Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Cameroun, Lejeune Mbela Mbela, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, ashengurwa n’ubwicanyi ndengakamere bwakorewe Abatutsi.
Mu gikorwa cy’imurika ry’imihigo ya 2015-2016, abakozi b’Akarere ka Huye bambaye impuzankano zakorewe mu Rwanda mu rwego rwo guteza imbere ibihakorerwa.
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rw’abanyeshuri basoje itorero Indangamirwa, ko ryabafashije kugira indangagaciro zo kutazaba ibigwari no guhunga inshingano ahubwo bakamenya ibibabereye.
Uruganda rutunganya isombe “Shekinna” rukorera kuri Nyirangarama mu Karere ka Rulindo, rwashyize ku isoko isombe irimo inyama n’irimo amafi n’ibirungo, ihira iminota itanu gusa.
Akarere ka Karongi kavuga ko ingufu kakoresheje kegereza abaturage imiyoboro amashanyarazi zisa nk’izapfuye ubusa kuko ubwitabire bw’abaturage bakuruye umuriro ari bucye.
Mu imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Rulindo abikorera n’abandi basabwe kunoza no kongera ibyo bakora kuko iyo umutekano uhari nta kidashoboka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwahagarikishije imirimo yose ya Tombora bise “Ikiryabarezi”.
Abari batuye aho umuhanda mushya Akarere ka Nyarugenge kubatse mu Kagari k’Agatare, Umurenge wa Nyarugenge uca, barashima ko bishyuwe mbere yo kubasenyera.
U Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika byahawe igihembo cyo guteza imbere abagore, aho rwashimiwe kugira abagore benshi muri politiki n’imiyoborere.
Ibiro bishya by’Akarere ka Rutsiro bigomba kuzasimbura ibyari ibya Komini ntibigitashywe muri Nyakanga 2016 kuko hakiri imirimo igikorwa.
Abakuru b’ibihugu by’Afurika bateraniye i Kigali, babuze uwo bahitamo uzasimbura Dr Nkosazana Dlamini Zuma ku mwanya w’ubuyobozi bwa Komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe.
Abakene bo mu Kagari ka Remera mu Karere ka Muhanga bagiye kujya bitabwaho n’abishoboye kugira ngo babatangire amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Abaturage batuye mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko babangamiwe no kujya gushyingura ababo kure.
Bamwe mu baturage batuye ahazaterwa icyayi mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko badashaka kuba mu mazu barimo kubakirwa.
Abaperezida 30 ba Afurika n’uwa Palestine, aba Visi Perezida, abakuru ba Guverinoma n’abandi bantu bakomeye muri Afurika no ku isi, bakomeje imirimo y’Inama ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika irimo kubera i Kigali kuva tariki 10 kuzageza 18 Nyakanga 2016.
Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika uteraniye i Kigali watanze pasiporo (urwandiko rw’inzira) yo kugenda ibihugu bya Afurika nta mipaka, bwa mbere ku bakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Tchad.
Afungura ku mugaragaro Inteko Rusange ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika iteraniye mu Rwanda, Perezida Kagame yasobanuye ko ubumwe bw’abatuye uyu mugabane bugomba kugaragarira mu bikorwa biteza imbere ubuzima bw’abaturage.
Nyampinga w’Intara y’Amajyepfo, Miss Isimbi Edwige, yahaye Ikigo cy’Urubyiruko cy’Akarere ka Muhanga, ibitabo 400 byo gusoma, nk’uko yari yabihize ubwo yahataniraga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016.
Umwiherero w’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, wemeje uburyo Afurika itazongera gushingira ku nkunga z’amahanga, aho buri gihugu kizasoresha 0.2% kuri buri gicuruzwa gitumizwa hanze.
Abaperezida 30 b’ibihugu bya Afurika na Perezida wa Palestine, bari i Kigali mu nama ya 27 y’Ubumwe bwa Afurika (AU) ibera mu Rwanda kuva tariki 10 kuzageza 18 Nyakanga 2016.
Ikigo cy’ubushakashatsi n’ubusabane bugamije amahoro (IRDP) kiravuga ko ubujiji buri ku isonga mu biteza amakimbirane yo mu miryango kandi ko inzego zihagurutse zikaburwanya, amakimbirane yagabanuka.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 16 Nyakanga 2016, Perezida wa Palestine, Mahmoud Abbas, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yunamira imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, zirushyinguyemo.
Abanyamakuru b’abanyamahanga bari mu Rwanda baje gutara no gutangaza inkuru zerekeranye n’inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, AU, batangajwe no kubona aho u Rwanda rugeze nyuma y’imyaka 22 kivuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakora ingendo rwagati mu Mujyi wa Kigali barinubira ko ibiciro by’ingendo, by’umwihariko izinyura hafi y’ahabera inama y’Ubumwe bw’Afurika (AU) byazamutse kubera umubyigano w’ibinyabiziga.
Umuryango w’ubufatanye bwa Afurika mu by’Ubukungu (NEPAD), uratangaza ko ugiye gushaka ingufu z’amashanyarazi mu rwego rwo guteza imbere inganda kuri uyu mugabane.
Kuba ikigo nderabuzima cya Kirarambogo kitagira amashanyarazi, ubuyobozi bwacyo n’abakigana bemeza ko hari byinshi byangiza na serivisi ntizitangwe uko bikwiye.
Abahoze muri FDLR barangije kwiga amasomo y’imyuga i Kayonza barasabwa kutazatatira igihango bagiranye na leta y’u Rwanda yabishyuriye bakajya kwiga.
Abana baba mu nkambi ya Mahama bafashe umugambi wo gukorera indoto zabo, nyuma yo kumva ubuhamya bwa Malala Yousafzai wanyuze mu bihe bikomeye.
Imiryango y’abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gicumbi bifuza ko batuzwa hamwe n’abandi baturage kugira ngo bibafashe guhindura imyumvire.