Umugore w’umuhanzi Sebanani André yitabye Imana

Umufasha wa Sebanani André, wabaye umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa tariki 21 Nzari 2015.

Umuhungu wa Sebanani, Aristide Songa, yabwiye Kigalitoday ko umubyeyi we, Mukamulisa Anne Marie yari arwariye mu bitaro by’ahitwa kwa Kanimba.

Anne Marie Mukamulisa, umufasha wa Sebanani witabye Imana
Anne Marie Mukamulisa, umufasha wa Sebanani witabye Imana

N’akababaro kenshi, Songa yavuze ko umubyeyi wa bo bari basigaranye, yitabye Imana mu masaha ya saa kumi z’igitondo cy’uyu munsi, akaba yazize uburwayi yari amaranye iminsi.

Sebanani wabaye icyamamare mu muziki nyarwanda, yazize Jenoside mu 1994
Sebanani wabaye icyamamare mu muziki nyarwanda, yazize Jenoside mu 1994

Uyu mubyeyi Mukamulisa Anne Marie, yashakanye na Sebanani André tariki 01 Nzeri 1979, babyarana abana bane aribo Sheja Eliane, wavutse mu 1981, Damarara Diane wavutse mu 1984; Shyengo Frida wavutse mu 1985; na Songa Aristide ariwe bucura wavutse mu 1988.

Abana ba Sebanani na Mukamulisa
Abana ba Sebanani na Mukamulisa

Umufasha wa Sebanani André akaba asize abana bonyine dore ko umugabo we Sebanani André we yazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Sebanani yamenyekanye nk’umwe mu bahanzi Nyarwanda bo hambere bari bakomeye cyane kandi ari ibyamamare, akaba kandi yaranakinnye amakinamico menshi hano mu Rwanda.

Sebanani kandi yabaye umunyamakuru mu cyahoze ari ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru(ORINFOR).

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

Ibitekerezo   ( 26 )

R.i.p mama wacu twese tuzagukumbura cyane turagukunda kdi kuzagukurikiza, imana ikwakire mubayo.................

531zou yanditse ku itariki ya: 21-09-2015  →  Musubize

oh pole bambe izo mpfubyi zizaharanire kuba intwari nkababyeyi babo RIP.

Nshimiyimana potien yanditse ku itariki ya: 21-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka