Abaturage bo mu karere ka Gakenke by’umwihariko aborozwa muri gahudna ya Girinka basanga iyi gahunda ituma barushaho kwiteza imbere.
Minsitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Gakenke kubera urugero abaturage, kugira ngo nabo babarebereho.
Perezida Kagame yageze muri Tanzania aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida mushya uherutse gutorwa muri iki gihugu, John Pombe Magufuli.
Abagenzi bategera imodoka muri gare ya Ruhango, baravuga ko mu bihe abanyeshuri bataha, ba nyir’amodoka ngo ntibongera kubaha agaciro nk’ibisanzwe.
Abitandukanyije n’umutwe w’inyeshyamba za FDLR barasaba bagenzi babo guhumuka bakava mu buyobe bamazemo imyaka 21 bazerera mu mashyamba ya Congo.
Nyuma y’imyaka ibiri abagenzi bagana ku Ruyenzi bahawe umurongo wa tagisi, abakomeza Bishenyi n’i Gihara na bo zizajya zibakomezanya.
Abacunda bagemura amata kuri koperative z’aborozi mu Karere ka Kayonza ngo bari mu ruhuri rw’ibibazo nyuma yo kwamburwa n’izo koperative.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Kayijuka John Herbert, ari mu maboko ya Polisi akekwaho kunyereza miliyoni 58 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Darfur, zahaye ikigega cy’amazi abaturage bavanywe mu byabo bari mu nkambi yitwa Salam.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Amb Claver Gatete, avuga ko ibyo France 24 yatangaje ko u Rwanda rwabeshye (rwatekinitse) imibare y’ubushakashatsi mu by’ubukungu ntaho bihuriye n’ukuri.
Nsabiyumva Raphael utuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yasezeye ku bwarimu aba rwiyemezamirimo none arishimira intambwe yateye.
Abaturage 90 bo mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi baravuga ko bambuwe n’Akarere Miliyoni 7 zisaga ku muhanda bakoraga.
Mu gihe Abanyarwanda bashishikarizwa kugira isuku, ngo 2% by’abatuye mu cyaro n’ 1% by’abatuye mu mijyi nta bwiherero bagira.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gicumbi rwakoze igikorwa cyo kubakira umukecuru wari umaze imyaka ibiri aba mu nzu ituzuye itanakinze.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko mu gutoranya imishinga ihabwa inguzanyo muri gahunda ya VUP harimo urujijo.
Amabara n’imiterere y’ibirango by’amapeti ya Polisi y’u Rwanda biragaragara ko byahinduwe, nubwo ubuyobozi bwayo ngo bubifata nk’ibisanzwe.
Ikamyo ifite purake za Uganda yagonze akabari gaherereye mu murenge wa Nyungo ahitwa Pfunda mu Karere ka Rubavu, ihitana umwana.
Kigali Today yatangiye guhugura abanyamakuru ku gufata amafoto y’umwuga, muri gahunda igamije kuziba icyuho cyabonekaga mu mwuga w’ubufotozi utari unoze.
Ndutiye Thoegene wari utuye mu mudugudu wa Muhororo mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Gihombo bamusanze mu mugozi yapfuye.
Mu Karere ka Kamonyi hashyizweho itsinda ryo kubarura amazu ameze nka Nyakatsi, kugira ngo bene yo bafashwe kuba heza.
Nyiragwaneza Theodosie, umubyeyi w’imyaka 30 ukomoka mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, yibarutse abana batatu ku wa 31 Ukwakira 2015, ubuyobozi bwemera kumuremera inka.
Ikigo cy’u Rwanda gishizwe Ubuzima (RBC) gitangaza ko 38% by’abana bari munsi y’imyaka itanu bafite ikibazo cy’imirire mibi ibakururira kugwingira.
Igitabo cya Francois Soudan “Conversations with President of Rwanda” giherutse gushyirwa ahagaragara kivuga ku buzima bwite bw’umukuru w’igihugu Paul Kagame.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango FPR Inkotanyi mu ishuli rikuru rya INILAK, ishami rya Nyanza ruravuga ko ibyiza u Rwanda rugezeho bifite impamvu ibitera.
Abana bamwe bo mu murenge wa Mushubati ho mu karere ka Rutsiro bajya gucukura umucanga bakurikiye amafaranga bahabwa n’abawushaka.
Imfungwa n’abagororwa bari muri gereza ya Nyakiriba basabye Abanyarwanda kwitabira ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge kuko nabo bagize uruhare muri Jenoside babitangiye.
Umunyamategeko muri Komisiyo ishinzwe ivugururwa ry’Amategeko (RLRC), asanga kuvugurura itegeko mboneza mubano biziye igihe, kuko iryari risanzweho ryasumbanishaga umugore n’umugabo.
Abaturage b’umudugudu w’Akayange ka mbere Akagari ka Nyamirama barishimira ko begerejwe amazi batagiraga haba ku mvura cyangwa ku zuba.
Nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango mu kwezi kwa Kanama 2015, imiryango 378 iracyugarijwe n’ihohoterwa rikabije.
Abaturage batuye mu Mudugudu witwa “Nyakatsi” mu Kagari ka Gahama mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirege ngo bababajwe n’iryo zina kuko ribatera ipfunwe ndetse rinabakereza mu guhabwa serivisi.