Miss Rwanda yakoze impanuka y’imodoka

Miss Rwanda 2012, Umutesi Aurore Kayibanda, muri iki gitondo cyo kuwa mbere tariki 1/04/2013, yakoze impanuka y’imodoka, ubwo yari yitwaye mu mujyi wa Kigali ariko nta muntu wayiguyemo cyangwa ngo akomereke bikabije.

Iyi mpanuka yabereye mu ihuriro ry’imihanda ibiri, yabaye ahagana saa tatu n’igice za mu gitondo haruguru ya Kiriziya Saint Michel. Miss yagonganye n’indi modoka yo mu bwoko bwa CARINA E ndetse na Moto yari iparitse ku muhanda.

Imodoka ya Miss yangiritse cyane.
Imodoka ya Miss yangiritse cyane.

Umwe mu babonye iyo mpanuka yagize ati, “Iyi modoka ya Miss Rwanda yavaga mu mujyi yerekeza kuri KIST, ihura n’indi ya CARINA E yavaga mu Kiyovu. Njye nagiye kumva numva urusaku rw’ibintu bigonganye, mpindukiye mbona zagoganye zigenda zigana kuri Moto yari ihagaze i ruhande rw’umuhanda.”

Imodoka ya Miss Rwanda yari yangiritse bikabije, ndetse na ka gafuka k’umwuka (Air Bag) karinda umuntu iyo aramutse agonze katashoboye gukora akazi kako, kuko katigeze gafunguka ngo kuzure umwuka nk’uko bisanzwe bigenda mu gihe cy’impanuka.

Agafuka k'umwuka (Air Bag), ntabwo kigeze gafunguka nk'uko biteganyijwe.
Agafuka k’umwuka (Air Bag), ntabwo kigeze gafunguka nk’uko biteganyijwe.

Iyo mpanuka cyakora ngo ntabwo ikanganye nk’uko Umuvugizi w’ishami rya Polisi ishinzwe umutekano mu muhanda, Chief Inspector Vianney Ndushabandi, yabyemeje.

Yagize ati, “Amahirwe ni uko nta wakomeretse bikabije cyangwa ngo ahasige ubuzima. Ikindi ni uko ibi binyabiziga byose byari bifite ubwishingizi. Twamaze gupima, ubu igisigaye ni uko bose bazavugana na sosiyete zabo z’ubwishingizi ubundi bakishyurwa.”

Nubwo imodoka yangiritse, Miss wari uyitwaye ntacyo yabaye.
Nubwo imodoka yangiritse, Miss wari uyitwaye ntacyo yabaye.

Robert Muhirwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 19 )

imana ishimwe cyane kuko yarokotse!

twahirwa sam yanditse ku itariki ya: 17-08-2013  →  Musubize

MISS RWANDA WIHAGANE CYANE KUMBWIYOMPANUKA

MUSIME EDWIN yanditse ku itariki ya: 25-06-2013  →  Musubize

bas wihangane kdi Imana ishimwe kuba warokotse so God be with you

ntakirutima emmy yanditse ku itariki ya: 16-06-2013  →  Musubize

Wapi imodoka yabaye amashara kuriya ariye ejo? Imana ishimwe ubwagihumeka yari ichina

FRAMUK yanditse ku itariki ya: 2-04-2013  →  Musubize

sha mungu asifiwe kabisa.kuko byari kuba bibaje cyane kumuryango wa kayibanda.

rugema bably yanditse ku itariki ya: 2-04-2013  →  Musubize

Imana nishimwe cyane kubayabarinze bombi. Gusa icyo twasaba nuko abatwara ibinyabiziga baza jyabitondera cyanecyane inkomane bakabanza bakareba hiryanohino.

BUKURU Augustin yanditse ku itariki ya: 2-04-2013  →  Musubize

Ihangane mwali w,u RWANDA HUMURA BIBAHO.

yanditse ku itariki ya: 2-04-2013  →  Musubize

ihangane mwali w,u RWANDA

yanditse ku itariki ya: 2-04-2013  →  Musubize

eeeeeeeeeeeeeeee uyumwana Imana ikomeze kumuba hafi rwose dukeneye abazamukomokaho beza nkawe muri 2020 ihangane chr

john makuni yanditse ku itariki ya: 2-04-2013  →  Musubize

Bazamuhaye imodoka nzima koko? immatriculation yayo nayo iransekeje.

Yihangane, kandi Imana ishimwe twari tukubuze.

BB yanditse ku itariki ya: 2-04-2013  →  Musubize

miss wacuwe!! jye ugendana akariro gake na frain, ubundi turakwikundira!

biryohabiryana yanditse ku itariki ya: 2-04-2013  →  Musubize

Miss Aurore, pole kdi wihangane IMANA bivuze ko haricyo ikikwifuzah ku kuyikorera, komera sst!

Grevy S yanditse ku itariki ya: 1-04-2013  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka