Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwijeje abaturage bazatura mu mu mudugudu w’ikitegererezo, kuzatuzwa neza kandi heza kugira bashobore gushyigikira iki gikorwa.
Umuryango urwanya ubukene n’akarengane "Action Aid’, uravuga ko abantu b’igitsina gore bavunishwa imirimo idahabwa agaciro mu rugo, bigatuma badatera imbere.
Sergent Major Jean Baptiste Bisemakweli wari akuriye abarinda Col Hatangumuremyi Vedaste ushinzwe ubunyamabanga bw’inama nkuru y’igisirikare cya FDLR Foca yatashye mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabwiye umunyamakuru wa radiyo y’Abafaransa (RFI), wamubajije ibijyanye na demokarasi, ko Abanyafurika badakeneye kuyoborwa n’andi mahanga.
Ubuyobozi bwa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru burasaba abanyamuryango kugira uruhare mu kugenzura imikorere n’imicungire y’ibimina bya mituweri.
Abatuye Umudugudu wa Murindwa mu Kagari ka Birenga, Umurenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma barishimira amazi meza begerejwe, bakaruhuka amasaha ane bakoreshaga bajya kuvoma ahitwa i Sine.
Ikigo cy’igihugu cy’indege za Gisivire cyasabye abatuye mu Karere ka Muhanga kutagira impungenge igihe bazabona utudege tutagira abapilote mu kirere.
Abatuye mu midugudu irindwi y’utugari twa Kibungo mu Murenge wa Ntarama mu Bugesera, bamaze imyaka itanu bishyuye amafaranga yo kubazanira amashanyarazi ariko ntarabageraho.
Abaturage bo mu Bugesera bakoresha amavomo rusange mu mirenge itandukanye barasaba ko hajya hakurikiranwa abanyereje amafaranga y’amavomo aho gufungirwa amazi.
Ndengabaganizi Euphrem, umuhinzi wa kawa mu Karere ka Ngoma, arasaba ubufasha nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye hegitari eshanu za kawa ye.
Leta y’u Rwanda irateganya kuzakoresha ingengo y’imari ya miliyari 5.5Frw mu matora ya Perezida azaba mu kwezi kwa Kanama mu 2017.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, batangiye abatishoboye 30 bo muri uwo murengeumusanzu wa Mituweri.
Akarere ka Ruhango gafatanyije n’abaturage barimo kubakira imiryango 12 y’Umurenge wa Ruhango yari ituye nabi, kandi ngo bizageza mu mpera za Nzeri 2016, bamaze gutuzwa neza.
Abifite mu Karere ka Karongi barasabwa kongera ingufu mu kwita ku bana b’impfubyi kuko ababigiramo uruhare cyane ari abaciriritse.
Abaturiye ruhurura ya Mpazi mu Murenge wa Rwezamenyo w’Akarere ka Nyarugenge, baravuga ko kuva yakorwa, inzu zabo zazamuye agaciro.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Huye ruvuga ko bagenzi babo bagiye bandura Sida byagiye biterwa ahanini n’abantu bakuru babashukisha amafaranga, ariko hakaba n’abagiye bagemurwa na bagenzi babo.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable, arasaba abaturage b’Umurenge wa Nyarubaka gushyira hamwe no gufasha abatishoboye kugira ngo na bo bagire ubuzima bwiza.
Abana batanu bo mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze bafatiwe ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi bavuga ko bari bagiye guhanurira U Burundi.
Abarimu bo muri GS. Nyumba baratabariza mugenzi wabo Ferdinand Ndorimana wagize impanuka ikomeye, ubu akaba akeneye arenga miliyoni ngo abashe kwivuza.
Umubano wihariye hagati y’Akarere ka Gasabo n’aka Ngomba witezweho gufasha buri karere gucyebura akandi, kuko kamwe ari ak’icyaro akandi kakaba ak’umujyi.
Dr. Joseph Mungarurire, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere ry’Inganda (NIRDA), avuga ko umwaka wa 2018 uzarangira imiti yakorwaga na IRST yasubiye ku isoko.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge, kwimakaza ubuyobozi bwiza butarangwamo ruswa kugira ngo bageze abaturage ku cyerekezo kizima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga barakangurira abaturage bako kwihutira kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) kuko ngo abatinda kubwishura baritesha amahirwe yo kuvurwa ku gihe.
Abagore baterwa inkunga n’umuryango Women for Women, baravuga ko ubumenyi bwo gucunga amatsinda bahabwa, bubaha icyizere cy’iterambere kabone nubwo inkunga bahabwa n’uyu muryango yahagarara.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana yasabye abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali kwicungira umutekano, bubahiriza amategeko y’umuhanda kandi bagatangira amakuru ku gihe.
Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere ka Nyaruguru, ryavuze ko ryiyemeje gukumira umufatanyabikorwa wategura imishinga itazagerwaho bita “baringa”.
Guhererwa serivise ahantu hashaje byatumye abatuye Akagari ka Munazi, mu Murenge wa Save muri Gisagara biyubakiye ibiro by’akagari bifite agaciro ka miliyoni 19.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yikomye ababyeyi b’abana 870 barangije amasomo y’imyuga no kugororerwa ku Iwawa mu Karere ka Rutsiro.
Bugingo Jonas watomboye moto nshya muri Airtel avuga ko izamwinjiriza amafaranga akabona ibyo akenera ku ishururi ku buryo azarangiza adatezwe.