Perezida Paul Kagame yasuye icyicaro gikuru cy’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi, FIFA, ahura na Perezida wayo Gianni Infantino, ndetse anasura inzu ndangamurage ya yayo.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo bateguye irushanwa ryiswe Agaciro Cup rihuza amakipe y’umupira w’amaguru n’aya basket y’abiga muri kaminuza zitandukanye.
Perezida Paul Kagame yabwiye umuryango w’Abayahudi ko amateka ya Jenoside Isiraheri n’u Rwanda byanyuzemo, yatumye habaho ipfundo ry’ubucuti ridasanzwe.
Ku majwi 65.1% Emmanuel Macron atsindiye kuba Perezida w’u Bufaransa, ahigika mugenzi we Marine Le Pen bari bahanganye wegukanye amajwi 34.9%.
Mu Mujyi wa Roma mu Butaliyani hatashywe umuhanda witiriwe inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Perezida Kagame asanga Afurika na Amerika bikwiye gukorana mu bwubahane kugira ngo bigere ku ntego imwe, aho kugira ngo Abanyafurika bahore bumva ko ubukire bwabo, bugomba gushingira ku buyobozi bwa Amerika.
Perezida Kagame na Madamu we Jeannette Kagame, bari mu ruzinduko rw’akazi mu Bushinwa, bakiriwe na Perezida w’iki gihugu Xi Jinping mu ngoro ye.
Umucamanza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) yahamije Umunyarwanda, Gervais Ngombwa,ibyaha bya Jenoside no kwinjira muri USA yifashishije amakuru y’ibinyoma, amukatira gufungwa imyaka 15.
Abaturage bo mu Bufaransa bifuza ko Barack Obama yakwiyamamariza kuyobora igihugu cyabo bakomeje kwiyongera ku buryo bamaze kurenga ibihumbi 40.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zitangaza ko mu mpeshyi ya 2016 zasenye ambasade ya baringa muri Ghana yari ihamaze imyaka 10.
Fidel Castro wategetse Cuba imyaka 49 akayigira igihugu kigendera ku matwara ya gikominisiti yatabarutse mu ijoro ryo ku wa 25 rishyira ku wa 26 Ugushyingo 2016.
Perezida wa Colombia yatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel kubera imbaraga yashyize mu guhagarika intambara yamaze imyaka 52, icyo gihugu cyarwanaga n’inyeshyamba za FARC.
U Rwanda rwifatanije n’Abanya-Isiraheli mu kababaro batewe n’urupfu rwa Shimon Peres wahoze ari Perezida wa Isiraheli akaza no guhabwa igihembo kitiriwe Nobel.
Abarwanyi bari bashyigikiye Riek Machar muri Sudani y’Epfo, bahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), bagejejwe muri Monusco i Goma.
Abaturage b’u Bwongereza batoye ko igihugu cyabo kiva mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), nyuma y’amatora ya kamarampaka.
Abaturage b’ibihugu bigize EAC n’u Rwanda rurimo ntibazongera kwakwa Visa ngo binjire muri Sudani y’Epfo
Abanyarwanda baba muri Leta ya North Dakota ho muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bitoyemo ababahagarariye by’agateganyo mu rwego rwo kubyutsa no gushinga umuryango mugari w’Abanyarwanda batuye muri iyo leta.
Umushinwakazi wari warabuze mu myaka 10 ishize, bazi ko yapfuye, bamusanze yibera mu nzu zicuruza murandasi (Cyber Café).
Guverinoma y’u Bufaransa yemeje ko bamwe mu basirikare bayo biyunze ku barwanyi b’umutwe ugendera ku mahame y’idini ya Islam [ISIS].
Iperereza ku bagabye i bitero by’iterabwoba i Paris ryatangiye, abashinzwe umutekano banatangira gufata bamwe mu bakekwaho kugababa ibi bitero.
Abaturage batuye mu nkambi za Hassa Hissa na Hamadia, Zalingei ho muri Darfur, ku itariki ya 02 Ugushyingo 2015, bamurikiwe inzu bubakiwe na RDF.
Ibiro bya Volcano Express Bujumbura byatewe n’abantu batamenyekana muri iri joro basahura ibyarimo byose banahasanga gerenade ebyiri zitaraturika
U Rwanda, Amerika n’u Buholandi bigiye gutangira gahunda yo guhugura abajya mu butumwa bw’amahoro muri Afurika.
Ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye birimo kwerekana ko Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo birimo kohererezanya ibisasu bya misile.
Ahmed al-Tobaïchi wari ukuriye abashinzwe kwita ku mwami wa Arabie Saoudite (chef de Protocole) yirukanywe ku kazi azira gukubita umunyamakuru ufata amafoto.
Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika (USA), Barack Obama arasaba perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Joseph Kabila gutegura neza amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri 2016, hubahirizwa itegeko nshinga no kurengera uburenganzira bw’abaturage b’icyo gihugu.
Mu nama mpuzamahanga y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’ubukungu mu burasirazuba n’amajyepfo ya Afurika (COMESA) irimo kubera i Addis Ababa muri Ethiopia, abafasha babo nabo bari kuganira ku byateza imbere umugore, Madamu Jeannette Kagame akaba yagaragaje bimwe mu byakozwe ku ruhande rw’u Rwanda bashobora guheraho.
Abanyarwanda batuye muri Canada bahuriye muri Ottawa bizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore ku isi wizihizwa tariki ya 08 werurwe buri mwaka.
Iri shimo perezida Kagame yarihawe mu nama iri kubera i Paris mu Bufaransa, aho yahuriye n’abandi bayobozi bo hirya no hino ku isi, bakaba bari kwiga ku ngamba zafatwa mu guteza imbere ikoranabuhanga n’ihanahanamakuru mu burezi.
Shaquille O’Neal wahoze akinira ikipe ya Basketball ya Miami Heat, kuwa kabiri tariki ya 20/01/2015 yarahiriye kwinjira mu gipolisi cya leta ya Florida, mu muhango wari uyubowe na Donald De Lucca, umuyobozi wa Police mu mujyi wa Doral.