Abifuza kwimukira ku mubumbe wa Mars batangiye kwiyandikisha

Ikigo Mars One cyo mu Budage cyatangiye kwandika abifuza kuzajya gutura ku mubumbe witwa Mars uri mu kirere, bakazaturayo iteka ryose kuko icyogajuru cyizabajyana cyitazagira uwo kigarura ku isi.

Aho ibi bibera igitangaza ni uko kuri uwo mubumbe wa Mars hatarangwa amazi, ubutaka n’umwuka abantu basanzwe bakoresha ngo babeho ku isi.

Mu kiganiro abayoboye uyu muryango Mars One bagiranye n’abanyamakuru muri Amerika tariki 22/04/2013 bemeje ko bazakira buri wese wujuje byibura imyaka 18, ufite ubuzima bwiza, witeguye kujya kubaho mu buzima bukomeye bw’igerageza mu kirere kandi utazigera agaruka ku isi.

Bazahitamo abantu bane ba mbere bazajya gutura kuri Mars mu mwaka wa 2023. Aba ngo bazajya bakurikirwa n’abandi bantu bane bane buri myaka ibiri.

Igishuashanyo giteganya uko imbere muri bya bimashini bazajya bahinga ibyo bafungura.
Igishuashanyo giteganya uko imbere muri bya bimashini bazajya bahinga ibyo bafungura.

Kuva aya makuru yatangazwa ku mugaragaro, abantu ibihumbi bamaze kwiyandikisha ku rubuga http://applicants.mars-one.com/ rw’umushinga Mars One, kandi umwe mu bawukuriye witwa Bas Lansdorp aremeza ko bakomeje kwiyongera ku bwinshi.

Uko abahanga mu bumenyi bw’ikirere babivuga kandi bikemezwa n’abayoboye uyu mushinga w’urugendo rukumbi kuri Mars ngo imiterere y’ikirere ntiyemera ko abazakora urwo rugendo bazabasha kongera kubaho ku isi kuko bazaba baratakaje ireme ry’amagufwa n’umubiri, ariko ngo nibabona ibiribwa n’amazi n’umwuka wo guhumeka bazakomeza babeho iyo mu kirere.

Biteganyijwe ko abazatorerwa kubanziriza abandi kujya gutura kuri Mars bazatwarayo ibimashini bya rutura bazajya baturamo, bakabihingamo ibyo barya kandi ngo bazajya bakora amazi n’umwuka bahumeka mu buryo bw’ikoranabuhanga rihanitse.

Inzobere ariko zikomeje kutumvikana ku buryo bwo kubaho mu gihe kirambye aho kuri Mars kuko kuri uwo mugabane habura byinshi cyane mu bituma umuntu abaho.

Amashusho y'ibyogajuru agaragaza Mars nk'umubumbe utarangwaho ubuzima na busa.
Amashusho y’ibyogajuru agaragaza Mars nk’umubumbe utarangwaho ubuzima na busa.

Abategura uwo mushinga ariko baremeza ko bateguye uburyo bunoze bwo kubikora kandi bikazajya byirema ku buryo abantu bazakomeza kujya basangayo abandi buri myaka ibiri ubudahagarara kugera ubwo bazaturayo ari benshi.

Uyu mushinga watangijwe n’inzobere z’Abadage umaze gukurura imbaga y’abantu benshi, barimo ibyamamare byagiye bimenyekana mu bwenge no kuvumbura ibidasanzwe.

Biteganyijwe ko ku ikubitiro ari umushinga uzatwara akayabo ka miliyari esheshatu z’amadolari ya Amerika, amafaranga y’u Rwanda akabakaba tiriyari enye kugira ngo abantu bane ba mbere babashe kujya kuba aho kuri Mars.

Ahishakiye Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 36 )

ahaa ko numva bitazoroha ra gusa Imana izabarinde abazajyayo mbere

eric yanditse ku itariki ya: 19-06-2013  →  Musubize

Icyo ni ikigaragaza ububasha umuntu yaremanywe .
Isi nirimbuka abo bazaba baragiye kuri Mars bazabaho iteka ryose. nimumbwire ibisabwa ahubwo nanjye nigire yo

Vicky Manoter yanditse ku itariki ya: 15-06-2013  →  Musubize

nanjye ndumva ntazajyayo

AHADI yanditse ku itariki ya: 12-06-2013  →  Musubize

AHA ISI IGEZE MUBIHE BYANYUMA MANA TABARA ABATUYE ISI YAWE.

BAHATI yanditse ku itariki ya: 10-06-2013  →  Musubize

NTABWO BYOROSHYE KWIYAHURA KOKO!AMATEGEKO AGENGA ABIYAHURA ARABATEGEREJE

NZAYISENGA J yanditse ku itariki ya: 5-06-2013  →  Musubize

Nge ndabyifuza nawese iyisinayo iratuzunguza

pierdon yanditse ku itariki ya: 28-05-2013  →  Musubize

Sinzajyayo!

Mucyo yanditse ku itariki ya: 26-05-2013  →  Musubize

Mubareke bagende tuzahurira mu ijuru

Manizabayo yanditse ku itariki ya: 25-05-2013  →  Musubize

kujya guturayo bisaba iki?

yanditse ku itariki ya: 30-04-2013  →  Musubize

kujya guturayo bisaba iki?

yanditse ku itariki ya: 30-04-2013  →  Musubize

Mumbwire nimba ali mu ijuru nanjye niyandikishe!dore ko naho umuntu agenda ubutazagaruka.

Nzutuntu yanditse ku itariki ya: 29-04-2013  →  Musubize

Ubwo se niba ntawe ujyayo ngo agaruke hatandukaniyehe n’ikuzimu?ahantu umuntu ajya ntazagaruke nibahareke bitazabakoraho

hassan yanditse ku itariki ya: 27-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka