Umugabo witwa Mbarushimana Joseph w’imyaka 37 wo mu murenge wa Giheke akagari ka Kigenge yafatiwe mu cyuho cyo guca umugore we inyuma.
Ministiri w’imari n’igenamigambi, John Rwangombwa, akomeje gusaba abayobozi b’ibigo kudahatira abantu gutanga umusanzu mu kigega Agaciro Development Fund ( AgDF), ahubwo bagomba kubakangurira kuyatanga n’umutima ukunze, kandi buri muntu agasinyira ayo yatanze.
Inkunga akarere ka Ruhango kari katanze mu kigega Agaciro Development Fund yavuye ku mafaranga miliyoni 55 igera kuri miliyoni 297 n’ibihumbi 360 n’amafaranga 628.
Abaturage, inshuti n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Bugesera, tariki 03/09/2012, begeranyije inkunga ingana na miliyoni 359 ibihumbi 177 n’amafaranga 790 yo gushyigikira Agaciro Development Fund.
Abanyarwanda bagaragaje ko bishimiye igikorwa cy’ingabo z’u Rwanda kujya gufatanya n’ingabo za Congo mu kurwanya umutwe wa FDLR ;ndetse bavuga ko gutaha kw’ingabo z’u Rwanda bibeshyuje amakuru yari asanzwe atangazwa ko u Rwanda rutera inkunga M23.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo bakomeje kugaragaza ishyaka mu gutanga umusanzu mu kigega Agaciro Development Fund. Ubwo iki gikorwa cyatangizwaga mu karere ka Gatsibo tariki 31/08/2012 abaturage batanze miliyoni zisaga 263 n’ ibihumbi 361.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo barasaba ubuyobozi bw’aka karere ko bwabafasha, bukaborohereza ku birebana n’imiturire kuko ibibanza byo kubakamo birenze ubushobozi bwabo.
Umugabo witwa Baziruwiha Donat ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero yanze gusezerana n’umugorewe bamaranye imyaka 23 ndetse bakaba barabyaranye abana 10.
Tagisi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yahindutse umuyonga, mu gihe cya saa ine z’amanywa kuri uyu wambere tariki 03/09/2012, aho yari irimo gukanikirwa muri sitasiyo Hass Petroleum iri i Nyabugogo mu mujyi wa Kigali.
Itsinda ry’abasirikare bo ku rwego rw’aba ofisiye baturutse mu ishuri rya Gisirikare ry’Abasirikare bakuru rya Tanzania, bari mu rugendo shuri mu Rwanda mu rwego rwo kwigira ku bunararibonye bwarwo mu bikorwa bitandukanye.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt.Gen Charles Kayonga, yatangaje ko umutwe w’ingabo z’u Rwanda wavuye muri Kongo kubera ko uburyo bw’imikorere (conditions) bwahindutse bitewe nuko ingabo za Congo zacitsemo ibice.
Nyuma y’iminsi mike mu Rwanda hatangijwe ikigega Agaciro Development Fund (AgDF), hatangiye kugaragara inyandiko “tract” zishishikariza abaturage kudashyiramo inkunga yabo.
Umuryango w’Abahinde baba mu Rwanda bitwa ’Malayalee’ wizihije isabukuru yitwa ‘Onam’ yo gutangira umwaka, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 02/09/2012. Iyo sabukuru igereranywa n’umuganura mu Rwanda, aho baba basangira umusaruro w’ibyo bejeje.
Mu miryango isaga 170 yabaruwe ko ibana mu buryo butemewe n’amategeko mu murenge wa Save akarere ka Gisagara, 76 yasezeranyijwe kuwa gatanu tariki 31/08/2012.
Akarere ka Huye kesheje umuhigo wo gutanga amafaranga menshi mu kigega Agaciro Development Fund. Tariki 01/09/2012 Abanyehuye begeranyije miliyari imwe, miriyoni 198, ibihumbi 468 n’amafaranga 458.
Abatuye umurenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara, bavuga ko Agaciro Development Fund ari uburyo bwo kwikorera nk’Abanyarwanda kandi ari ikigega cy’iterambere bahunikamo kikazabagoboka.
Mu mihigo y’umwaka 2011-2012, akarere ka Karongi kabaye aka kabili mu Ntara y’Uburengerazuba, kaba aka 16 mu gihugu hose n’amanota 88,1%.
Abasirikare 357 bo mu mutwe wihariye bakoranaga n’ingabo za Congo mu kurwanya imitwe yitwaza intaro irimo FDLR, bageze mu Rwanda aho bari baherekejwe n’umubare utari muto w’ingabo za Congo, zikuriwe na Br. Gen. Bauma Abamba Lucien uyobora ingabo muri kivu y’Amajyaruguru.
Kapiteni Caliste Kanani, umwe mu basirikari batandatu ba FDLR batahutse ku bushake, aremeza ko yishimye kandi bimuvuye ku mutima kubona amaguru ye yongeye gukandagira ku butaka bw’u Rwanda.
Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, yageze mu murwa mukuru wa Ethiopia, Addis Ababa, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/09/2012, aho yitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Meles Zenawi, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia.
Umuryango “Never again” uharanira uburenganzira bwa muntu no kubaka amahoro, wasabye urubyuruko usanzwe ufasha rw’abagore n’abakobwa kwikorera, aho gukesha amaramuko abantu b’abagabo; kuko ngo bibaviramo gusuzugurwa ndetse n’ihohoterwa.
Abacuruzi bo mu karere ka Muhanga barangije itorero i Nkumba mu karere ka Burera, baratangaza ko iryo torero barijyiyemo ku bushake bwabo ntawe ubibahatiye.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyatanze inkunga ingana na miliyoni 387 z’amafaranga y’u Rwanda, mu kigega Agaciro Development Fund, ubwo hizihizwaga umunsi w’abasora wizihirijwe ku rwego rw’igihugu mu karere ka Musanze.
Abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda bategereje ku mupaka wa Kabuhanga, ingabo z’igihugu ziri mu mutwe udasanzwe wa "Special force" ziri butahuke zivuye muri Congo aho zari mu bikorwa byo guhashya FDLR.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, arashimira Abanyarwanda bose uburyo babadukanye ibakwe bagashyikira ikigega cyo kwihesha Agaciro, nk’uko yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/09/2012.
Ikigo cya Leta gishinzwe imiyoborere Myiza (RGB) kirateganya gukorana n’itangazamakuru, kugira ngo rigifashe gusobanurira abaturage ibijyanye no gukemura ibibazo. Ibi bishingirwa ko rifite ubushobozi bwo kwegera abaturage benshi mu gihe gito.
Inama y’Abaminisitiri iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012, yishimiye ko u Rwanda rwegukanye umwanya wa mbere, mu bihugu bigize umuryango wa “Commonwealth" byateje imbere gahunda yo kugeza uburezi kuri bose.
Imparirwakurusha z’Akarere ka Ngororero ziyemeje gushyira miliyoni 157,303,407 z’amafaranga y’u Rwanda mu kigega Agaciro Development Fund, bwo Inteko aka karere yatangizaga ku mugaragaro igikorwa cyo kugishyigikira, kuri uyu wa Gatanu tariki 31/8/2012.
Mu Rwanda hagiye gutangira gahunda yiswe 12+ izashobora kugera ku rubyiruko rw’abakobwa bari hagati y’imyaka 10 na 12, kumenya ubuzima bw’imyororokere no kwirinda ibyatuma bagwa mu bishuko byo gukora imibonano mpuzabitsina.
Ingabo z’u Rwanda zafatanyaga n’iza Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu gucunga umutekano muri Kivu y’Amajyaruguru, ziratahuka kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/09/2012, nyuma y’ibiganiro byahuje ibihugu byombi n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura Amahoro muri Congo (MONUSCO).