Perezida Kagame yasabye ko uturere tugaragara mu myanya ya nyuma tuzajya dutanga ibisobanuro

Perezida Paul Kagame ubwo yari mu muhango wo guhigura imihigo y’umwaka ushize wa 2014-2015 no gusinya imihigo mishya y’umwaka wa 2015-2016, wabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Kanama 2015, yavuze ko uturere dukunze kugaragara ku myanya ya nyuma mu mihigo, dukwiye kujya dutanga ibisobanuro bibitera bagafatanya kubikemura.

Muri uyu muhango, Perezida Kagame yagarutse ku turere dukunze kugaragara mu myanya y’inyuma , nka Gatsibo, Rutsiro na Karongi, avuga ko hagomba gukurikiranwa impamvu duhora inyuma, ndetse anasaba abandi bayobozi bakurikirana imihigo ko, uturere tuje mu myanya ya nyuma hajya hasobanurwa impamvu yabyo.

Perezida Kagame yasabye abayobozi b'uturere batitwara neza kujya bisobanura.
Perezida Kagame yasabye abayobozi b’uturere batitwara neza kujya bisobanura.

Yagize ati "Uturere twakoze neza mu mihigo iyo ukurikiranye ubona impamvu.
N’utwakoze nabi na two urakurikirana ukabona impamvu…Aho byagenze neza, tugomba gukomeza gukoresha kurushaho izo mpamvu kugira ngo turusheho kugera ku byiza tukanarushaho."

Umuyobozi w'akarere ka Huye Muzuka, akarere ayoboye niko kahize utundi mu mihigo y'umwaka ushize wa 2014/2015.
Umuyobozi w’akarere ka Huye Muzuka, akarere ayoboye niko kahize utundi mu mihigo y’umwaka ushize wa 2014/2015.

Yanatangaje kandi ko aho byagenze nabi abantu baba bagomba kumenya inkomoko yo kudakora neza iyo ariyo, kugira ngo birusheho kubabera isomo, ibitagenda neza bikosorwe.

Andi mafoto:

Ba Guverineri Munyatwali (ibumoso) na Bosenibamwe (iburyo) bari baje kureba uburyo uturere bahagarariye twitwaye.
Ba Guverineri Munyatwali (ibumoso) na Bosenibamwe (iburyo) bari baje kureba uburyo uturere bahagarariye twitwaye.
Hari hari abayobozi batandukanye mu nzego z'ibanze no muri guverinoma.
Hari hari abayobozi batandukanye mu nzego z’ibanze no muri guverinoma.
Uyu muhango uba buri mwaka ugamije gutuma inzego z'ibanze zongera ingufu mu iterambere ry'abaturage n'igihugu muri rusange.
Uyu muhango uba buri mwaka ugamije gutuma inzego z’ibanze zongera ingufu mu iterambere ry’abaturage n’igihugu muri rusange.
Abayobozi b'uturere basinyira imihigo y'ibyo bazakora imbere ya Perezida Kagame buri mwaka.
Abayobozi b’uturere basinyira imihigo y’ibyo bazakora imbere ya Perezida Kagame buri mwaka.

Uko Uturere twose twakurikiranye mu mihigo:

1- HUYE 83%
2- NGOMA 81.6%
3- NGORORERO & NYANZA 80.5%
5- KICUKIRO& BURERA 79 %
7- NYAMAGABE78.2%
8- GASABO 78%
9- NYAGATARE 77.8%
10- MUHANGA& RWAMAGANA 77.7%
12-GISAGARA 77.6%
13-MUSANZE &KIREHE 77.4%
15-RUBAVU 77.1%
16-NYAMASHEKE 76.7%
17-NYARUGURU 76.5%
18-RUHANGO &GICUMBI 76.4%
20-KAYONZA 76.3%
21-RULINDO& NYABIHU 76.1%
23-RUTSIRO 74.9%
24-GATSIBO 74.7%
25-BUGESERA 74.6%
26-NYARUGENGE 74.1%
27-RUSIZI 73.7%
28-KAMONYI 72.2%
29-KARONGI 70.8%
30-GAKENKE 70.2%

Roger Marc Rutindukanamurego

Ibitekerezo   ( 14 )

GATSIBO MUYIVANGE NA KAYONZA NA NYAGATARE MUYIKURE KU IKALITA YIGIHUGU KO IRANANIRANYE, YEWE MUNYABURANGA WE YANANIWE KERA

ALIAS yanditse ku itariki ya: 15-08-2015  →  Musubize

ahaaa bugesera se ko yageragezaga ra mayor rwagaju ntako aba atakoze buriya bipfira mu nzego zo hasi mu tugari ni mirenge

dujuan yanditse ku itariki ya: 14-08-2015  →  Musubize

abayobozi ba rusizi bihereye mu gushaka amafaranga gusa ,imisoro irarigiswa ,ntibakemura ibibazo by’abaturage,ibigo by’amashuri birya amafaranga ukobyiboneye,ntaterambere abayobozi bamwe baracyahuzagurika

ALIAS yanditse ku itariki ya: 14-08-2015  →  Musubize

Gutanga ibisobanuro ningombwa kugirango hamenyekane impamvu ituma iterambere ridaterimbere,hakarebwa uruhande bipfiramo nimba arimunzego zohasi bikamenyekana hakaba ariho hashyirwamo imbaraga,kuturere duhorinyuma natwo bakwiyekwikubitagashyi kukobirababajeeee!!!!

Rukundo Jean dela Croix yanditse ku itariki ya: 14-08-2015  →  Musubize

Kuba Minisitiri w’Intebe yaravuze ko akanyafu ka Kagame ariko katumye abayobozi bamwe na bamwe bikosora, birerekana ko dufite abayobozi batita ku nshingano zabo uko bikwiye. Jye sinumva impamvu umuyobozi yasinzira agategereza gukubitwa agashyi ngo akanguke.

Ngabonziza yanditse ku itariki ya: 14-08-2015  →  Musubize

uturere twanyuma tudatanze impamvu abayobozi batwo baterera iyo maze igihugu cyacu kikadindira mu iterambere.

TUYISENGE Philbert yanditse ku itariki ya: 13-08-2015  →  Musubize

Mitation zidasobanutse ku bakozi bo mu tugali n’imirenge na major uhuzagurika ntagirwa inama nibyo bikoze kuri RUTSIRO

PAPY yanditse ku itariki ya: 13-08-2015  →  Musubize

RUHANGO NI BYO RWOSE NAWE SE NIHO HATARI AMASHANYARAZI IYA NYUMA MURI SOUTHERN KWELI

Hammy yanditse ku itariki ya: 13-08-2015  →  Musubize

Karongi ifite ikibazo gikomeye mu miyoborere bitewe na Komite Nyobozi itumvikana ndetse na Perezida wa Njyanama wifitiye amatiku gusa.

Fifi yanditse ku itariki ya: 13-08-2015  →  Musubize

Ndashimira cyane HE Paul Kagame kuba yatekereje ku Karere ka Gatsibo kuko biratubabaza guhora inyuma,impamvu nta yindi si abayoborwa batumva,ahubwo ni abayobozi dufite badasobanutse.nk’ubu SE w’umurenge wacu abaturage benshi ntibamuzi,ahora yihishe mu bureau!twifuza ko yadukoresha nibura inama imwe ariko shwi.

aka Gogo yanditse ku itariki ya: 13-08-2015  →  Musubize

Murakoze ku makuru muduha, ndabona intara y’amajyepfo yarakaniye. Mukore kuri 12 ni gIsagara ntabwo ari gUsagara.

Alias yanditse ku itariki ya: 13-08-2015  →  Musubize

Ibisobanuro ni ngombwa ku turere twaje mu myanya y’inyuma

Kaganga yanditse ku itariki ya: 13-08-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka