Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
Nyuma y’uko mu karere ka Kirehe habereye impanuka ikomeye igahitana abantu batandatu naho abandi 15 bagakomereka, tariki 18/07/2013, Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasuye abarwariye mu bitaro bya Kirehe anihanganisha ababuriye ababo muri iyi mpanuka.
Minisitiri w’Intebe yihanganishije abarwayi bari mu bitaro hamwe n’imiryango y’ababuriye ababo muri iriya mpanuka, akaba yarababwiye ko bagiye kwitabwaho n’akarere gafatanyije n’ubuyobozi butandukanye mu kuvuza aba bakomerekeye muri iyi mpanuka hamwe no mu bikorwa byo gushyingura abasize ubuzima muri iyi mpanuka.
Dr Pierre Damien yavuze ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yihanganishije iyi miryango yaburiye ababo mu mpanuka hamwe n’abakomeretse n’imiryango yabo muri rusange, akaba yabwiye abari mu bitaro ko bagiye kubavuza bishoboka kugira ngo babe bakira.
Minisitiri w’Intebe ari kumwe na Guverineri w’intara y’Uburasirazuba hamye n’abandi bayobozi batandukanya kandi bageze aho iyi mpanuka yabereye mu rwego rwo kureba icyaba gikunze guteza impanuka aho bagiye inama y’uko bakemura iki kibazo cy’impanuka zikunze kuhabera.
Iyi mpanuka yabereye mu ikorosi ry’ahitwa Cyunuzi ahagana saa kumi n’igice z’igitondo tariki 18/07/2013 hagati y’ikamyo yo muri Tanzaniya na Coaster ya Agence Select.
Ikamyo yari itwawe n’umushoferi w’Umutanzaniya witwa Kasanzu Ismail akaba nawe ari mu bakomeretse akaba yari kumwe n’umutandiboyi we naho Coaster yari itwawe n’uwitwa Karifanu Rajabu.
Abaturiye uyu muhanda wa Cyunuzi ubwo impanuka yabaga badutangarije ko aha hantu hakunze kubera impanuka kandi ko iyi mpanuka yabaye bigaragara ko yatejwe n’ikamyo kuko bigaragara ko yagenderaga mu muhanda hagati bityo bituma iyi modoka yo mu bwoko bwa Coaster bigongana.
Grégoire Kagenzi
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
nibibazope
ntekereza ko umuhanda Kirehe (cyunuzi) ari ikibazo ku buzima bw’abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga baca ku mupaka wa Rusumo..muzihangane umunyamakuru wanyu akorane n’ibitaro bya Kirehe, na Polisi ya Kirehe-Ngoma adukorere magazine kuri records z’impanuka zibera cyunuzi muzasanga ari indengakamere.