Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, kuko gisize abantu umunani batishoboye bubakirwa amazu.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gicumbi batangaza ko ubukene ari bwo bubatera kutubaka ubwiherero bwujuje ibisabwa ngo bongere isuku yo mu ngo.
Bibiliya yahoze yanditse mu Kilatini ariko inyandiko "Dei Verbum", yatumye iki gitabo gishyirwa mu zindi ndimi, n’Ikinyarwanda kiboneraho mu 1990.
Kuwa 13 Ugushyingo, imiryango itandukanye n’amatorero bikorera muri Ngororero batangije umushinga witwa SUN ugamije kurwanya imirire mibi muri aka karere.
Nyuma y’imyaka ibiri n’igice ari mu bucuruzi bw’isombe, Uramukiwe Immaculee ahamya bwamugejeje kuri byinshi birimo inzu ya Miliyoni eshanu.
Abatuye mu Karere ka Ngoma bifuza ko buri Munyarwanda akwiye kuba umurinzi w’igihango mu gushimangira gahunda ya “Ndi Umunyarwanda.”
Abayobozi b’ishyaka PL mu Rwanda baributsa abayoboke baryo ko umuco wo gukunda igihugu ari inshingano atari amahitamo nk’uko bamwe babitekereza.
Urubyiruko ruhuriye mu rugaga rw’urubyiruko rushamikiye kuri FPR Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba rwiyemeje kuba umusemburo w’iterambere.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yihanganishije imiryango n’inshuti baburiye ababo mu bitero by’ibyihebe byagabwe i Paris mu Bufaransa.
Perezida w’Ubufaransa François Hollande aratangaza ko igihugu cye kinjiye mu cyunama cy’iminsi itatu kubera ibitero byabereye i Paris bagahitana abantu babarirwa mu 120.
BDF ikomeje kongera umubare w’abahuguriwe kwihangira umurimo kugira ngo babe ari bo bazatanga akazi mu rwego rwo kunganira Leta.
U Rwanda rwakiriye Komisiyo yitwa EASTECO y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(EAC) tariki 13 Ugushyingo 2015, ikaba ishinzwe guteza imbere ubumenyi(siyansi), ikoranabuhanga n’ubuvumbuzi.
Abaturage bo mu karere ka Burera batangaza ko kuba hari imiryango isigaye ibana neza kandi yararangwana n’amakimbirane ibikesha Abarinzi b’Igihango.
Umuyobozi w’umuryango w’ibihugu by’uburayi mu Rwanda atangaza ko batajya baterwa impungenge n’amafaranga baha u Rwanda kubera icyizere rumaze kubabakamo.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Byimana Abdullah Munyemana ari afunze guhera tariki 10/11/2015, akurikiranyweho ibyaha 3 birimo no kunyereza umutungo wa Leta.
Ubuyobozi bwa Living Water International, buravuga bwishimira uko igikorwa cyo kwegereza abaturage amazi meza kirimo kugenda mu karere ka Ruhango.
Abarema isoko rya Kabarondo mu karere ka Kayonza barinubira imisoro bavuga ko itemewe basoreshwa na rwiyemezamirimo usoresha muri iryo soko.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora irasaba abayobozi b’uturere,imirenge,njyanama n’inzego z’umutekano kuzagira uruhare mu gutuma amatora ateganijwe mu mwaka wa 2016 agenda neza.
Mu karere ka Nyanza igikorwa cyo gutangiza ukwezi k’urubyiruko cyagarutse ahanini ku bishuko abakobwa bahura nabyo bakangurirwa kunanira ababashuka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burasaba abubaka, cyane cyane inzu zihurirwamo n’abantu benshi kuzirikana abafite ubumuga bakabasigira inzira zabugenewe.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2015 bwasabye abaturage bo mu Murenge wa Gisozi , kuba maso kugira ngo ibyo bakoze bidasenyuka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burahumuriza abatuye mu Mujyi wa Kayonza bubabwira ko mu minsi mikuru isoza umwaka ikibazo cy’amazi kizaba cyarakemutse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko mu bihugu bya Congo n’u Burundi hakiri ababiba amacakuburi mu bihugu by’ibiyaga bigari bagamije kubayobya.
Mu mwaka wa 2009, mu Rwanda hari ibibazo by’abana bigera ku 1000 ariko ubu ngo ntibigeze kuri 200 gusa.
Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga yasabye inzego zose kuwa 12/11/2015, kudasigara inyuma mu ikoranabuhanga Leta irimo guteza imbere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko abayobozi b’inzego z’ibanze bagize uruhare mu makosa yagaragaye muri gahunda ya “Gira inka” bagiye kuzakurikiranwa.
Umuyobozi w’Akarere wungirije mu karere ka Nyamasheke asanga Leta yica abaturage bayo ikabaryanisha nta kindi kiyishyiraho uretse shitani.
Abarinzi b’igihango bo mu Murenge wa Nyarusange muri Muhanga, batangaza ko kwihanganira ibibazo no kureba kure ari byo byabaranze.
Perezida Paul Kagame wari witabiriye inama yiga ku iterambere rya Afrika yaberaga muri Maroc, yashyikirijwe igihembo cyo kwimakaza amahoro na demokarasi.
Indashyikirwa mu bumwe n’ubwiyunge zo mu Karere ka Rwamagana zirasaba abaturage kwimakaza ubumuntu kugira ngo ubwiyunge bwuzuye bugerweho.