Ku butumire bwa Perezida Barack Obama, Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) azitabira inama ya 38 y’ibihugu umunani bikize ku isi (G8) izabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika tariki 18-19/05/2012 ndetse anakirwe mu biro bya Perezida wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (White House).
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yahaye UNICEF/Rwanda ibihumbi 50 by’amadorali y’Amerika (arenga miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda) byo gufasha impunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda.
Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’u Rwanda na Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, bazahurira i Kigali ku nshuro ya gatanu tariki 17-18/05/2012 mu rwego rwo kongera kuganira ku buhahirane buhoraho hagati y’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, kuri uyu wa gatatu tariki 16/05/2012, yifatanije n’abaturage b’utugari twa Gasura na Nyamitanzi mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu mu muganda wo gusubiranya ibikorwa byangijwe n’ibiza byatewe n’imvura imaze iminsi ihagwa.
Mu rwego rwo kunoza imikoranire myiza hagati y’u Rwanda na Uganda, itsinda ry’abasirikare ba Uganda basuye abasirikare b’u Rwanda bakorera mu karere ka Gicumbi (division ya 2 ya RDF) barebera hamwe uko umutekano w’ibihugu byombi uhagaze.
Bamwe baturage batuye mu kagari ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza ho mu karere ka Musanze baratangaza ko nta yandi mazi bashobora kunywa uretse amazi ari muri ako gace aryohereye avubuka mu butaka bita “amakera”.
Mu gihugu hose, biteganyijwe ko uyu munsi tariki 16/05/2012 ndetse no kuwa gatandatu tariki 19/05/2012 hakorwa umuganda udasanzwe mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’ibiza bimaze iminsi bihitana abantu n’ibintu bigasenya amazu n’ibikorwa remezo.
Biteganyijwe ko abaturage 2000 bazabona amashanyarazi mu gihe kitarenze amezi atanu nyuma y’uko imirimo yo kubaka urugomero ruto rw’amashanyarazi ruri mu kagari ka Kayenzi, umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi isubukuwe.
Abayobozi b’ibanze mu ntara y’Amajyaruguru baributswa ko bafite inshingano yo guteza imbere aho bayobora, bafatanya n’abayoborwa mu bikorwa bitandukanye by’iterambere.
Umugabo witwa Mvukiyehe Marc arashakishwa na polisi nyuma yo kugerageza guha abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda ruswa y’amafaranga ibihumbi ijana kugira ngo bamureke ajyane imodoka yari atwaye irimo amagerekani arenga ijana arimo Melace ikoreshwa benga inzoga itemewe ya kanyanga.
Abakuriye IBUKA mu mirenge igize akarere ka Nyabihu, basabye ko ubuyobozi bw’akarere kubishyuriza imitungo, bavuga ko imirenge n’utugari bisa n’aho byananiwe kubishyuriza.
Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rukorera i La Haye rwashyizeho impapuro zita muri yombi Sylvestre Mudacumura uyobora umutwe wa FDLR-FOCA, ufatwa n’umutwe w’iterabwobwa n’umuryango mpuzamahanga.
Minisitiri w’Intebe, Habumuremyi Pierre Damien, kuri uyu wa kabili tariki 15 Gicurasi aratangira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y’Iburengerazuba.
Akanama k’Inteko Ishinga Amategeko gashinzwe gukurikirana uburenganzira bwa muntu n’ikoreshwa ry’umutungo wa Leta (PAC) kongeye gutumiza Minisitiri w’Ibikorwa Remezo kamubaza ku kibazo cy’itinda ry’umushinga w’urugemero rw’amashanyarazi rwa Rukarara.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, ari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye, tariki 12/05/2012, basuye bimwe mu bishanga byo mu karere ka Bugesera byibasiwe n’imyuzure ikomoka ku migezi ya Nyabugogo, Nyabarongo n’Akagera.
Impunzi z’Abanyekongo zigera kuri 21 zari zicumbikiwe ku murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 13/05/2012 zajyanwe mu nkambi ya Nkamira iri mu karere ka Rubavu.
Mu muhango wo kwankira impamyabumenyi y’ikirenga yashyikirijwe na kaminuza ya William Penn University wabaye mu ijoro rya tariki 12/05/2012, Perezida Kagame yatangaje ko imiyoborere myiza igaragara mu Rwanda atari iy’umuntu umwe ahubwo ari umusaruro w’uruhare abantu bose babigiramo.
Abahagarariye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur muri Sudani bakomeje kwishimira ibikorwa byazo n’uburyo zihagararira neza u Rwanda muri ubwo butumwa.
Imodoka ya FUSO ifite puraki RAA 554S yaguye mu mukingo ahagana mu masaa kumi n’ebyeri z’igitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 13/5/2012, maze umushoferi wayo ahita ahunga.
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Nkamira zigiye kwimurirwa mu nkambi ya Kigeme iri mu karere ka Nyamagabe mu rwego rwo gukomeza kubungabunga umutekano wazo.
Minisitiri ushinzwe ubumenyi n’ikoranabuhanga mu gihugu cya Nigeria, Okon Bassey Ewa, yakiriye Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu , Joseph Habineza, tariki 10/05/2012, amutangariza ko ashaka ko igihugu cye gishaka kubaka umubano n’u Rwanda mu bijyanye n’ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe na Minisitiri w’Ingabo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Alexandre Luba Tambo, basinye amasezerano y’ubufatanye mu kugarura umutekano muri Kongo.
Uyu munsi tariki 13/05/2012, Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, ashyikirizwa impamyabumenyi y’ikirenga yagenewe na kaminuza ya William Penn yo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Umuhanda uhuza umurenge wa Mwogo n’uwa Nyamata kubera ko igishanga unyuramo cyarengewe n’umwuzure, mu rwego rwo gukumira impanuka z’amazi zatwara ubuzima bw’abaturage bambukira muri uwo muhanda.
Minisitiri w’Umutungo Kamere (MINIRENA), Stanislas Kamanzi, aratangaza ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bukigaragaramo akajagari mu mikorere yabwo, aho hari abakitwikira ijoro bikabaviramo no kuhasiga ubuzima.
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Nkamira ziratangaza ko zishimiye uko zakiriwe na Leta y’u Rwanda, ariko zigasaba Leta y’u Rwanda gukomeza kuzikemurira ibibazo byinshi zifite.
Ubuyobozi bwa Polisi iri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye i Darfur (UNAMIS) burashima ibikorwa by’abapolisi b’u Rwanda bari muri Sudani, bukanasaba ko bishobotse umubare wabo wakongerwa.
Abagabo bakoraga akazi k’ubwubatsi ku nzu y’ubucuruzi mu gasanteri ka Nkambi mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi bagwiriwe n’iyo nzu bubakaga, ku gicamunsi cya tariki 10/5/2012, umwe witwa Hagenimana Gaspard ahita yitaba Imana.
Ikamyo yo muri Uganda ifite purake UAG 320T yakoreye impanuka mu murenge wa Mukamira, akagari ka Rubaya hafi y’ahubatse ibiro by’akarere ka Nyabihu mu masaha ya saa yine z’ijoro tariki 10/05/2012 ariko nta muntu yahitanye.
Abantu 5 barimo abana 3 n’abagore 2 bamaze guhitanwa n’inkangu zabagwiriye ndetse amazu agera ku 100 amaze gusenyuka kubera imvura nyinshi yaguye mu karere ka Nyabihu mu ijoro rishyira tariki 10/05/2012.