Umuryango wa ba kanyamigezi mu Rwanda COFORWA, wiyemeje kwagura no kunoza ibikorwa by’isuku n’isukura mu gihugu kugira ngo abaturage barusheho kubona amazi meza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasaba abaturage batutiye pariki y’Ibirunga gukomeza kugira uruhare mu kuyibungabunga kugira ngo umutungo uyivamo wiyongere.
Abaturage b’akarere ka Kirehe barataka ikibazo cy’izamuka ritunguranye ry’igiciro cy’ibirayi ko bavuga ko ribatera igihombo mu bucuruzi no mu mirire.
Kuri uyu wa gatanu tariki 04/9/2015, Ministeri y’ibikorwaremezo(MININFRA) n’abubatsi, bemeje ubufatanye mu kunoza umwuga w’ubwubatsi mu Rwanda.
Ihuriro ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko Rikumira Jenoside, ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi ryiyemeje kugeza ijwi ryaryo kure mu guhangana na yo.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru arasaba abayobozi bo mu karere ka Burera kujya banengera mu ruhame abaturage bafite umwanda kugira ngo bikosore.
Bamwe mu bagana akarere ka Nyamagabe, baranenga imitangire ya serivisi itaranoga kuko batazibonera igihe kandi ntibakirwe neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe burasaba abahagarariye amadini n’amatorero kwirinda inyigisho z’ibinyoma zihungabanya umutekano w’abo bayoboye.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye kuri uyu wa 03 Nzeli 2015 yasambuye amazu 75 umwe arapfa akubiswe n’inkuba abandi batatu barakomereka.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza bufatanyije na polisi, batwitse bimwe mu bikoresho bivugwa ko byifashishwaga mu kuroga.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyubakiye isomero rya miliyoni 43 abaturiye Pariki y’Ibirunga mu rwego rwo kubasangiza inyungu iva mu bukerarugendo.
Ubuyobozi bw’ishuri VTC/BUMBA riherereye mu murenge wa Mushubati, akarere ka Rutsiro, burasaba ababyeyi barirereramo kwishyura umwenda wa miliyoni ishanu baribereyemo.
Urubyiruko rwiga imyuga ku kigo cy’urubyiruko cya Kamonyi, rutangaza ko niruragiza rutazagira ikibazo cyo kubona imirimo kuko rushobora no kuyihangira.
Ikigo cy’iteganyagihe(Meteo Rwanda) cyatangaje, kuri uyu wa gatatu tariki 02/09/2015, ko hashobora kugwa imvura nyinshi idasanzwe muri iki gihe cy’umuhindo.
Abacamanza bakorera mu nkiko zitandukanye z’igihugu, kuri uyu wa 2 Nzeli 2015, batangiye umwiherero i Gabiro mu karere ka Gatsibo.
Umuntu umwe yahitanywe n’impanuka y’ikamyo yagonze igipangu cy’ibitaro bya Rubavu inakomeretsa abandi 8.
Umuryango w’umwana w’umukobwa watemye mwarimu, watangiye gusaba iperereza ryimbitse kuko utizera ko amanota ahagije kugira ngo umwana wabo akore icyaha.
Umusore w’imyaka 19 mu murenge wa Gakenke, akarere ka Gakenke, yakubiswe n’inkuba iramuhitana mu ijoro ryo kuwa 01 Nzeli 2015.
Imodoka yari yaguye mu Kivu muri iki gitondo mu karere ka Karongi yaje gukurwamo ariko uwari uwitwaye akomeza kuburirwa irengero.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi REG, Mugiraneza Jean Bosco, yatawe muri yombi kuri uyu wa 01 Nzeli 2015.
Abasirikari 165 b’u Rwanda barwanira mu kirere berekeje muri Sudani y’Epfo mu butumwa bw’amahoro basimbuyemo bagenzi babo.
Umuryango w’Abibumbye (UN) ushima ubushake n’imbaraga ubuyobozi bw’u Rwanda bushyira mu bikorwa byo kubugangabunga no kugarura amahoro ku isi.
Abanyarwanda bakorera muri Chad bageneye impunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu ngo z’i Kigali, ibiribwa n’ibiryamirwa mu rwego rwo kubihanganisha.
Abapolisi bakorera mu karere ka Ruhango bazamuwe mu ntera bagahabwa amapeti atandukanye, barasabwa guhindura imyitwarire bakarangwa n’ubushishozi mu kazi kabo.
Koperative Abishyize Hamwe Housing Cooperative (AHC) ikorera mu murenge wa Mukarange yasaniye umuturage utishoboye inzu yari yaratangiye kumugwira.
Urubyiruko 50 rwa Rubavu na Goma rwatangije ukwezi kw’amahoro kuzarangwa n’ibiganiro hagati y’urubyiruko n’abayobozi n’ibikorwa byuka amahoro.
Abayobozi bashya b’Umuryango FPR Inkotanyi mu Ntara y’Iburasirazuba, basabwe gukorana ubwitange begera abanyamuryango kugira ngo barusheho gutera imbere.
Abaturage bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye baravuga ko umwanya wa mbere akarere kabo kabonye mu mihigo batazawuvaho.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bo muri Nyamasheke basabwe kwisubiraho bagakurikiza amategeko agenga ubucukuzi kugira ngo barusheho gutanga umusaruro bitezweho.
Bamwe mu baturage ba Kamonyi ngo bashishikarira gukora umuganda wo kubaka ibyumba by’amashuri kuko ngo ari yo batezeho ahazaza h’abana babo.