mpuzamahanga wa Police (Interpol), barizeza u Rwanda ko bagiye gushyira ingufu mu bufatanye kugirango abantu 200 bakekwaho ibyaha bya Jenoside bari hirya no hino ku Isi bashyikirizwe ubutabera.
Mu gihe hari hashize iminsi abantu bibaza irengero ry’umuhanzi Kizito Mihigo, Polisi y’igihugu kuri uyu wa mbere taliki 14/4/2014 yasohoye itangazo rivuga ko uyu muhanzi ari mu maboko ya Polisi kimwe n’abandi bantu babiri bakekwaho gukorana n’imitwe y’iterabwoba nka RNC na FDLR.
Umwe mu barokotse ubwicanyi bwakorewe muri Kiriziya ya Nyamasheke ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yashirwaga mu bikorwa, Kabanda Kayitani ngo asanga ukuri ari ko kuzakiza u Rwanda.
Ndibabaje Assiel Katarya utuye mu Kagali ka Mpanga, Umurenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze wari umuyobozi wa cellule akaba n’umukuru w’itorero mu idini ry’Abadiventisti b’Umunsi wa Karindwi mu gihe cya Jenoside yagize ubutwari bwo guhara amagara ye agira uruhare mu kurokora Abatutsi babarirwa muri 300.
Senateri Dr Jean Damascene Bizimana, yagaragaje uburyo Colonel Theoneste Bagosora n’agatsiko k’intagondwa zo muri Hutu Power, ari bo bahanuye indege ya Habyarimana mu rwego rwo gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze imyaka itegurwa na Leta ya Habyarimana, ibifashijwemo n’ibihugu by’u Bufaransa n’u Bubiligi.
Mu kiganiro yagiranye n’abakozi b’akarere hamwe n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yagaragaje uburyo u Rwanda rwari ruyobowe mbere na nyuma ya jenoside, maze ahamya ko kuva ku bukoloni kugeza kuri Jenoside u Rwanda rwari mu mwijima, naho urumuli rukaba (…)
Padiri Bosco Munyaneza wari padiri mukuru wa Paruwasi ya Mukarange mu karere ka Kayonza mu gihe cya Jenoside ni umwe mu bapadiri bagize ubutwari bwo gushaka kurokora Abatutsi bari bamuhungiyeho, kugeza ubwo ahitamo gupfana na bo aho kugira ngo yitandukanye na bo.
Ryumugabe Alphonse, Umujyanama uhagarariye urubyiriko mu Nama Njyanama y’Akarere ka Karongi, atangaza ko u Rwanda rufite umutekano uhagije ariko ngo rukaba rugifite urugendo rwo kwigobotora ingoyi y’ubukene kuko ngo iri mu bisigaye ku isonga mu guhungabanya umutekano.
Ngo Kuba u Rwanda rufite aho rumaze kwigeza nyuma y’imyaka 20 ishize Jenoside ibaye, ahanini ni ukubera imiyoborere myiza irimo kwegereza abaturage ubuyobozi, akaba ari nayo mpamvu ibihugu byinshi bya Africa bifashe iya mbere bikza kwigira ku Rwanda iyo politike.
Kabagari Anastase, umwe mu baturage bagize ubutwari bwo kurokora Abatutsi igihe bicwaga bakanatotezwa mu gihe cya Jenoside mu karere ka Rubavu, yashimwe mu ruhame anagabirwa inka na bamwe mu bo yarokoye akabambutsa umupaka abahungishiriza muri Congo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashimira abagize uruhare mu kurokora bamwe mu Batutsi bari ku rutonde rwo kwicwa mbere y’abandi, mu cyahoze ari komini Gishoma kuri ubu ibarizwa mu karere ka Rusizi.
Senateri Tito Rutaremara yifatanije n’abaturage ndetse n’abanyeshuli bo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare ndetse n’abo mu ishuli rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare mu ijoro ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo mu mugi wa Butare ryitwa Pillars Youth Association ryateguye imurikamateka risobanura Jenoside n’ingaruka zayo rikaba ririmo kubera mu cyumba cy’inzu mberabyombi y’Akarere ka Huye tariki ya 10-13/4/2014.