Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, witabiriye inama ihuza ibikomerezwa mu ishoramari n’ubukungu bw’isi (World Economic Forum) yagiranye ibiganiro byihariye n’abayobozi mu bigo byose bikomeye mu bucuruzi n’imari ku isi, abagaragariza ishusho y’u Rwanda anabereka aho batanga umusanzu.
Umunyarwandakazi Louise-Marie Mukamanzi uba mu Busuwisi yakiriye mu isengesho ryo kwiyambaza Yezu Nyir’Impuhwe none na we yaritangije mu Busuwisi.
Inshuti z’umuryango Rwanda Youth Healing Center “RYHC” ziba I Boston muri Leta zunze ubumwe za Amerika ziravuga ko zanyuzwe n’uko igikorwa cyo gucuruza impano zavanye mu Rwanda cyagenze, zikavuga ko ibi bikorwa bizakomeza hagamijwe gushakira inkunga uyu muryango w’urubyiruko rwarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Inshuti z’umuryango Rwanda Youth Healing Center (RYHC) ziri Boston muri Leta zunze ubumwe z’Amerika (USA) zigiye kugurisha impano zahawe n’urubyiruko rugize uyu muryango ubwo ziherutse mu Rwanda.
Abanyarwanda n’inshuti zabo bakoze umuganda udasanzwe wakorewe hirya no hino ku isi, aho kuri uyu wa gatandatu tariki ya 29/03/2014 bakoze icyo bise "Global Umuganda" wakozwe ahaba Abanyarwanda hose ku isi. Abawitabiriye ngo bawuhuje na gahunda yo kwitegura Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20. Abawukoreye mu (…)
Nyuma y’uko urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rukatiye Pascal Simbikangwa wari ukuriye ubutasi mu Rwanda igihano cy’igifungo cy’imyaka 25, abunganira uyu mugabo bashyikirije urukiko ubujurire bwabo kuwa gatatu tariki 18/03/2014.
Mikhail Kalashnikov, umujenerali w’umusoviete (Uburusiya bw’ubu) wakoze imbunda yamamaye cyane yitwa AK-47 yitabye imana kuri uyu wa 23/12/2013 ku myaka 94.
Perezida Kagame kuri icyi cyumweru taliki ya 17/11/2013 yatangiye urugendo rw’akazi aho azitabira inama ihuza ibihugu by’Abarabu na Afurika, inama ibaye ku nshuro ya gatatu mu gihugu cya Koweti.
Nyuma y’amezi 11 intumwa za leta ya Congo na M23 bari mu biganiro Kampala, umunsi w’ejo kuwa 11/11/2013 wari utegerejweho gushyiraho umukono ku masezerano warangiye adasinywe, ndetse ubu igihe cyo gusinya ayo masezerano cyashyizwe igihe kitazwi.
Abashakashatsi bo mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (NASA) bavumbuye umugabane uhuje byinshi n’isi, bituma ikizere cy’uko haboneka undi mubumbe waturwaho cyiyongera.
Igihugu cy’Ubuhinde gihanganye n’ikibazo cyo kubura ibitunguru ku buryo bukomeye bushobora gutuma Leta iriho muri icyo gihugu ihirima ikavaho nk’uko byagenze mu myaka ya 1980 na 1998 ubwo kubura ibitunguru byatumaga abaturage bivumbura kuri Leta ndetse bikagira uruhare mu gukura ku butegetsi Leta zariho icyo gihe.
Abakurikirana imiyiteguro y’ibiganiro by’amahoro hagati ya Guverinoma ya Kongo-Kinshasa n’umutwe uyirwanya wa M23 babwiye Kigali Today ko impande zombi zigiye gutangira ibiganiro isaa cyenda z’uyu munsi kuwa kabiri tariki ya 10/09/2013 mu mujyi wa Kampala.
Umutwe wa M23 uratangaza ko witeguye gushyira intwaro hasi burundu, abawugize bakaba abasivili nka rubanda rusanzwe igihe ngo leta ya Kongo yaramuka ifashe ingamba zihamye zo gucyura impunzi z’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda ziri mu buhungiro kandi ikarwanya indi mitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Kongo.
Ambassaderi w’u Rwanda mu gihugu cy’Ubufaransa Jacques Kabala Nyangezi kuri uyu wa gatandatu tariki ya 07/9/2013 yasuye abakinnyi n’abahanzi b’u Rwanda bitabiriye imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa irimo kubera i Nice mu bufaransa.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Haiti bari kwitabaza umuganda nka bumwe mu buryo bwo gukomeza gufasha abaturage ba Haiti kubaka igihugu cyabo nyuma y’ibibazo by’insobe byashegeshe icyo gihugu birimo umutingito n’imyuzure bidasanzwe ndetse n’umutekano mucye byashegeshe Haiti.
Minisitiri w’intara ya Kivu y’amajyepfo Jean-Julien Miruho arahamagarira Abanyekongo kutitiranya abaturage bavuga Ikinyarwanda no kuba ari Abanyarwanda kuko yemeza ko no mu gihugu cya Congo hari Abanyecongo bavuga ikinyarwanda cyane kandi mu by’ukurri atari Abanyarwanda.
Umushumba wa Kiliziya Gatulika, Papa Faransisiko wa mbere arasaba abemera ko Yezu ari umwana w’Imana bose kuzifatanya nawe mu isengesho rikomeye rizaba tariki ya 07/09/2013 hagamijwe gusenga cyane ngo amahoro aganze ku isi, by’umwihariko mu gihugu cya Siriya.
Ubwo umushumba wa kiliziya Gatulika ku isi yose, nyiri ubutungane Papa Francis yakiraga abakinnyi b’amakipe y’ibihugu by’Ubutaliyani na Argentine aho atuye i Roma mu Butaliyani, mbere y’umukino ibyo bihugu bikina mu izina rya Papa Francis, yabasabye gutanga ubutumwa bwo kubaha ikiremwamuntu ku babakurikirana buri munsi.
Mu gihe hari abantu batekereza ko abihaye Imana bo ku rwego rwo hejuru nka Papa batagira ibindi bintu bajyamo cyane cyane nk’amashyaka n’amakipe, amakuru dukesha ibiro ntaramakuru by’abongereza avuga ko Papa Francis I ari umufana ukomeye w’ikipe yitwa San Lorenzo yo mu gihugu cye cy’amavuko.
Umwami Philippe I yimitswe nk’umwami w’Ububiligi ku cyumweru tariki 21/07/2013 akaba abaye umwami wa karindwi nyuma y’uko se umubyara Albert yeguye kuri uwo mwanya, mu gihugu kimaze igihe kirekire kirimo amacakubili ashingiye ku ndimi.
Abagabo babili bakora mu kabari mu mujyi wa Mexico baraye batawe muri yombi, bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa rya Malcom Shabazz, umwuzukuru wa Malcom X.
Nyuma y’imyaka umunani uwari Papa Yohani Pawulo wa II yitabye Imana, yongeye kuvugwa mu gihugu yavukagamo cya Polonye aho abaturage batishimiye ko ishusho ya rutura yo kumwibuka idakoze mu bikoresho bihanitse nk’uko nawe yabaye igitangaza mu gihugu cye no ku isi yose.
Ikigo Mars One cyo mu Budage cyatangiye kwandika abifuza kuzajya gutura ku mubumbe witwa Mars uri mu kirere, bakazaturayo iteka ryose kuko icyogajuru cyizabajyana cyitazagira uwo kigarura ku isi.
Muri iki gihe intambara irimo gututumba hagati ya Koreya ya Ruguru na Koreya y’Epfo. Muri iyi nkuru twasubiye mu mateka agaragaza ko amakimbirane hagati y’ibyo bihugu ari aya cyera.
Ku nshuro ya mbere muri manda ye ya kabiri yatorewe, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, aritegura kugendera umugabane wa Afurika.
Kimwe n’Abanyarwanda bose muri rusange, tariki 07/04/2013 Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Haiti bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umugore wa mbere wabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Margaret Hilda Thatcher, yitabye Imana mu gitondo cya taliki 08/04/2013 afite imyaka 87 azize kuba amaraso adatembera neza ngo agere mu bwonko.
Umunyamerikakazi Julia Pierson wakoreye umutwe ushinzwe kurinda Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (secret service) igihe cy’imyaka 30, ni we watoranyijwe na Perezida Barack Obama kuyobora uwo mutwe Ni ubwa mbere umugore ahawe uwo murimo mu mateka y’Amerika.
Julian Assange akomeje kuza ku mwanya wa mbere mu bahatanira igihembo cy’abahanaranira uburenganzira bwa muntu, kizatangwa hizihizwa isabukuru y’imyaka 25 y’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu.
Chinua Achebe, umwanditsi ukomeye w’ibitabo, ukomoka muri Nigeria yitabye Imana mu ijoro rishyira kuri uyu wa gatanu tariki 22/03/2013.