Inzego zifite aho zihuriye n’umutekano mu Rwanda, zirimo guhabwa amahugurwa ku iyubahirizwa ry’amategeko mu gihe cy’intambara, kugira ngo mu gihe bari mu bikorwa bya gisirikare barusheho kuyubahiriza.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’ u Rwanda, Dr Jean-Chrysostome Ngabitsinze, kuva tariki ya 05 Kamena 2023, ari i London mu Bwongereza aho yitabiriye Inama y’Abaminisitiri bagize Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth, akaba ari na we wayiyoboye.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) na Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda, basuye uruganda rw’amazi rwa Nzove nyuma yo guhabwa imiyoboro minini izatanga amazi aho yaburaga muri Kigali, guhera ku wa Kane tariki 08 Kamena 2023.
Umugabo witwa Rukundo Ndahiriwe Laurent, yaguye mu mpanuka yaturutse ku cyuma gikoresha ikoranabuhanga mu kuzamura no kumanura abantu mu igorofa, kizwi nka asanseri (Ascenseur) ahita apfa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu mugoroba tariki ya 6 Kamena 2023, ayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga ku ngamba na Politiki zinyuranye, nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Twitter rw’ibiro by’Umukuru w’Igihugu.
Abayobozi bakuru mu nzego za gisirikare bashyizwe mu myanya n’Umukuru w’Igihugu, bamaze kugera mu nshingano, aho Lt Gen Mubarakh Muganga, wagizwe umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yahererekanyije ububasha n’uwo asimbuye, Gen Kazura Jean Bosco.
Ababyeyi ba Noah Anterhope Nziza barishimira ko abaganga bo mu Buhinde babavuriye umwana ubu akaba yarakize, bakanashima cyane Leta y’u Rwanda yabafashije kumuvuza ndetse n’abantu bitanze, bakegeranya amafaranga yabafashije mu kumuvuza.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko ikizere cyo kubona umusaruro uhagije w’ibigori ari gicye kuko imvura yacitse hakiri kare no kuba hari aho abahinzi batahingiye igihe.
Ikibuye cya Shali giherereye mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru, aho akarere ka Nyaruguru gahanira imbibi n’akarere ka Huye, ku muhanda Butare Akanyaru werekeza i Burundi. Iki kibuye kivugwaho inkomoko zitandukanye, ariko iz’ingenzi usanga zishingiye ku mwami Ruganzu Ndori.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, yasabye abaturiye umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kuba maso no gukumira abinjiza mu Rwanda magendu, kuko ngo aho inyura ariho hanyuzwa n’ibihungabanya umutekano.
Abagororwa 46 bo mu Igororero rya Musanze, bari bamaze ibyumweru 15 mu biganiro byo komorana ibikomere muri gahunda ya Mvura Nkuvure, bahamya ko byabafashije gusubira mu murongo muzima, bituma biha intego y’uko nibarangiza ibihano bakatiwe n’inkiko bagasubira mu buzima busanzwe, bazarushaho kurangwa n’imyitwarire myiza.
Hirya no hino mu duce dutandukanye tw’u Rwanda, haragaragara ibimenyetso ndangamateka yagiye aranga imiyoborere ku ngoma z’abami, ayo mateka akaba yinjiriza igihugu amadovise nyuma y’uko asuwe na ba mukerarugendo baturutse mu migabane itandukanye igize isi.
Mutezintare Gisimba Damas watabarutse ku cyumweru tariki 04 Gicurasi 2023 azize uburwayi ku myaka 62; muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ikigo cye Gisimba Memorial Center cyarokokeyemo abasaga 400 biganjemo abana.
Hari abayoboke ba Kiliziya Gatolika bavuga ko gahunda yo kwishyuza ubwiherero rusange iri henshi muri za Kiliziya zo mu Mujyi wa Kigali. Kiliziya Gatolika ya Kagugu muri Paruwasi ya Kacyiru mu Karere ka Gasabo, ni imwe mu zeguriye abikorera ubwiherero rusange, aho ujyamo wese agomba kwishyura amafaranga 100 Frw.
Minisitiri w’ubuzima Dr Sabin Nsanzimana yagaragaje ko intonganya z’ababyeyi n’imibereho irimo amahane ubwonko bw’umwana uri munsi y’imyaka itanu butihanganiro iyo mibereho agasaba ababyeyi kwirinda ikintu cyose cyatuma umwana adakura neza.
Abaturage 3737 bo mu Mirenge inyuranye mu Karere ka Gicumbi n’ahandi mu gihugu, barishimira ko bavuwe indwara z’amaso, bikaba bibongereye icyizere cyo gusubira mu mirimo yabo ya buri munsi bari barabujijwe n’ubwo burwayi.
Abanyamuryango ra RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo biyemeje kongera ubuso bwuhirwaho mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi mu gihe Abanyarwanda binjiye mu gihe cy’impeshyi.
Yvonne Makolo usanzwe uyobora Ikigo cy’u Rwanda cy’ubwikorezi bwo mu kirere (RwandAir), yagizwe umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ishyirahamwe mpuzamahanga ryo gutwara abantu n’ibintu mu kirere (IATA).
Pasiteri Antoine Rutayisire ubwo yasezerwagaho kuba umushumba w’Itorero rya Angilikani Paruwasi ya Remera tariki ya 4 Kamena 2023 yavuze ko agiye mu kiruhuko cy’izabukuru ariko azakomeza kubwiriza Ijambo ry’Imana kuko ari umuhamagaro we.
Koperative y’abashoferi batwara amakamyo yambukiranya imipaka mu Rwanda (United Heavy Truck Drivers of Rwanda). kutiariki ya 3 Kamena 2023 bagejeje inkunga ku baturage basenyewe n’ibiza mu Karere ka Rubavu.
Mu gihe u Rwanda rukomeje ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, sosiyete y’imikino y’amahirwe, Premier Bet Rwanda, na Rotary Club Kigali Gasabo, bageneye abarokotse Jenoside inkunga izabafasha gutwara no kugabanya ikiguzi cyo kugeza umusaruro ku isoko no kwinjiza amafaranga.
Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura(WASAC Ltd) cyatangaje ko hari ibice by’Umujyi wa Kigali na Kamonyi bitazabona amazi nk’uko bisanzwe, bitewe n’imirimo yo gusana umuyoboro wa Nzove - Ntora kuva tariki 8 kugeza tariki 22 Kamena 2023.
Mutezintare Gisimba Damas wari Umurinzi w’Igihango yitabye Imana kuri iki Cyumweru azize uburwayi, nk’uko amakuru yatangajwe n’abo mu muryango we abivuga.
Ubuyobozi bw’Umuryango GAERG w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside, wateguye amahugurwa yagenewe bamwe mu banyamuryango b’urubyiruko mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe no kwihangira imirimo, bikazabafasha guhangana n’ibibazo by’ihungabana.
Guverinoma y’u Rwanda na Sosiyete ikomeye y’Abongereza ARC Power, izobereye mu bijyanye n’ingufu zisubira, basinyanye amasezerano yo gukwirakwiza amashanyarazi akomoka ku ngufu zisubira.
Perezida Paul Kagame tariki ya 3 Kamena 2023 yifatanyije n’abakuru b’ibihugu n’abandi banyacyubahiro batandukanye, mu muhango wo kurahira kwa Perezida wa Turukiya, Recep Tayyip Erdoğan watangiye manda ye ya gatatu yo kuyobora icyo gihugu.
Nyuma yo kumurikirwa ikiraro cyambukirwaho n’abanyamaguru cyo mu kirere cyubatswe mu buryo bugezweho, abaturage bo mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke batangaje ko bagiye kukibyaza umusaruro bakanoza ubuhahirane bwari bwaradindijwe n’uko muri ako gace batagiraga uburyo buborohereza kugenderana.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Dancille Nyirarugero, ubwo yatangizaga ku mugaragaro umwiherero w’abagize Ihuriro ry’bafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Gakenke (Joint Action Development Forum- JADF), yababwiye ko nibarushaho guhuriza hamwe ibitekerezo bongera n’imikoranire mu bikorwa bizamura iterambere (…)
Intumwa ziturutse mu gihugu cya Djibouti na Ethiopia, zagiriye urugendoshuri mu Karere ka Gicumbi, aho rugamije kwigira ku Rwanda gahunda zigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, zirimo VUP na Girinka.
Nzabonimpa Innocent wari utuye mu Mudugudu wa Buruha, Akagari ka Mukondo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, yapfushije abana bane bahitanywe n’inkangu yagwiriye inzu, mu biza byabaye tariki 3 Gicurasi 2023 saa munani z’ijoro.