Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
Mu gitabo Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yanditse cyiswe ‘Rwanda: Building a model nation state’ yagaragajemo ko iyo u Rwanda rutagira ‘abanyapolitiki bashingira ku mazuru y’abantu’ guhera mu mwaka wa 1959 kugeza 1994, ngo ruba rwarafashe inzira nyayo y’iterambere itaruganisha kuri Jenoside n’ingaruka zayo zashegeshe Abanyarwanda kugeza ubu.
Muri iki gitabo minisitiri Habumuremyi yanditsemo ko muri leta iyobowe na perezida Paul Kagame hagaragaramo ubuyobozi bushimangira Ubunyarwanda kuri bose, Abanyarwanda bakaba basaranganya ibyiza by’igihugu mu buryo bungana, kandi ntawavuga ngo igihugu ni icye kurusha abandi.
Mu mihango yo kumurika iki gitabo yabereye mu mujyi wa Kigali ku ishuri rikuru rya kaminuza ya ULK, Université Libre de Kigali, kuwa 23/01/2014, Dr Damien Habumuremyi yahereye kuri filimi igaragaza amateka y’u Rwanda yerekanywe uwo munsi, avuga ko ubu u Rwanda ruri mu bihe bitandukanye cyane n’ayo mateka mabi.
Minisitiri Habumuremyi yagize ati “Twabonye uko abanyapoliki bavugaga ko Abanyarwanda atari bamwe, ko bava mu bice bitandukanye, batagize n’aho bahurira. Nyamara uyu munsi Umunyarwanda wagize impanuka cyangwa ikibazo ari mu kindi gihugu, twoherezayo ambulance ndetse n’indege bijyayo, ntabwo bireba amazuru.”
Dr Damien Habumuremyi yavuze ko ibyo yandika iki gihe bitari ukurengera imbehe kubera kuba Minisitiri w’intebe kuko ngo kwandika yabitangiye mu 2008 ataraba minisitiri.
Igitabo ‘Rwanda: Building a model nation state’ (twagenekereza mu Kinyarwanda ngo “Rwanda: kubaka igihugu nyacyo”) cyanditswemo ko n’ubwo abantu bashyira ivangura n’amacakubiri ku bakoloni n’abamisiyoneri, ngo intandaro y’ibibazo byose u Rwanda rwabayemo ni abanyapolitiki bashingira ku ivangura no kureba inyungu zabo bwite.
Iki gitabo cyanditswe hashingiwe ku nyandiko z’abandi bashakashatsi, za raporo za minisiteri n’ibigo binyuranye byo mu Rwanda, ibitekerezo by’inzobere n’impuguke nk’uko byasobanuwe na Prof. Shyaka Anastase wayoboye Dr Damien Habumuremyi mu kwandika icyo gitabo, mu gihe yateguraga guhatanira impamyabushobozi y’ikirenga PhD.
Prof Shyaka yasobanuye ko icyo gitabo kigizwe n’ibigice bine, igice cya mbere ngo gisesengura ibivugwa mu mateka y’u Rwanda nk’Ubuhake, uburetwa, ibimanuka, kuba ubuhutu n’ubututsi bitari amoko, revolisiyo yo muri 1959 n’ubwigenge bw’u Rwanda muri 1962 n’ibindi.
Igice cya kabiri gisesengura ivangura n’irondakoko. Igice cya gatatu kivuga ku migendekere ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’imiyoborere mibi y’icyo gihe.
Gahunda ya Ndi umunyarwanda ngo isobanurwa neza mu gice cya kane cy’icyo gitabo ‘Rwanda: Building a model nation state’, aho Dr Habumuremyi avuga ko imiyoborere ya perezida Kagame yazanye impinduka mu bukungu, ubutabera, imibereho n’imiyoborere myiza by’abaturage, ndetse n’isaranganywa ry’ubutegetsi, iterambere ry’umuturage no kugira ijambo.
Mu mwanzuro w’icyo gitabo harimo ko ubuyobozi butagira amakemwa bushingira ku kubaka amahoro, ubwumvikane no kubonera abaturage bose mu ndorerwamo y’Ubunyarwanda kurusha mu moko n’irindi vangura.
Kumurika igitabo ‘Rwanda: Building a model nation state’, byabereye muri kaminuza yigenga ya Kigali ULK, mu mihango yitabiriwe n’abaminisitiri bo mu Rwanda, abarimu ndetse n’abanyeshuri bo muri iyo kaminuza.
Ku ikubitiro ULK ngo igiye kugura ibitabo 200 bizashyirwa mu isomero ryayo, kugira ngo abanyeshuri bazabisoma bazajye gusakaza ubwo bumenyi mu muryango Nyarwanda, nk’uko Prof. Rwigamba Balinda, Perezida wa ULK yamenyesheje ko azanakangurira andi mashuri kubigura.
Igitabo ‘Rwanda: Building a model nation state’ kigurwa amafaranga 15,000 Rwf muri Librerie Caritas na Ikirezi.
Simon Kamuzinzi
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ibitekerezo ( 8 )
Ohereza igitekerezo
|
Turashimira Ministiri w’Intebe Dr Habumuremyi Pierre Damien uburyo yatekereje kwandika iki gitabo kirimo ubuhanga n’ubwenge bizigisha abana b’U RWANDA.kandi biragaragaza ko Abayobozi b’ikigihe badahuye n’Ababanjirije.Imana ikomeze ibongerere ubwenge n’ubuhanga.
PM akoze igikorwa kiza cyane kuko abanyarwanda nti dukunda kwandi ari twe tugomba kwiyandikira amateka niba dushaka ko tuzagira amateka mazima
nibyiza gusa twese kitugereho
nibyiza gusa twese kitugereho
Keep it on P.Minister!! we’are proud of u and especially with ur good Ideas !!
Uri intwari rwose kuko ibyo wanditse hari benshi batabasha kubivuga baba bari aho bokera gusa!! iki gitabo ayo cyaba kigura yose nzacyihambaho kabisa!!
Ndemerenywa na Nyakubahwa Ministre , kuko aho Urwanda rwavuye ni mu icuraburindi kandi nizera ko bitazongera ukundi!!
erega umuyobozi mwiza nuwigisha urubyiruko aho kurushora mu bwicanyi reka nshime PM kubwiko gitabo tuzavanamo inyigisho nyinshi zizadufasha gusobanukirwa igihugu cyacu natwe ubwacu.