Ku Cyumweru tariki ya 16 Gicurasi 2021, abapolisi batesheje uwitwa Saidi udupfunyika 992 tw’urumogi yari akuye muri Repubulika ihanira Demokarasi ya Congo (RDC) aruzanye mu Rwanda.
Bamwe mu bamotari b’i Kigali ubu bashobora guhinduza moto zabo zanywaga lisansi (essence) zikavanwaho moteri, zigashyirwaho batiri z’amashanyarazi ubundi bagaca ukubiri no gutumura imyuka ihumanya ikirere cyangwa gusakuza biterwa no guhinda kwa moteri.
Virginie Mukashyaka warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahawe inka na IPRC-Huye, arayishimira ayita Imararungu, kandi ngo yatangiye kuyibonamo igisubizo ku bibazo afite byose, byaba iby’ubukungu ndetse n’iby’uburwayi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi buratangaza ko mu gihe gito kiri imbere, Ikigo nderabuzima cya Mulindi kizimukira mu nyubako nshya kandi zagutse kugira ngo kibashe gutanga serivisi zinoze.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uri mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa aho yitabira inama mpuzamahanga yiga ku gihugu cya Sudani n’indi iziga ku gutera inkunga ubukungu bwa Afurika, yanahuye n’Umuyobozi mukuru w’ikigega cya IMF, Madame Kristalina Georgieva.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buremeza ko kimwe mu bibangamira imitangire ya Servisi ari abakozi bake mu bigo binyuranye bya Leta muri ako karere, aho hari imyanya 195 imaze igihe itagira abakozi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri iki Cyumweru tariki 16 Gicurasi 2021, yageze i Paris mu gihugu cy’u Bufaransa, aho yagiye kwitabira Inama mpuzamahanga yiga ku gihugu cya Sudan ndetse n’iyo kwiga ku gutera inkunga ubukungu bwa Afurika.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke, buremeza ko ibyumba bishya by’amashuri biherutse kubakwa byose byatangiye gukoreshwa, bikaba byakemuye ikibazo cy’ubucucike mu mashuri binarinda abana ingendo ndende mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi.
Perezida w’Umuryango IBUKA, uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Egide Nkuranga, yavuze ko ababajwe no kuba benshi mu bari abanyeshuri bishyuriwe n’Ikigega FARG ari abashomeri.
Abaturage bafite imirima iherereye ku nkengero z’urugomero rw’amashanyarazi rwa Mukungwa ya II rubarizwa mu Karere ka Musanze, bamaze imyaka isaga umunani batakambira ubuyobozi, ngo bubahe ingurane bemerewe z’imirima yabo yarengewe n’amazi aturuka muri urwo rugomero.
Abatwara ibinyabiziga bavuga ko kudindira kw’ikorwa ry’ikiraro cyubakwa kuri ruhurura ya Mpazi muri Nyabugogo ryafunze umuhanda bikomeza kubateza gukererwa, kuko aho banyura hateza umubyigano w’ibinyabiziga n’abantu.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gicurasi 2021, yageze mu gihugu cya Djibouti, aho azitabira umuhango wo kurahiza Perezida w’icyo gihugu, Ismaïl Omar Ghuelleh.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi bahaye amazi meza abaturage b’Igihugu cya Santarafurika bari mu murwa mukuru Bangui ahitwa SEGA2 na Maison des Jeunnes, abahawe amazi ni imiryango 100.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gicurasi 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye indahiro ya Dr. Aimé Muyoboke Kalimunda, Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, François Régis Rukundakuvuga, Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire na Clotilde Mukamurera Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi.
Madame Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko rwitabiriye ’Igihango cy’Urungano’ ko rufite umukoro wo kwandika amateka mashya, rugakuraho amateka mabi yasenye u Rwanda yanditswe n’abababanjirije.
Urubyiruko rwo mu turere twa Nyaruguru na Huye rwibumbiye mu ihuriro ryo gukemura amakimbirane mu buryo budahutaza (NVA), ruvuga ko rwasanze ibitanya abantu biba bifatiye ku busa, rwiyemeza kubyirinda no kubikemura.
Ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi 2021, Polisi y’u Rwanda yafashe abantu batanu bacyekwaho kwinjiza mu Rwanda ikiyobyabwenge cya kanyanga bakivanye mu gihuhu cya Uganda. Abo bantu bagize itsinda rizwi ku izina ry’abarembetsi bafatanywe litiro 22 za kanyanga, bafatiwe mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Rubaya mu Kagari ka (…)
Urwibutso rwa Komini Rouge mu Karere ka Rubavu rwashyinguwemo imibiri 690 harimo; imibiri 142 yakuwe mu kibuga cy’indege muri 2020, no kwimura imibiri 448 yari iruhukiye mu rwibutso rwa Rugerero.
Kuva ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi 2021, abagabo batatu bari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Rwimiyaga bakekwaho ubujura bw’inka, bakaba barafashwe bagiye kuzipakira imodoka bafatirwa mu Kagari ka Karushuga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwahuye n’Imiryango ishingiye ku myemerere buyisaba kugira uruhare mu kubanisha neza abaturage, harimo gufasha abakoze Jenoside kwihana ibyaha bakoze bakanasaba imbabazi.
Abayoboke b’Idini ya Islam bo mu Ntara y’Amajyaruguru bifatanyije n’abandi mu isengesho ryo kwizihiza umunsi mukuru wa Eidil-Fit’ri mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 13 Gicurasi 2021.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije Abayislamu bose bo mu Rwanda no ku isi, umunsi mukuru mwiza wa Eid al-Fitr.
Sheikh Salim Hitimana Mufti w’u Rwanda, aratangaza ko n’ubwo isengesho risoza igisibo ryabaye mu bihe bidasanzwe aho igihugu gihanganye n’icyorezo cya COVID-19, ko bitabujije igisibo gusozwa neza aho bakoze isengesho bubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 13 Gicurasi 2021, Abayislamu bazindukiye mu isengesho ryo kwizihiza Umunsi Mukuru wa Eidil-Fit’ri, umunsi usoza Igisibo Gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhan. Iri isengesho ryabaye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Niyonkuru w’imyaka 23 na Uwizeyimana Eric w’imyaka 25 y’amavuko barohamye mu mugezi w’Umuvumba baburirwa irengero.
Mu gihe benshi bibaza ku biciro bihanitse bya serivisi yo gukura amafaranga kuri konti ajya kuri Mobile Money (MoMo/Airtel Money), twashatse kumenya uko serivisi z’ikoranabuhanga zihagaze muri Banki ya Kigali, nk’imwe muri Banki itanga umusanzu wayo mu rugendo rwo kugana ku bukungu bugizwe no kudahanahana amafaranga mu ntoki (…)
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wabahariwe kuri uyu wa 12 Gicurasi 2021, abaforomo n’abaforomokazi mu Rwanda babwiye Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ko bahura n’imvune bitewe n’umubare munini w’Abanyarwanda bashinzwe kwitaho, aho umwe yita ku bantu 1200, umubare bavuga ko uri hejuru cyane.
Ku itariki ya 11 Gicurasi 2021, abapolisi bafashe abantu 33 barimo gusenga binyuranije n’amabwiriza yo kurwanya Covid-19, bafatiwe mu ishyamba bicaye begeranye ndetse bamwe batambaye agapfukamunwa. Abo bantu bafitwe mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Mbuye mu Mudugudu wa Gisanga.
Bamwe mu baturiye umupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera, bavuga ko kimwe mu bibatera kujya mu burembetsi ari ugukora bakamburwa na ba rwiyemezamirimo, bikabatera ubukene butuma bajya mu ngeso mbi zo gutunda ibiyobyabwenge na Magendu.
Bamwe mu batunganya amashusho mu Rwanda barasaba abashoramari kubegera bagakorana, bakabashoramo amafaranga kuko byerekana ubwiza nyaburanga bw’igihugu cyane cyane iyo binyuze mu ndirimbo zigaragaza amashusho, kandi na bo bakaba babibonamo inyungu.