Kuri uyu wa 01 Ugushyingo 2015 mu cyobo kimenwamo imyanda mu Bitaro bya Kirehe hatahuwe mudasobwa ikoreshwa muri serivise ishinzwe ububiko bw’ibitaro.
Mu Murenge wa Gishyita ho mu Karere ka Karongi inkuba yaraye ikubise inka ebyiri n’ingurube bihita bipfa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangije igikorwa cyo gukora umuhanda uzajya unyuzwamo n’amakamyo mu kwirinda impanuka z’ibikamyo bigonga Ibitaro bya Rubavu.
Bamwe mu basenyewe n’ibiza mu Murenge wa Gikonko muri Gicurasi 2015 ntibarabasha gusana kubera amikoro make, bagasaba ubufasha.
Bujara Pierre wiga umwaka wa nyuma w’amashuri yisumbuye kuri GS Gahima mu Karere ka Ngoma, avuga ko imyaka ye 58 itamuca intege ku kuba yakomeza gushaka ubumenyi.
Umuganda rusange usoza ukwezi k’Ukwakira 2015 witabiriwe n’abantu benshi, bamwe muri bo babura icyo bakora.
Mu murenge wa Muhima umuganda ngarukakwezi w’Ukwakira 2015, wibanze ku isuku y’ahakunze kwitwa Poids Lourd banahatera indabo.
Mu muganda kuri uyu wa gatandatu, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye abaturage gutwikiriza ubutaka bw’igihugu bwose ibimera.
Mu kagari ka Horezo mu murenge wa Kageyo mu karere ka Gicumbi habereye impanuka y’imodoka abantu 8 bahita bapfa umwe arakomereka.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Rubengera, muri Karongi ngo ntibazi irengero rya televiziyo zahawe Utugari ngo bajye bareberaho amakuru.
Rwamakuru wari ushinzwe umutungo wa FDLR muri Kivu y’Amajyepfo yasanze umutekano w’u Rwanda uruta kure ubutunzi bwa FDLR yari ashinzwe.
Abatuye ahubatse Umudugudu w’igiti cy’umuvumu baravuga ko bamaze gutera intambwe mu bumwe n’ubwiyunge kuburyo ntawe ukirebera undi mu ndererwamo y’amoko.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Gakenke ntibarasobanukirwa n’akamaro ko kuganiriza abana ku buzima bw’imyororokere abenshi bakabiterwa n’imyumvire.
Imihanda ihuza imijyi ihuza ibihugu bigize umuryango wa CEPGL yananiye SAFKOKO, ibikorwa byo kuyubaka byasubukuwe isoko rihawe abandi bayikora bayirangiza.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC), kirasaba itangazamakuru kongera ubukangurambaga mu kurwanya SIDA cyane ko rigeza ubutumwa ku bantu benshi.
Abakirisitu b’itorero ADEPER Paruwasi ya Rutiti mu mirenge ya Ruheru na Nyabimata mu karere ka Nyaruguru barateganya kwiyubakira Kaminuza.
Mukamana Leonie w’imyaka 27 y’amavuko afungiye kuri polisi ya Ruhango guhera tariki 29/10/2015, nyuma yo gufatanwa ikiyobyabwenge cya Kanyanga iwe.
Umujyanama wa Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda, aratangaza ko Leta ahagarariye izakomeza gufatanya n’iy’u Rwanda gukomeza gufasha mu bikorwa by’iterambere.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe imishahara y’abarimu, afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare, akekwaho guhemba abarimu ba baringa.
Ntibibaza Gerard wari umwe mu bayobozi b’igisirikare cya FDLR agataha mu Rwanda, yagaragarije umubare w’abarwanyi ba FDLR utajya utangazwa, avuga n’ahaherereye abarwanyi.
Ikigo cya Gatagara cyatangiye guhuriza hamwe abana b’abakobwa n’abahungu mu mikino na siporo, mu rwego rwo kubigisha ihame ry’uburinganire.
Umubyeyi witwa Yabaragiye Josephine yabyari ye abana bane mu Bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 29 Ukwakira 2015 bahita bapfa.
Abateganya igihe mu buryo bwa gakondo bakunze kwitwa abavubyi bagiye kwitabwaho, kuko ubumenyi bafite ku by’ikirere byemejwe ko bufite ireme.
Hari abafatabuguzi ba StarTimes b’i Huye batanze 16.000Frw ngo bajye bareba amatereviziyo yose yo mu Rwanda ariko ibyo bizejwe ntibabibonye.
Abaturage bo mu turere twa Ngororero-Muhanga na Karongi barasabwa kwitwararika ku bikorwa byangiza inkombe za Nyabarongo mu kwirinda ibura ry’amashanyarazi.
Umujyi wa Kigali ndetse n’Ikigo cy’Imari n’Imigabane cy’u Rwanda (CMA) bariga uko hakorwa ibishoboka byose hakajyaho ikigega cy’imari cyafasha abatuye ahatajyanye n’igishushanyo mbonera babona amazu agezweho yo guturamo.
Ku isi ngo Abanyafurika ni bo bagikomeye ku muco w’ubufatanye ari yo mpamvu bakagobye kuwubyaza umusaruro mu rwego rwo kuyiteza imbere.
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Mme Louise Mushikiwabo, ari mu Budage, kuva tariki 27 Ukwakira 2015 mu ruzinduko rw’akazi.
Abaturage bo mu mirenge ya Kabarore na Gitoki, bizejwe ko ikibazo cy’amazi macye cyahagaragaraga kigiye gukemuka kuko amasoko agiye kongerwa.