Ubwo yatangizaga icyumwru cya community policing, tariki 11/02/2013, umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, yasabye Abanyarusizi gufatanya n’inzego z’umutekano mu kwibungabungira umutekano.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ntongwe, bwafashe icyemezo cyo kwirukana umubyeyi w’abana babiri utuye mu mudugudu wa Nyamirambo akagari ka Nyarurama nyuma yo kugaragaza ko adafite aho acumbika, kuba abana be barwaye bwaki ndetse akaba anabana na virus itera SIDA.
Abahagarariye ibihugu 19 byo ku mugabane wa Afurika, bateraniye i Kigali mu nama isuzuma uburyo umutungo w’ubutaka, amashyamba n’uburobyi byakoreshwa neza, na ba nyirabyo bagahabwa uburenganzira bwanditse.
Abayobozi bahagarariye akarere ka Gicumbi n’akarere ka Kabare ko muri Uganda, tariki 11/02/2013, bashyize imikono ku masezerano ashingiye ku gufashanya mu bikorwa bimwe na bimwe bahuriyeho kuko utu turere duhana imbibi.
Muri gahunda y’ukwezi kw’imiyoborere myiza, kuri uyu wa mbere tariki 11/02/2013, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) yasuye ibikorwa birimo ishuri ryisumbuye ESIR, inyubako y’ubucuruzi ya Kinigi, ikigo nderabuzima cya Gataraga, ndetse aganira n’abaturage.
Ambasaderi Kunio Hatanaka wasoje imirimo ye yo guhagararira u Buyapani mu Rwanda, yashimiwe ibyo yabashije kugeraho mu myaka itatu amaze mu Rwanda, ubwo yasezeraga ku mugaragaro umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 11/02/2013.
Ijambo ry’Imana ku bagororwa ngo rituma babasha kuba abantu babereye umuryango nyarwanda ndetse bakanabera Itorero ry’Imana kuko nyuma yo kwihana bagaruka mu nzira itunganye.
Bamwe mu batuye akarere ka Ruhango barasaba abadepite bazatorwa muri Nzeli uyu mwaka kujya bagaruka bakaganira nabo bakabagaragariza ibyo bagomba kubakoreraho ubuvugizi.
Akarere ka Nyanza kakunze kugaragara mu myanya y’inyuma mu mihigo mu bihe byashize, ubuyobozi bwako buratangaza ko muri uyu mwaka w’imihigo wa 2012-2013 biteguye guca agahigo bakava ku mwanya wa 22 bakagera kuwa mbere, nk’uko izina ryabo ry’ubutore “ Abadahigwa” ribyemeza.
Abaturage bavuga rikijyana mu karere ka Nyabihu, barasabwa kwirinda SIDA no gukumira ubwandu bushya bwayo. Abaturage babikangurirwa mu gihe SIDA ari kimwe mu byorezo bitarabonerwa umuti n’urukingo kandi bihitana abantu benshi ku isi.
Bamwe mu banyarwanda bakomeje kwinangira kwandikisha simukadi zabo batejereza ko Leta ishaka kujya nazo izisoresha, nk’uko bigenda ku bicuruzwa.
Guhera mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki 08/02/2013, Umujyi wa Kibuye wahinduye isura, kubera amatara yashyizwe ku mihanda aboneshereza abantu, nyuma y’igihr cyari gishize akarere karashyize mu mihigo gushyira amatara ku muhanda.
Umuyobozi w’akarere ka Burera ashimira ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’ako karere (JADF Burera), kuko ribafasha mu rugamba rwo guteza imbere abagatuye. Bukemeza ko iterambere rirambye rigerwa ho hatifashshijwe abafatanyabikorwa bikorera.
Chairman w’umuryango RPF-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, yasabye imbaga y’abanyamuryango bari mu byiciro bitandukanye, kujya kwiga kuri ejo hazaza h’ubuyobozi bw’igihugu.
Icyambu cya Rwagasave cyo mu karere ka Nyanza cyongereye umubano usanzwe hagati y’Abarundi n’Abanyarwanda mu bijyanye n’imigenderanire n’imihahiranire nk’uko byemezwa n’abaturage b’ibyo bihugu byombi.
Zimwe mu mpunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme ziratangaza ko zanze gutega amaboko zisabiriza maze zikibumbira hamwe muri koperative yitwa COFECAKI (Cooperative des initiatives des femmes du camp de Kigeme), kugira ngo zijye zibasha kwinjiza amafaranga azifasha mu buzima bwazo bwa buri munsi.
Mu kiganiro ubuyobozi bw’akarere bwagiranye n’abanyamakuru tariki 08/02/2013, bwavuze ko gare y’akarere ka Ruhango izubakwa ahitwa mu mudugudu wa Gataka akagari ka Nyamagana hafi y’isoko rya kijyambere.
Abaturage bo mu mirenge yo mu karere ka Gisagara, imaze gushyirwamo umuriro w’amashanyarazi mu bihe bya vuba, barasaba ko bakwishyurwa amafaranga agurana amasambu yabo yacishijwemo insinga bemerewe none hakaba hagiye gushira umwaka batarayahabwa.
Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zishinzwe gufasha ibihugu by’Afurika bibungabunga amahoro ku isi (ACOTA), barasuzuma niba hari icyo bavugurura ku myitozo ihabwa ingabo zijya mu butumwa bw’amahoro hanze.
Dufitumukiza Elias ufite uruganda rutunganya umuceri rwitwa “Ruhuha Kundumurimo Ltd” ruri mu karere ka Bugesera aratangaza ko ku kwezi ahomba amafaranga arenga miliyoni eshatu kubera uruganda rwe rwafunzwe.
Umusaza Nkurikiyinka Damien utuye mu kagari ka Gitisi, umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, arasaba inzego zibishinzwe kumukurikiranira ikibazo cy’isambu ye yangijwe kuko nta handi yakura ubushobozi bwo gutunga umuryango we.
Akarere ka Nyamasheke karashimira Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ku mahugurwa yahaye abafite mu nshingano zabo imiturire muri aka karere ajyanye no gukora ibishushanyo no gufata ibipimo by’imidugudu.
Ku gicamunsi cya tariki 07/02/2013, Abanyarwanda 48 barimo abasirikare babiri bahoze muri FDLR bageze mu nkambi ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi bavuye mu mashyamba yo muri Congo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buragaya umurenge wa Nyarusange kuba ariho hasigaye akagari katagira inyubako gakoreramo. Akagari ka Rusovu nta nyubako gafite gakoreramo yako kuko aho gakorera ari ahantu katiye.
Imiryango 50 yo mu mirenge itanu yo mu karere ka Burera, harimo n’iy’abasigajwe inyuma n’amateka ndetse n’iy’ababana n’ubumuga, tariki 07/02/2013, yagabiwe inka kugira ngo ive mu bukene, igire imibereho myiza.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques yakoranye inama n’abaturage 25 bafite isambu mu murenge wa Runda uruganda Ruliba Clays LTD rushaka gucukuramo ingwa, maze abamenyesha ko akarere kemeye kubaha ingurane maze kakaziyumvikanira na Ruliba.
Umuryango Zonta International uri gusura ibice bitandukanye by’igihugu mu rwego rwo kureba uko inkunga utera u Rwanda binyuze mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (Unicef) ikoreshwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burashima abafatanyabikorwa b’umushinga w’Ababiligi PROTOS ko bafasha akarere mu bikorwa cyane cyane by’iterambere ry’icyaro birimo isuku n’isukura, kugeza amazi meza ku baturage, kwita ku bidukikije, guca amatelasi y’indinganire n’ibindi.
Komite zishinzwe imiturire mu turere zirasabwa gukorera hamwe zikamenyekanisha gahunda ya Leta y’imiturire ivuguruye kugirango gahunda y’iterambere ry’imijyi n’imiturire ivuguruye mu cyaro igerweho mu gihe cyateganyijwe muri gahunda ya kabiri y’imbaturabukungu no kurwanya ubukene (EDPRS 2).