Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Nyakanga 2021 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro, ibi bikaba ari ibiro by’Umukuru w’Igihugu.

Ni inama benshi bategereje kumva imyanzuro iyifatirwamo cyane cyane ku bijyanye no kumenya niba Umujyi wa Kigali n’Uturere umunani tumaze ibyumweru bibiri muri Guma mu Rugo dukomorerwa cyangwa niba twongererwaho indi minsi.

Ni mu gihe kandi utundi turere na two tumaze igihe turi muri gahunda ya Guma mu Karere, ariko hakaba hari imwe mu mirenge yo muri utwo turere iherutse gushyirwa muri Guma mu Rugo bitewe n’ubwandu bwa COVID-19 bwarimo bwiyongera cyane muri iyo mirenge.

Kureba imyanzuro yafatiwe muri iyi nama, kanda HANO

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 18 )

Rwose nanjye numva bafungura ariko ingamba zokwirinda zikagumaho ahubwo imodoka zitwara abantu muti rusange bakaba baziretse kuko nizo zikwirakwiza ubwandu cyane kurenza ahandi

Alias yanditse ku itariki ya: 30-07-2021  →  Musubize

Jye numva ku bijyanye n’amashuri hashyirwaho ingamba zo gukumira no kurwanya covid19 ndetse na Delta ariko badafunze kuko mbona mu gihe kizaza byazatugiraho ingaruka kuri iyi generation ku bijyanye n’abakozi bize kd siko abanyarwanda Bose bagira access ku ikoranabuhanga.

Alias ntasoni yanditse ku itariki ya: 30-07-2021  →  Musubize

Bafungura, ingamba zo kwirinda zikagumaho, ariko imodoka zitwara abantu muri rusange bakaba baziretse kuko ziri mu byakwirakwije icyorezo mu minsi ishize, mwibuke abantu benshi bihutira kuva muri Kigali bakagenda babyigana na za bus zuzuye.

N’iyo bazirekuye ngo zitware 50℅ hari aho zirenza 75℅, baziha 75™ hakaba abarenza bakanatendeka

Mparambo yanditse ku itariki ya: 30-07-2021  →  Musubize

Bafungura, ingamba zone kwirinda zikagumaho, ariko imodoka zitwara abantu muri rusange bakaba baziretse kuko ziri mu byakwirakwije icyorezo mu minsi ishize, mwibuke abantu benshi bihutira kuva muri Kigali bakagenda babyigana na za bus zuzuye.

N’iyo bazirekuye ngo zitware 50℅ hari aho zirenza 75℅, baziha 75™ hakaba abarenza bakanatendekabakanatendeka.

Mparambo yanditse ku itariki ya: 30-07-2021  →  Musubize

Njye ndabona bakongeraho Guma murugo ya 5jrs twaba tumaze kureba aho icyorezo kigeze

Nduwayo yanditse ku itariki ya: 30-07-2021  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka